RURA
Kigali

Byinshi ku ndwara ya ‘Somnambulism’ itera umuntu kubyuka asinziriye akaba yanakora uturimo tw’amaboko

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:13/03/2025 9:32
0


Somnambulism ni imwe mu ndwara zikunze kuboneka henshi ariko abantu bakayikerensa nk’aho ari ibintu bisanzwe, ariko uyirwaye atitaweho ishobora kumuteza ibibazo bikomeye cyane.



Indwara ya Somnambulism bajya banita ‘Sleepwalking’ ni indwara ituma umuntu uyirwaye abyuka cyane cyane mu ijoro kandi asinziriye, akagendagenda ndetse bamwe bakaba banajya kure bakaba bagira imirimo bakora nk’aho bakangutse nyamara bagisinziriye.

Iyo umuntu urwaye iyi ndwara yabyutse ushobora kwibeshya ko yakangutse kuko akenshi amaso aba akanuye, gusa nta kintu na kimwe aba areba kuko unanyujije ikintu imbere ye ntiyakubona. Ikindi ni uko umuntu waraye agenda genda kubera iyi ndwara, iyo mu gitondo ugerageje kumubaza ibyo yarimo mu ijoro usanga nta kintu na kimwe yibuka mu byo yaba yakoze asinziriye.

Twifashishije inyandiko z’urubuga Clevelandclinic.org bagaragaza ko iyi ari indwara ikunze kuboneka mu bana cyane ndetse n’ingimbi n’abangavu, kuruta uko igaragara mu bantu bakuru nubwo nabo bashobora kuyirwara.

Mu bishobora gutera iyi ndwara harimo kuba uri kuvurwa izindi ndwara runaka, inzoga ndetse n’ibindi binyobwa, kuba ufite ‘stress’ icyo twakwita nk’akajagari mu mitekerereze ndetse n’ibindi. Iyi kandi ni indwara ishobora guhererekanwa mu miryango, bivuze ko niba mu muryango hari uwayirwaye bishoboka cyane ko hari n’undi uzayirwara.

Nta buryo bwihariye bwo kuvura Somnambulism abahamga baragaragaza, gusa iyo ufite umuntu uyirwaye uba ukwiye gukura mu nzira ibintu bishobora kumukoneretsa mu gihe yaba yabyutse gutyo. Ushobora kandi kureba amasaha akunda kubyukira asinziriye, ukajya umukangura mbere ho gato.

Mu gihe kandi abaganga bakwemeza ko iyi ndwara ayiterwa n’imiti, inzoga cyangwa ibiyobyabwenge, aha biroroshye ko yagirwa inama yo guhindura imiti afata cyangwa akareka ibyo binyobwa biyimutera.

Hari abajya bavuga ko uriya muntu wabyutse asinziriye akaba ari kugenda cyangwa ari gukora utundi turimo, uramutse umukanze ashobora no guhita apfa. Abahanga bavuga ko amahirwe yo kuba yapfa ari make cyane ariko nanone bakemeza ko ibi bishoboka, kuko n’iyo umukanguye hari igihe akanguka ubona afite ubwoba bwinshi.

Ugirwa inama ko umuntu uri muri iki gihe uba ukwiye kumugenza gake, cyangwa ugakura mu nzira ibyamukomeretsa ukamureka akikomereza gahunda arimo. Ukibuka no gufunga neza imiryango kugira ngo adasohoka mu nzu, kuko ho bishobora kuba bibi bitewe n’ibyo yahurira nabyo hanze kandi asinziriye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND