RFL
Kigali

Gad Rwizihirwa yikije ku ndirimbo nshya ‘Genda’ anakomoza ku iterambere ry’umuramyi-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:23/09/2024 18:30
0


Gad Rwizihirwa ubarizwa muri Norway yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Genda’, anagaruka ku gukura no kwaguka k'umurimo wo kuramya no guhimbaza Imana.



Gad Rwihirwa yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘Genda’, ikaba ije ikurikira ‘Humura’ yakiriwe neza.

Mu kiganiro yagiranye na inyaRwanda, yavuze kuri iyi ndirimbo nshya yasohoye ati: ”Ni indirimbo navuga ko nahawe n’Imana, ikubiyemo ubutumwa bukangurira buri umuntu wese gukora neza umurimo yahamagariwe.”

Ashimangira ko Imana ishyigikira abo yahamagaye kandi igaca inzira aho abantu batabasha kuzibona, ikanyuza umuntu mu bikomeye ikamugororera bitangaje.

Gad Rwizihirwa yagaragaje uko afata umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana. Ati: ”Ni ikibanza umunyabwenge wese yagakwiye guhagararamo buri munsi, ngo yumve bitamugoye uburyo Imana iganira.”

Nk’umuntu warenze imipaka ubu akaba abarizwa mu Burayi, yagarutse ku buryo abonamo iterambere ry’uyu muziki muri rusange. Yagize ati: ”Uri gutera imbere cyane kandi ugenda ukundwa buri munsi.”

Yavuze ko mu Rwanda ho ni akarusho "kuko urebye uko umuziki wa Gospel uri gukorwa ubu uruzuye wifitemo amavuta.”

Hari kandi ibyo amaze kwigira mu muziki kuva yatangira kuwukora by’umwuga nk'uko abisobanura, ati: ”Tumaze kwiga uburyo umuntu ashobora gukorera Imana mu mpano, bitamubujije no kureba ku zindi mpande z’ubuzima.”

Kugeza ubu ikintu kiri kugora Gad Rwizihirwa ni ukubona umwanya uhagije wo kwita ku muhamagaro we wo kuririmba ariko biragenda bitera imbere kurusha uko byahoze.

KANDA HANO UREBE 'GENDA' YA GAD RWIZIHIRWA

Gad Rwizihirwa ubarizwa muri Norway ari gushyira imbaraga mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND