Ishimwe Karake Clement washinze inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Kina Music, yatangaje ko yagiranye amasezerano y’imikoranire na Zuba Ray, umuhanzikazi mushya mu muziki bagiye gufasha gukora ibihangano bye mu buryo bw’amajwi n’amashusho, no kubimenyekanisha.
Yavuze ko bashingiye kuri
byinshi bahitamo kwinjiza uyu mukobwa mu muryango Mugari wa Kina Music kandi
uzabyumva ntazashidikanya ku mahitamo bakoze.
Ati “Abantu nibamwumva,
bakanamubona bizoroha guhita bamenya icyo twagendeyeho.”
Ishimwe yumvikanishije ko
uyu mukobwa afite ubuhanga bwihariye ku buryo yitezeho ko buri ndirimbo izajya
ijya hanze bamukoreye, izajya yiharira ‘Playlists’ za benshi mu bantu bakunda
umuziki.
Atangaje ibi, mu gihe uyu
mukobwa ari kwitegura gushyira hanze indirimbo bise ‘Igisabo’ izajya hanze ku
wa Gatanu tariki 27 Nzeri 2024, ari bwo bazamugaragaza ku mugaragaro.
Iyi ndirimbo yanditswe
kandi itunganywa na Ishimwe Karake Clement, ni mu gihe amashusho yatunganyijwe
na Simbi Nailla. Gitari zumvikanamo zacuranzwe na Jules Hirwa ndetse na Ishimwe
Bass.
Kina Music isanzwe
ibarizwamo Butera Knowless na Nel Ngabo. Mu bihe bitandukanye, iyi nzu yashyize
itafari ku muziki w’u Rwanda, ndetse abahanzi babarizwamo bihagazemo mu
bijyanye n’ibikorwa ndetse no kubatumira mu bitaramo.
Ishimwe Karake Clement
yatangaje ko binyuze muri Kina Music yasinyishije umuhanzikazi mushya Zuba Ray
TANGA IGITECYEREZO