RFL
Kigali

Ni iki gikoma mu nkokora ubwitabire bw'ubwiteganyirize bw'izabukuru mu Rwanda?

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:22/10/2024 8:31
0


Ubwiteganyirize bw’izabukuru mu Rwanda bugeze ku 9.3%, kuko bamwe mu bakora imirimo itanditse ngo batiteganyiriza cyangwa ngo bateganyirizwe n’abakoresha babo.



Uko iminsi ivaho umwe ni ko umuntu agenda asatira izabukuru kugeza ubwo atakaza ubushobozi bwo gukora. Icyo gihe biba bisaba ko agobokwa n’icyo yiteganyirije agisimbuka bikemera nk’uko bivugwa ko ‘akabando k’iminsi gacibwa kare kakabikwa kure’.

Uburyo bwo guteganyiriza izabukuru bugenewe umukozi, ni ukuvuga umuntu uwo ari we wese ukora umurimo kandi akawuhemberwa, bumaze igihe kitari gito butangijwe mu Rwanda, kuri ubu inshingano zo kubikurikirana zifitwe n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB.

Uyu munsi abaturage bagera kuri miliyoni 3.5 biteganyiriza binyuze muri gahunda ya Ejo Heza, abayirimo bizeye kuzagira amasaziro meza nk’uko bimeze ku bakora imirimo yanditse basanzwe bateganyirizwa.

Ni mu gihe muri Werurwe uyu mwaka, Urwego rw’ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, rwagaraje ko Abanyarwanda bakomeje kwiteganyiriza by’igihe kirekire banyuze muri Ejo Heza, aho kugeza ubu abarenga 3.100.000 bayiyobotse ndetse biteganyiriza arenga miliyari 59 Frw habariwemo inyungu na Nkunganire yashyizwemo na Leta.

Uyu mwaka, Guverinoma y’u Rwanda yashyizemo uruhare rungana na miliyari 5,9% yiyongera kuri miliyari 10,4 Frw, byose bigakabakaba miliyari 56 Frw nk’umutungo mbumbe wa Ejo Heza.

Hejuru ya 80% by’abakozi bari mu cyiciro cy’imirimo itanditse, ari naho abenshi badateganyizwa.

Umunyamabanga Mukuru w’Urugaga rw’amasendika y’abakozi mu Rwanda, Biraboneye Africain yabwiye RBA ko abona hakwiriye kubaho ibihano ku bakoresha batubahiriza uburenganzira bw’abakozi.

Mu myaka 5 ishize, ikigero cy’abateganyirije izabukuru bari kuri 6% none ubu bageze ku 9.3%.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro avuga ko barimo kureba uko ubwitabire bwakomeza kuzamuka.

Ati: "Ibyo rero dufatanije na Guverinoma, Leta y'Abanyarwanda, muzi ko hari ibyagiye bivugwaho kugira ngo bikemuke dukeneye ko muzakomeza kudufasha, kugira ngo bigere ku musaruro ushimishije, harimo nk'ubwishingizi bushyashya bwa Ejo Heza."

Imibare yo mu ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe mu 2022, yerekana ko abantu 862.929 ari abageze mu zabukuru, ni ukuvuga ko bagize 6.5% by’abaturage bose b’u Rwanda.

Ikindi kandi ngo abenshi mu bageze mu zabukuru batuye mu cyaro kuko ari abantu 708,967 ni ukuvuga 7.4% by’abaturage bose b’u Rwanda, mu gihe 153.962 bangana na 4.2%, batuye mu mijyi.

RSSB yari ifite intego ko umwaka w’ingengo y’imari wa 2023/2024 uzarangira byibuze Abanyarwanda miliyoni 3,5 bamaze kwiteganyiriza arenga miliyari 60,1 Frw. Ni intego yamaze kweswa.

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND