RFL
Kigali

Bashakaga kuyigira nka Wasafi? Uko 1:55 AM yashatse ‘kugura’ abarimo Chriss Eazy, Prince Kiiiz ntibikunde

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:23/10/2024 15:15
0


Wabonye ukuntu umuhanzi wese uvuye mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Wasafi ya Diamond Platnumz asubira inyuma ntiyongere guhangwa amaso- Na Rayvanny aracyanyura mu bisigisi; arikoHarmonize we yakomeje gukanyakanya.



Ubanza we byaratewe n’uko byamusabye kugurisha inzu ye, agatandukana na Diamond mu buryo bweruye, kandi agakora ibishobora byose kugeza ubwo inzozi mbi yarota ari uko yahura n’umugabo wahoze ari Shebuja! Babanye mu buryo bw’ubuzima budahuza kandi buri wese ‘Business’ ye ayiyobora uko ashaka.

Label ni kimwe mu bifasha umuhanzi kuba uwo kurangamirwa; ariko bihira bake kuko hari abajyamo bagasubira inyuma. Gusa, ijanisha rya benshi rigaragaza ko umubare munini ari uw’abahanzi babasha kujyamo kandi bagakora ibikorwa bituma sosiyete ibahanga ijisho.

Mu Rwanda hari igihe habaye inkundura za Label, ku buryo muhanzi wumvaga atarimo rimwe na rimwe yumvaga yacitswe cyane. Ariko muri iki gihe, usubije amaso inyuma ukareba neza, wasanga amazina ‘Label’ zihagaze zitarenze umubare w’intoki z'ikiganza kimwe.

Label ya 1:55 AM ya Coach Gael n’abo bafatanya muri iki gihe, igarukwaho cyane mu itangazamakuru ahanini bitewe n’uko ibarizwamo Bruce Melodie, ufatwa nka nimero ya mbere muri iki gihe- Aherutse kuvuga ko ‘abafana nibo babona ko ndi nimero ya mbere’. Ni Label kandi ibarizwamo Ross Kana, Kenny Sol, Element ndetse ndetse na Producer Kompressor.

Muri Gicurasi 2023, nibwo Ross Kana yasinye muri 1:55 Am, Kenny Sol yinjira muri uyu muryango mugari muri Gashyantare 2024, ni mu gihe Element yasinye ku wa 13 Mutarama 2023. Ukurikije ibigaragara ni uko aba bombi bahuje impuzandengo y’uko batamazemo nibura imyaka ibiri.

Mu ntego za buri wese harimo kugerageza gusingira inzozi ze no kuba nimero ya mbere mu bandi- Ni nako bimeze muri 1:55 AM kuko bifata nka ‘Label’ igomba kuba iya mbere mu Rwanda, ndetse no mu bihugu byose 54 bigize Umugabane wa Afurika.


Bigeze kugira igitekerezo cyo kubaka ubwami nka Wasafi!

Hagati ya Kanama na Nzeri 2023, ubuyobozi bwa 1:55 AM bwegereye abahanzi bashakaga ko bakorana, batangira ibiganiro byari bigamije ko nyuma yo kumva umugambi wabo n’intego zabo abiyungaho bagatangira gukorana nk’umuhanzi wabo.

Buri muhanzi hari amafaranga yasabaga kugirango yemere gukorana nabo. Uwahaye amakuru InyaRwanda yavuze ko ‘bashakaga gukora Label imeze nka Wasafi ku buryo buri muhanzi uyibarizwamo agomba kuba akomeye ‘mbese aribo bafashe ibendera ry’umuziki w’u Rwanda’.

Bahereye kuri Junior Giti bamusaba ko yabaha Chriss Eazy akaba umuhanzi wa 1:55 AM. Uyu mugabo utuye i Nyamata yafashe igihe cyo kubitekerezaho no kureba imbaraga yashyize kuri Chriss Eazy mbere y’uko afata umwanzuro wo kumurekura.

Nyuma, yabwiye 1:55 AM ko yakwemera kuba Chriss Eazy ari uko bagabanye inyungu n’igihombo. Kugirango ubyumve neza, yasabaga ko azakomeza gukorana na Chriss Eazy, akajya afata 50% by’amafaranga yinjijwe n’uyu muhanzi nabo bagafata 50%.

Cyangwa bakajya bagabana inyungu nyuma y’uko bakuyeho amafaranga bashoboye. Ubwo yari kujya afata 20%, naho iriya Label igafata 20%- Aha byaranze.

Batekereje kandi Juno Kizigenza, gusa nta biganiro byabayeho by’imikoranire, mbese hahandi abantu bicara bagakora inama ku kintu kimwe.

Uyu musore wamamaye cyane binyuze kuri Album ‘Yaraje’ agitangira umuziki yabaye mu maboko ya Bruce Melodie, ariko bidatinze yaje gutandukana nawe atangira umuziki nk’umuhanzi wigenga. Ariko kandi yagize amahirwe kuko yakomeje gukorana na Nando.

Nando yakoranye by’igihe kirekire na Bruce Melodie mbere y’uko ajya mu maboko ya Kabanda Jean de Dieu washinze Isibo Radio/Tv. Ariko kandi Nando yakomeje gukorana na Bruce na nyuma y’uko bari basoje imikoranire yo mu mapuro. 

Bahise batekereza Kenny Sol batangira ibiganiro byaje no kugeza muri Gashyantare 2024, aho uyu muhanzi yashyize umukono ku masezerano.

Ariko kandi binyuze cyane muri sosiyete ye y’umuziki yashinze ya ‘Spectular’. Ushingiye ku bikubiye mu masezerano, bigaragara ko Kenny Sol yinjiye muri 1:55 AM binyuze muri sosiye y’umuziki ya ‘Spectular’ ihagarariwe na Mukuru we ubarizwa muri Canada.

Ari nayo mpamvu iyo hagize igikorwa kimukorerwa mu birango bimuranga hongerwaho ‘Spectular’. Bivuze ko ni kompanyi zagiranye amasezerano.

1:55 AM ishinzwe kumukorera ibikorwa byose bijyanye n’umuziki birimo nko kumutunganyiriza indirimbo. Ndetse, uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo nka ‘Joli’ yakomeje gukorana n’abajyanama be bari basanzwe.

Muri uyu mugambi kandi, 1:55 Am yari ikeneye na Producer ndetse na Director! Ibiganiro byabo byakomereje kuri Producer Kiiiz, icyo gihe yasabye Miliyoni 20 Frw kugirango ashyire umukono ku masezerano.

Yasabye ariya amafaranga ahanini biturutse mu kuba na Producer Element ari cyo kigero cy’amafaranga yari yasabye. Kiriya gihe kandi Prince Kiiiz yiteguraga kuva muri Country Records, afite ibitekerezo by’uko azasereza yerekeza muri 1:55 AM.

Ariko nyuma yo gufata igihe cyo kwitegereza no kureba neza ahazaza he, yahisemo gushinga studio ye yise ‘Hbyride’ atangira kwikorana.

Si we gusa waganirijwe kuko na Director Gad, yashyizwe mu biganiro. Uyu musore afatwa nk’umwe mu bahanga u Rwanda rufite, ndetse ni umwe mu bakora amashusho y’indirimbo z’abahanzi bahenze cyane.

Amaze gukora ku mishinga y’indirimbo z’abarimo Butera Knowless, Maranatha Family Choir, Kenny Sol, Nel Ngabo n’abandi ku buryo yafatwaga nk’umwe mu bazatuma 1:55 AM yiyubaka mu bijyanye no gutunganya amashusho. Uyu nawe byaje kwanga, ahitamo ko yakomeza kwikorerana ku giti cye.

InyaRwanda inafite amakuru avuga ko 1:55 AM yagerageje uko ishoboye kugira ngo Kevin Kade yinjire muri uyu muryango ariko biranga. Ahanini byatewe n’uko kontaro yari yahawe yasanze irimo ibintu atashoboraga kwihanganira mu mikorere ye.

Uyu musore ugezweho muri iki gihe mu ndirimbo ‘Sikosa’ yahisemo gukomeza gukorana n’ikipe yari isanzwe imufasha mu muziki kugeza n’ubu.

Muri iki gihe ari kubarizwa muri Tanzania mu bikorwa bigamije kumenyekanisha ibihangano bye, ndetse hari amakuru avuga ko azakorana indirimbo n’umwe mu bahanzi bakomeye.


Kenny Sol yinjiye muri 1:55 AM binyuze muri sosiyete y'umuziki 'Spectular' ihagarariwe na Mukuru we 

1:55 AM yigeze kugerageza ibiganiro na Kevin Kade ntibyakunda bitewe n'ibyari bikubiye mu masezerano

 Prince Kiiiz yasabye arenga Miliyoni 20 Frw, ariko nyuma abitekerejeho asanga akeneye kwikorera ashinga studio yise 'Hybrid Music' Director Gad yahisemo gukomeza kwikorera aho kugirango yinjire muri Label ya 1:55 AM
 Junior Giti yasabye ko ahabwa inyungu ya 50% ku mafaranga yose azajya yinjizwa n'ibikorwa bya Chriss Eazy
 Habuze gato ngo imyaka ibiri ishize Chriss Eazy akorana na Junior Giti ishyirweho akadomo





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND