RFL
Kigali

Ni umunsi mpuzamahanga wahariwe abahanga mu by’imiti! Ibyaranze iyi tariki mu mateka y’Isi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:25/09/2024 9:02
0


Tariki 25 Nzeri ni umunsi wa 269 mu minsi igize umwaka, hasigaye iminsi 96 uyu mwaka ukagera ku musozo.



Tariki ya 25 Nzeri ni umunsi ngarukamwaka wizihizwa n’inzobere mu by’imiti (Pharmacist) ku isi hose. Uyu munsi ukaba waremejwe ku wa 25 Nzeri 2009 mu nama y’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’inzobere mu miti (FIP council) yabereye Instabul mu gihugu cya Turukiya. 

Uyu munsi washyizweho biturutse ku gitekerezo cy'abanyamuryango b'iri shyirahamwe bo mu gihugu cya Turukiya bitewe n’uko ari nawo munsi iri shyirahamwe ryashinzwe, mu 1912.

Intego rusange y’uyu muryango mpuzamahanga ni ugushishikariza abantu ibikorwa biteza imbere kandi bikavuganira inzobere mu by’imiti (Pharmacist) mu kwerekana umumaro cyangwa uruhare rwabo mu kubungabunga ubuzima bw’ikiremwamuntu mu mpande zose z’isi.
Uyu munsi Kiliziya Gatolika irizihiza Mutagatifu Cléophas na Hermann le Boîteux.

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka:

1846: Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziyobowe na Zachary Taylor zigaruriye igihugu cya Mexico zifata Umujyi wa Monterrey.

1962: Biturutse ku bushake bw’abaturage b’igihugu Ferhat Abbas yabaye Perezida w’agateganyo wa Guverinoma ya Algeria.

1972: Binyuze muri kamarampaka yakozwe n’abaturage bo mu gihugu cya Norvege, abaturage bemeje ko bahakanye ubufatanye mu nteko ishinga amategako mu muryango w’umugabane w’Ubumwe bw’u Burayi.

1981: Sandra Day O’Connor yabaye Umuyobozi wa 102 warahiriye kuyobora urukiko rw’ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yabaye n’umugore wa mbere wahawe uyu mwanya mu mateka y’iki gihugu.

1981: Igihugu cya Belize cyinjiye mu Muryango w’Ubumwe bw’Abibumbye.

2003: Igihugu cy’u Buyapani cyibasiwe n’umutingito ukomeye by’umwihariko agace ka Hokkaidō, uyu mutingito wari ku gipimo kigera ku 8 ku rwego rwa Richter.

2009: Perezida Barack Obama, Minisiteri w’Intebe w’u Bwongereza Gordon Brown ndetse na Perezida Nicolas Sarkozy bagaragariye kuri televiziyo icyarimwe bari mu nama ihuza ibihugu 20 bikize kurusha ibindi (G-20) bashinja igihugu cya Iran gukora intwaro za kirimbuzi mu buryo bw’ibanga.

2010: Mahmoud Abbas wari mu nama rusange y’Umuryango y’Abibumbye yasabye ko igihugu cya Israel cyahagarika kubaka imidugudu mu gace ka West Bank.

Bamwe mu bavutse uyu munsi:

1978: Roudolphe Douala, umukinnyi w’Umupira w’amaguru ukomoka mu gihugu cya Cameroun.

1980: T.I umuhanzi ukomeye mu njyana ya rap ariko amazina ye nyakuri ni Clifford Joseph Harris, Jr gusa azwi cyane ku izina rya T.I yangwa se T.I.P.

Clifford Joseph Harris, Jr nina we washinze inzu itunganya iby’umuziki yitwa Grand Hustle Records.

Bamwe mu bitabye Imana uyu munsi:

1998: Billy Carter, umuvandimwe wa Jimmy Carter.

2003: Franco Modigliani umutaliyani w’umuhanga mu bijyanye n’ubukungu, yabiherewe n’igihembo cyitiriwe Nobel.

2009: Pierre Falardeau, umwanditsi w’Umunye-Canada.

Uyu munsi mu mateka y’u Rwanda:

Tariki 25 Nzeri 1961, Mu Rwanda habaye amatora ya kamarampaka yari agamije kureba niba u Rwanda rwakomeza kuyoborwa n’ubutagetsi bwa cyami. Ayo matora yarahagarikiwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Muri ayo matora ishyaka Parmehutu ryari riyobowe na Grégoire Kayibanda ryegukanye insinzi y’amajwi 95%, rikaba ryari rishyigikiye ko ubwami buvaho.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND