RFL
Kigali

Imyaka ibaye 6 hemejwe Itegeko riwugena! Akamaro k'umushahara fatizo mu mboni z'abasesengura iby'ubukungu bw'u Rwanda

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:24/09/2024 18:36
0


Umushahara fatizo u Rwanda rwagize umaze imyaka isaga 40 ugiyeho, wateganyaga ko umukozi wese ukorera abandi mu gihugu, atagomba guhembwa munsi ya 100 Frw ku munsi. Ibihe byarahindutse ubu n’umugati kuwubona kuri ayo ntibyoroshye.



Umushahara fatizo usobanurwa nk’amafaranga umukozi adashobora kujya munsi mu kazi ako ari ko kose, ku buryo umukoresha ubikoze afatwa nk’uwarenze ku mategeko. Icyakora kuyarenza byo ntibibujijwe.

Abasesengura iby'ubukungu bavuga ko abakozi atari bo bahura n'ingaruka zo kuba nta mushahara fatizo uriho ahubwo bigira n'ingaruka ku bukungu bw'igihugu.

Bavuga ko kandi gushyiraho umushahara fatizo ukwiriye bituma ubukungu butera imbere kubera ko uhabwa umushahara iyo awishimiye, akorana imbaraga agatanga umusaruro. Ni mu gihe uhabwa umushahara atishimiye biba aka ya mvugo ngo "mbeshya ko umpemba nanjye nkubeshye ko ngukorera."

Umwe mu baganiriye na InyaRwanda, Dr. Bihira Canisius yagize ati "Ni ukuvuga ko rero umushahara fatizo ubayeho ukaba ushimishije abakozi, abantu bakora kurushaho umusaruro ukiyongera. Umusaruro wiyongereye, nibwo n'ibintu byagabanya guhanika ibiciro ni nabwo ubukungu bw'igihugu burushaho kwiyongera vuba."

Mu mboni ze, abona nibura Leta iramutse ishyizeho umushahara fatizo ugera ku 100,000 Frw byafasha hashingiwe ku guhenda kw'ibintu muri iki gihe, avuga ko iyo hagenwa uyu mushahara, habarwa ko uwuhembwa agomba kuguramo ibimutunga buri munsi ndetse agakuramo n'ibindi akeneye ku kwezi ndetse akagira n'amafaranga asagura yo kuzigama kugira ngo azamugoboke mu gihe azaba ayakeneye byihutirwa.

Yongeyeho ko n'iyo Leta yagena urenze ibihumbi 100 Frw byaba byiza kurushaho, ariko kandi n'abakozi bagategekwa gukora amasaha yemewe kandi batajenjeka kugira ngo umurimo bakoze ubashe gutanga umusaruro ufatika.

Hashize imyaka itandatu Umutwe w’Abadepite wemeje itegeko rigenga umurimo mu Rwanda, riteganya ko Minisitiri w’abakozi ba leta n’umurimo ashyiraho Iteka rigena umushahara fatizo, kugeza ubu, ntabwo birakorwa ndetse benshi bakomeje kwibaza akabati iri teka ryahezemo.

Ni iteka rivuze byinshi ku mibereho y’abakozi kuko hari benshi bahembwa imishahara itajyanye n’aho ikiguzi cyo kubaho kigeze. Bigira ingaruka kandi ku mpozamarira itangwa ku wishwe cyangwa uwakomerekeye mu mpanuka n’ibindi.

Ingingo ya 68 y’Itegeko rigenga Umurimo mu Rwanda ryo mu 2018, ivuga neza ko Iteka rya Minisitiri ufite umurimo mu nshingano ze rigena umushahara fatizo. Iyo ngingo yari no mu Itegeko rigenga Umurimo ryasimbuwe mu 2018 ariko ryarinze risimburwa nta teka rya Minisitiri rigiyeho.

Mu 2018, ubwo Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko batoraga Itegeko rigenga umurimo mu Rwanda, basabye bakomeje ko Amateka ya Minisitiri arishyira mu bikorwa agomba guhita ajyaho.

Iri tegeko ryashyizweho bitewe n’uko inzego zitandukanye zagaragaje ko umushahara fatizo u Rwanda rugenderaho umaze imyaka myinshi kandi bigira ingaruka ku mibereho y’abakozi ndetse n’ubukungu bw’igihugu muri rusange.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’umurimo yigeze kubwira abadepite ko iteka rishyiraho umushahara fatizo ryagejejwe mu biro bya Minisitiri w’Intebe, anizeza ko rizatangazwa vuba.

Mu kiganiro Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yagiranye n’abanyamakuru ku itariki ya 16 Werurwe 2022, ku kibazo yari abajijwe n’umunyamakuru, yemeje ko umushahara fatizo ugiye gushyirwaho ariko amaso yaheze mu kirere!

Yagize ati "Mu minsi iri imbere, hari ugushyiraho umushahara fatizo umuntu yahembwa mu gihugu. Iyo umaze kuwushyiraho, ibindi ni amasezerano bigendanye n’akazi ukora n’amasaha. Turi kubikoraho kugira ngo umushahara fatizo umunyarwanda aheraho atangira guhembwa ugenwe."

Muri Kanama uyu mwaka, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangaje ko umushahara fatizo mushya uri kwigwaho utazatangazwa ugamije kongera amafaranga abakozi basanzwe bahembwa nk’uko bamwe babikeka.

Bamwe biteze impinduka zo kongererwa umushahara mu gihe hashyirwaho umushahara fatizo mushya, ariko Umuyobozi Mukuru Ushizwe Ubumenyi n’Imirimo muri Minisiteri y’Abakozi ba leta n’Umurimo, Ngoboka Francois, aherutse kuvuga ko atari cyo bivuze.

Ati: “No mu bindi bihugu umushahara fatizo ushyirwaho hagendewe ku byiciro byo hasi bihemba amafaranga macye ariko imiterere y’isoko ry’umurimo ituma umushahara ugenda uhinduka bitewe n’ubumenyi umuntu afite agurisha ku mukoresha, ibyo rero bivuze ko umushahara fatizo utazaza uje kongera ayo abantu basanzwe bahembwa.”

Yakomeje avuga ko impamvu yo gushyiraho umushara fatizo mushya bizafasha abakozi bari mu byiciro bito kugira uburyo babona icyo baheraho baganira n’umukoresha kandi ko inzego bireba ziri kuganira kugira ngo hashyirweho umushahara fatizo ubereye impande zose.

Ati: “Gushyiraho umushahara fatizo birahari, inzego bireba ziri kubinoza ku buryo nta ruhande bizabangamira haba ku bukungu cyangwa ku bakozi bakorera ibyo byiciro bito.”

Inyandiko zigaragaza ko umushahara fatizo wa mbere wagiyeho mu Rwanda mu mwaka w’i 1949 wari amafaranga abiri (2 Frw), waje gusimburwa n’amafaranga atanu (5 Frw) mu 1950, usimburwa n'uw’amafaranga umunani n’igice (8.5 Frw) mu 1960, waje kwiyongera muri 1974 ugezwa ku mafaranga mirongo itandatu (60 Frw), maze mu 1980 agirwa amafaranga ijana (100 Frw).

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND