RFL
Kigali

Perezida Kagame yavuze ko amafaranga u Rwanda rumaze gukura mu bufatanye na Arsenal aruta ayo rwashoye

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:29/09/2021 18:09
1


Mu kiganiro n’abitabiriye inama ku bucuruzi n'ishoramari hagati y'u Rwanda na Zimbabwe yabereye muri Kigali Convention Center, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakomoje ku bufatanye u Rwanda rufitanye na Arsenal, avuga ko rwamaze gukuramo amafaranga aruta ayo rwashoye.



Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nzeri 2021 muri Convention Center, Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abitabiriye inama ku bucuruzi n'ishoramari hagati y'u Rwanda na Zimbabwe, aho yashimye ubushake bw'abashoramari bo muri icyo gihugu bwo gushora imari mu Rwanda.

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yaboneyeho umwanya wo kubasangiza kubijyanye n’ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal ndetse na PSG, avuga ko amafaranga u Rwanda rwashoye muri iyi kipe yo mu Bwongereza, rwamaze kuyagaruza ndetse rukaba ruri mu nyungu.

Yagize ati”Mu busanzwe ndi umufana wa Arsenal, ndetse kuri ubu turi gukorana neza na PSG, ubu ndi umufana mwiza wa PSG. Ndababwiza ukuri, igihe muzagaruka mufite umwanya uhagije nzabereka imibare mwihere ijisho, ibintu bimeze neza cyane ndetse tumaze kubona arenze ayo twashoye”.

Muri Gicurasi 2018 ni bwo byatangajwe ko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyinjiye mu bufatanye na Arsenal yo muri Premier League, u Rwanda ruyibera umuterankunga wa mbere ku maboko y’imipira, aho yambara ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso haba mu ikipe nkuru, iy’abatarengeje imyaka 23 no mu ikipe y’abagore.

Icyo gihe ntihigeze hatangazwa amafaranga u Rwanda rwishyuye iyi kipe yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza, ariko bivugwa ko amasezerano yasinywe yaba afite agaciro ka miliyoni 30$.

Aya masezerano yatangiye kubahirizwa mu mwaka w’imikino wa 2018/19 watangiye muri Kanama 2018, bivuga ko yagombaga kurangirana n’umwaka w’imikino wa 2020/21 washyizweho akadomo muri Gicurasi 2021.

Mu mikoranire yaranze u Rwanda na Arsenal mu myaka itatu ishize, harimo ko uretse kwambara VISIT RWANDA ku myambaro yayo no kuyishyira ku byapa byamamaza muri Emirates Stadium, iyi kipe yo mu Bwongereza yakunze kumenyekanisha ibyiza bitatse u Rwanda na bimwe mu bigize umuco Nyarwanda yifashishije abakinnyi bayo, ikabinyuza ku mbuga nkoranyambaga zayo ikurikirwaho n’abagera kuri miliyoni 75.

Kuva mu 2018, hari abanyabigwi benshi bakomeye ba Arsenal baje mu Rwanda barimo Tony Adams wabaye kapiteni wayo igihe kirekire, Lauren Etame Mayer, Alex Scott wabaye kapiteni w’ikipe y’abagore na David Luiz wakiniraga iyi kipe mu mwaka ushize w’imikino, bose baje mu Rwanda.

Muri ubu bufatanye kandi, abatoza babiri b’Ingimbi za Arsenal FC, Simon McManus usanzwe ari Umutoza Mukuru w’Amashuri yigisha umupira w’amaguru ya Arsenal na Kerry Green, bahugura ab’Abanyarwanda mu kubafasha kubatoza umupira mwiza ugezweho nk’uwo iyi kipe ikina.

Muri Mata, abakinnyi ba Arsenal bifanyije n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse iyi kipe iherutse kugaragaza ko yari inyuma ya Patriots BBC yahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryabereye muri Kigali Arenal muri Gicurasi, ndetse abakinnyi b’iyi kipe bakaba bari mu bitabazwa mu muhango wo kwita izina abana b’Ingagi baba bavutse.

RDB yatangaje ko mu mwaka wa mbere u Rwanda rukorana na Arsenal, ubukerarugendo mu Rwanda bwazamutseho 17%, amafaranga yinjiye mu 2019 yiyongereyeho miliyoni 75 z’amadolari ya Amerika ugereranyije n’ayinjiye mu 2018, Abasura u Rwanda baturutse i Burayi biyongereyeho 22%, mu gihe abaturutse muri UK biyongereyeho 17%.

Ubu bufatanye kandi buzakomeza guteza imbere mupira w’amaguru mu Rwanda, harimo no guhugura abatoza mu byiciro bitandukanye haba mu bagabo n’abagore.

Ku wa Gatatu tariki ya 18 Kanama 2021, nibwo RDB yatangaje ko yongereye amasezerano y’imikoranire na Arsenal muri gahunda ya Visit Rwanda mu gihe cy’imyaka ine iri imbere.

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwungukiye cyane mu bufatanye na Arsenal ndetse na PSG bikaba bihagaze neza cyane

U Rwanda ruherutse kongera amasezerano y'ubufatanye na Arsenal mu kwamamaza u Rwanda binyuze muri Gahunda ya 'Visit Rwanda'.





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bareke nsabesedrick 2 years ago
    Nda shigikiye icogikorwa curwanda





Inyarwanda BACKGROUND