FPR
RFL
Kigali

Ibihumbi 80 byitabiriye! Harmonize yakangaranijwe n’igitaramo cy’amateka Burna Boy yakoreye mu Bwongereza

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:30/06/2024 11:33
0


Damini Ebunoluwa Ogulu [Burna Boy] yakoze igitaramo gikomeye muri London yongera guca agahigo ko kuzuza inyubako idasanzwe muri uyu murwa, ibintu byatangaje Rajab Abdul Kahali [Harmonize] avuga ko atiyumvisha ko bishoboka.



Mu gitaramo cy’amateka, Burna Boy yandikiye amateka mashya abahanzi b’Umugabane wa Afurika aba uwa mbe wujuje Stade ya London Stadium ku nshuro ya Kabiri.

Iyi stade ifite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera mu bihumbi 80 kandi yose yari yakubise yuzuye abafana baje kureba umunyabigwi mu muziki Burna Boy.

Akaba yari yahakoreye igitaramo kiri mu by’uruhererekane akomeje gukorera hirya no hino ku Isi bishamikiye kuri Album ye  yise ‘I Told Them’.

Harmonize uri mu bihagazeho mu Karere k’Ibiyaga Bigari, yagaragaje ko byamurenze ndetse atiyumvisha ko umuntu yabasha gukora amateka nk'ayo anaboneraho kumurata amashimwe.

Mu busanzwe Burna Boy yahuriye muri Kainama na Diamond Platnumz indirimbo yasohotse mu 2019.

Kugeza ubu kandi Burna Boy ari mu bahanzi bamaze kugwiza ibigwi ndetse bahenze kuba wabatumira mu gitaramo kuko bisaba agera muri Miliyari 2Frw.

Amaze kuba igishyitsi ndetse itafari yashyize mu guteza imbere injyana ya Afrobeat ntabwo rizigera ryibagirana mu bihe bitandukanye aho atumiwe harakubita hakuzura harimo i Paris, Canada, New York na Netherlands byose bikomeza gushimangira ko adasanzwe.

Ibi kandi bijyanirana no kwiyongera ku mutungo we aho buri mwaka kugeza ubu abarirwa muri Miliyari zisaga 26Frw yinjiza naho umutungo we rusange ugera muri Miliyari 130 Frw.Kugeza n'ubu ntabwo Harmonize yiyumvisha ukuntu Burna Boy yujuje Stade ya London yakira abagera ku bihumbi 80Burna Boy yongeye gusubira Londo Stadium ibintu bitari byigera bikorwa n'undi muhanzi nyafurika






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND