RFL
Kigali

Cyusa Ibrahim yahishuye impamvu atazongera gutangaza umukunzi kugeza agiye kurushinga-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:3/06/2024 11:10
0


Umuhanzi mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim yatangaje ko yafashe umwanzuro wo kutazongera gutangaza umukunzi we, kugeza igihe azaba yitegurira gukora ubukwe. Ni icyemezo yafashe ahanini biturutse mu kuba yaragiwe aterwa imijugujugu n'abantu banyuranye, nyuma y'uko yabaga yagaragaje umukunzi.



Mu myaka ibiri ishize, uyu muhanzi yavuzwe cyane mu itangazamakuru nyuma y'uko agaragaje Jeanine Noach bari bacuditse icyo gihe, ariko ibyabo byaje kugera ku musozo. Hari abahuza ibihe yanyuzemo na Jeanine Noach n'imvano y'indirimbo ye yise 'Isengesho' aherutse gushyira hanze.

Ubwo yashyiraga hanze iyi ndirimbo, yavuze ko yayanditse ashingiye ku bihe yanyuzemo mu myaka ibiri, aho yatewe imijugujugu, ariko ntiyerura ngo avuge neza icyabaye muri icyo gihe.

Uyu muhanzi ari kwitegura gukora igitaramo cye gikomeye yise “Migabo Live Concert” kizaba ku wa Gatandatu tariki 8 Kamena 2024 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Ni cyo gitaramo cya mbere cye agiye gukora. Mu kiganiro na InyaRwanda, Cyusa Ibrahim yavuze ko yasohoye iyi ndirimbo 'Isengesho' muri iki gihe, kubera ko ari imwe mu zizaranga igitaramo cye.

Yavuze ko yayanditse bimeze nko kwiyegereza Imana yabanye nawe mu bihe yari akomerewe. Ati “Imijuguju natewe ni myinshi. Hari igihe umuntu afata icyemezo rimwe na rimwe mu buzima, bamwe bakabifata ukundi, ariko umuntu agenda afata ibyemezo runaka, imijugujugu ntabwo ibura [...]"

"Hari umwaka nagize umbera mubi, habaye ah'Imana kugirango mbisohokemo, buri wese agenda avuga ukwe, undi avuga ukwe, buri wese yavugaga Cyusa uko ashatse. Ngeze aho ndavuga nti ariko nagomeye iki Imana? Ahari ntiwasanga ari njye ushobora kuba mfite ikibazo n'uko rero nagize igitekerezo cy'indirimbo 'Isengesho'.

Abajijwe niba iyi ndirimbo yarayikoze biturutse ku bihe yanyuramo na Jeanine Noach, yavuze ko atari cyo gihe muri rusange ariko 'wenda nabyo birimo'.

Ati "Ariko mu by'ukuri ni umwaka utarangendekeye neza, ni umwaka ushize niba atari mu 2022, mu mpera za 2022 dutangira 2023, byari binkomereye, ibintu byose njyewe mbiha igihe, ubuse hari umuntu ukibuga, ibintu birashira."

Yavuze ko biriya bihe byatumye adasohora indirimbo nk'uko byari bimeze, rimwe na rimwe agacika intege ariko yongeye kwishakamo ibisubizo, kandi atekereza ko igihe kizagera bikarangira.

Cyusa Ibrahim yavuze ko abamuvugaga muri kiriya gihe 'hafi ya bose bahise baba abafana. Yavuze ko Jeanine Noach ari umwe mu bakunzi yagize 'nk'uko n'abandi byagenze'. Ati "Ni ibihe byashize! Byararangiye, igihe cye cyararangiye nk'uko n'abandi nabo igihe nabo cyararangiye."

Yavuze ko nyuma yo gutandukana na Jeanine Noach atongeye kugaragaza umukunzi, ariko kandi igihe nikigera abantu bazabimenya.

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Marebe', avuga ko ubu yafashe umwanzuro wo kutongera kugaragaza umukunzi we, kuko azagaragaza 'Fiance'’ gusa igihe azaba yitegura kurushinga.

Ati "Ubu ntabwo nyishaka kuvugwa cyane mu rukundo, ngo Cyusa yagiye aha, ahubwo muzumva cyangwa muzabona, uwo muzabona ni uwo nzaba nambitse impeta gusa, ntabwo si ukumwambika impeta gusa, mbabwira ngo mu kwezi uku ni uku hari ubukwe."

Akomeza ati "Nzagaragara ‘Fiancé’ ngiye no kubereka ubukwe, muzamubona uyu ng'uyu mu kwezi gutaha hari n'ubukwe.”

 

Cyusa Ibrahim yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kutazongera kugaragaza umukunzi we kugeza agiye gukora ubukwe


Cyusa Ibrahim yavuze ko mu myaka ibiri ishize yatewe imijugujugu n’abantu banyuranye, ahanini biturutse ku nkuru zarimo urukundo rwe Noach


Cyusa yavuze ko azagaragaza ‘Fiance’ kandi nabwo bitegura gukora ubukwe mu gihe kitarambiranye


KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYETWAGIRANYE NA CYUSA IBRAHIM


KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO‘ISENGESHO’ YA CYUSA IBRAHIM

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND