RFL
Kigali

Mbonyi, Chryso, Gaby na Aime mu baramyi b'ibyamamare bahuriye mu ndirimbo "Turaje" y'ineza y'Imana ku Rwanda-VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:23/09/2024 12:15
0


Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Abanyarwanda berekeze muri Stade Amahoro, ahazabera igiterane cyo gushimira Imana ku byiza yagejeje ku Rwanda mu myaka 30 ishize, abahanzi bakunzwe na benshi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana bakoze mu nganzo bazirikana iyo neza idasanzwe mu ndirimbo bise "Rwanda Shima Imana [Turaje]".



Mu Rwanda hagiye kubera igiterane gikomeye cyo gushima Imana ku bwa byinshi yakoreye u Rwanda. Iki giterane, kizaba ku Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024 kuva saa Munani z'amanywa kuri Stade Amahoro. Imiryango izaba ifunguye kuva saa tanu za mu gitondo.

Ni muri urwo rwego rero abaramyi bafite amazina aremereye mu Rwanda biyemeje guhuza imbaraga bagashyira hanze indirimbo ikubiyemo amashimwe y'ibyo Imana yakoreye u Rwanda mu myaka 30 ishize.

Muri abo baramyi, harimo Israel Mbonyi, Chryso Ndasingwa, Aime Uwimana, Tonzi, Bosco Nshuti, Prosper Nkomezi, Gabby Kamanzi, Rene Patrick, Pastor Ben Serugo, James na Daniella, Ngenzi y'Intore n'abandi.

Mu minota itandatu n'amasegonda cumi n'atatu, bagarutse kuri amwe mu mashimwe u Rwanda rufite ku Mana yo yarusubije ubuzima ikaba ikomeje no kuruganisha aheza kurushaho.

Mu nyikirizo baragira bati: "Haleluya, ishimwe n'icyubahiro ni ibyawe Uhoraho watumurikiye ahatabona ukaturamira tugwa. Haleluya, impundu nizumvikane mu rwatubyaye imbyino ndetse n'imivugo bivuge ibigwi byawe."

Rwanda Shima Imana Festival ni igikorwa gikomeye gifite agaciro kadasanzwe kuko izaba ikurikiye amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mahoro no mu bwisanzure, ashimangira indi ntambwe u Rwanda ruteye mu rugendo rwo kwiyubaka.

Iki giterane kigiye kuba nyuma y'imyaka 5 kitaba, ni umwanya ukomeye ku Banyarwanda wo guteranira hamwe bagashimira Imana "ku bintu byinshi byiza igihugu cyacu cyagezeho mu myaka 30 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994".

Iki gikorwa kizahuriza hamwe abayobozi mu nzego za leta, abikorera n’imyemerere kimwe n’abaturage b’ingeri zose, mu gushimira Imana ku mahoro, umutekano, n’iterambere ry’ubukungu igihugu cyacu gifite muri iki gihe.

Abayobozi b’amatorero ya Gikristo ndetse n’abahanzi b’abaramyi b’ibyamamare bazayobora iki gikorwa mu kuramya no gushimira Imana bivuye ku mutima. Mu bahanzi bamaze kumenyekana bazaririmba muri iki giterane harimo Israel Mbonyi na Gaby Kamanzi.

PEACE PLAN RWANDA yateguye iki giterane benshi bafitiye amatsiko menshi ni Umuryango wa Gikristo uhuriza hamwe amatorero ya Gikristo. Yagaragaje ko yateguye iki giterane cy'uyu mwaka mu kwishimira ibyiza Imana yakoreye Abanyarwanda kuko "Uyu mwaka wa 2024 uruzuza imyaka 30 y’amahoro n’iterambere ridasanzwe mu Rwanda".

Nyiricyubahiro Arikiyepisikopi Dr. Laurent Mbanda, Umuyobozi wa THE PEACE PLAN Rwanda, yakomeje ati "Ni umwaka u Rwanda rwagizemo amatora ya Perezida n’ay’Abadepite yabaye mu mahoro no mu byishimo birenze urugero. Ni muri urwo rwego, dufite impamvu nyinshi zo gushimira Imana."

Ubuyobozi bwa Rwanda Shima Imana kandi buratumira buri wese kwitabira iki gikorwa cyo gushimira Imana ku rwego rw’igihugu. Kwinjira ahazabera iki gikorwa bizaba ari ubuntu, kandi "turashishikariza abaturage bose kwitabira kugira ngo bazafatanye natwe muri iki gikorwa gifite agaciro gakomeye".

Rwanda Shima Imana 2024 yateguwe ku bufatanye bwa PEACE PLAN na Rwanda Leaders Fellowship. Amb. Dr. Charles Murigande niwe Muhuzabikorwa wayo. PEACE PLAN RWANDA itegura iki giterane, yashinzwe n'abarimo inshuti y'u Rwanda, Pastor Rick Warren uyoboye itorero Saddleback ryo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.


Israel Mbonyi ari mu baramyi bakomye bahuriye mu ndirimbo yo gushimira Imana yarinze u Rwanda mu myaka 30 ishize


Aime Uwimana ukunzwe mu ndirimbo "Muririmbire Uwiteka" ni umwe mu baririmbye mu ndirimbo "Turaje"

Tonzi uherutse gushyira hanze indirimbo nshya ashima Imana, nawe yifatanyije na bagenzi be muri "Turaje"

Chryso Ndasingwa uri mu baramyi bakunzwe muri iki gihe nawe yafatanije n'abandi gushima Imana


Ku Cyumweru muri Stade Amahoro hazabera igitaramo gikomeye cya Rwanda Shima Imana

Kanda hano urebe amashusho y'indirimbo 'Rwanda Shima Imana' yahuje abaramyi Nyarwanda batandukanye


 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND