RFL
Kigali

Yakoranye n’abarimo Kenny K-Shot na Papa Cyangwe! Byinshi kuri Dylan Flex, umuhanzikazi ukwiye guhangwa amaso – VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:24/09/2024 14:53
0


Dylan Flex ni umuhanzikazi mushya uri gutanga icyizere muri iki gihe, akaba ahamya ko urugendo rwe rwa muzika ruyobowe n'Imana kuko mu myaka isaga ine arumazemo yamaze gukorana n'abahanzi b'amazina aremereye mu Rwanda nka Kenny K-Shot ndetse na Papa Cyangwe.



Umuhanzikazi Dylan Flex uri mu bari kuzamuka neza, aherutse gushyira hanze album yise “Back 2 Back," ndetse no mu minsi ishize yasohoye indirimbo yise 'Wallah Wasanga' aho aba aririmba abwira umusore ko niba yaramukunze, yamwiyegereza kuko wasanga birangiye bakundanye bya nyabyo.

Mu kiganiro kirambuye yagiranye na InyaRwanda, uyu mukobwa yatangaje ko yatangiye urugendo rwe rwa muzika mu 2020 akiri umunyeshuri mu mashuri yisumbuye. Yavuze ko impano ye y'ubuhanzi ntawe ayikomoraho mu muryango kuko ari we wa mbere ubimburiye abandi.

Yavuze ko yakuze akunda kuririmba no gusubiramo indirimbo z'abandi bahanzi barimo Justin Bieber na Bruston Taylor, abantu babonye ibyo akora bamutera imbaraga zo kujya gukora ize muri studio, yemera kujyayo ari naho yaje guhurira na Zethy ari na we ukurikirana ibikorwa by'umuziki we kugeza uyu munsi.

Dylan yatangaje ko Producer Zethy akimubonamo impano atigeze amugora ahubwo yiyemeje kumufasha, maze amukorera indirimbo ya mbere ku buntu ndetse atangira no kumuhuza n'abandi bahanzi b'ibyamamare, ibyo we yafataga nk'inzozi.

Ati "Njya gukorana indirimbo na Kenny K-Shot yaje muri studio ari njyewe muntu aje kureba nyine tugiye gukorana indirimbo."

Uyu muhanzikazi ufata Ariel Wayz nk'icyitegererezo cye mu muziki Nyarwanda, yatangaje ko nubwo inzira y'urugendo rwe itari iharuye abona ibintu bye byose Imana ibirimo kuko ntacyo akora atakiyiragije.

Kugeza ubu, Dylan Flex afite EP (Extended Play) yakoze akinjira mu muziki iriho indirimbo enye, akagira Mixtape iriho indirimbo umunani ndetse na album aherutse gushyira hanze igizwe n'indirimbo harimo enye yakoranye n'abandi bahanzi.

Asobanura urugendo rwamugejeje ku gukora album nk'umuhanzi ukizamuka, yagize ati "Ubundi njyewe nifuzaga gusohora album mbere ya Mixtape na Ep, ariko ntabwo byaba ari neza. Abantu batanakuzi, ese ni gute wajya gusohora album, ubuse ni nde wayumva? Ariko nyine mbifata nk'umugisha, ni ikintu kirenze, ni intambwe ikomeye nateye, abandi bahanzi ndabizi ko nabo babyifuza."

Yumvikanishije ko kugera ku ntambwe nk'iyi byamusabye gukora cyane no kwita ku muziki kuruta uko byari bimeze mbere, ahishura ko icyamugoye ari ukubura amafaranga rimwe na rimwe kandi gusohora album no kuyimenyekanisha ari ikintu gihenze cyane.

Dylan yasobanuye ko kimwe mu bimusunikira kuguma mu muziki mu gihe abakobwa benshi bawinjiramo ntibabashe kuwumaramo igihe, ari urukundo akunda ibyo akora no kubona abashyigikira umuziki we. Yagaragaje ko benshi mu bacika intege babiterwa no kubura ababafash ndetse n'amafaranga.

Akomoza ku nzozi ze mu myaka itanu iri imbere, Dlyan Flex yavuze ko afite intego yo gukora cyane ku buryo muri icyo gihe azaba atunze umuryango akomokamo, yarawuhinduriye ubuzima mu buryo bufatika.

Dylan Flex ni umuhanzikazi mushya akaba n'umwe mu baraperikazi bahanzwe amaso

Afite intego yo guteza imbere umuziki we agahindurira umuryango we ubuzima

Amaze gukorana indirimbo n'abarimo Kenny K-Shot na Papa Cyangwe

Asaba Abanyarwanda gushyigikira abahanzi b'u Rwanda

">Kanda hano urebe ikiganiro Dylan Flex yagiranye na InyaRwanda

">
">Kanda hano wumve indirimbo Dylan Flex yakoranye na Kenny K-Shot

">
">Reba hano indirimbo Dylan Flex yahuriyemo na Papa Cyangwe

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND