RURA
Kigali

Umugore yabeshye ko arwaye Kanseri acucura umugabo we asaga Miliyoni 45 Frw ajya kongeresha amabere

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:13/03/2025 16:35
0


Umugore w’imyaka 35 ukomoka mu Bwongereza, yagejejwe mu manza nyuma yo kubeshya umukunzi we ko arwaye kanseri akamuha 32,000$ yo kwibagisha amabere kugira ngo ayongerere ubunini.



Ku wa Gatatu, tariki ya 12 Werurwe, urukiko rwa Derby Crown Court mu Bwongereza rwaburanishije Laura McPherson w’imyaka 35, wabeshye umukunzi we, Jon Leonard ko arwaye Kanseri y’ibere,iy’amara,iy'urura runini,iy’inkondo y’umura ndetse n'iy’uturerantanga.

Uyu mugore yamubwiye ko akeneye amafaranga yo kwivuza mu bitaro byigenga kandi bitarenze hagati ya Werurwe 2017 na Mutarama 2022, nk’uko ikinyamakuru The Times kibitangaza.

Nyuma yo guhabwa amafaranga, uyu mugore yatangiye kuyakoresha yibagisha ibice by’umubiri we nk’amabere ndetse n’amatako kugira ngo atere neza nubwo yabeshyaga ko arwaye Kanseri.

Leonard usanzwe ari umucuruzi, avuga ko yababajwe n’uburyo uyu mugore yamutekeye umutwe ndetse na nyuma yaho avuga ko uyu atigeze agaragaza ko yicuza ku mafuti yakoze.

Yabwiye ikinyamakuru The Telegraph ati “Ntaho yigeze ansabira imbabazi, ndetse na rimwe ntiyigeze, agaragaza kwicuza ku byaha yakoze,"

Nyamara nubwo bimeze bityo, Leonard avuga ko yatangiye kubeshya ko afite Kanseri ku myaka 12 gusa ndetse na nyuma yo kubyara akaba yaratangiye kwigisha abana be kubeshya.

Ati “Ishuri ryajyaga rimpamagara buri gihe rivuga ko umukobwa we arimo arira no kwigunga kubera impungenge ko mama we ashobora gupfa,"

Leonard yavumbuye ubu buriganya ubwo yajyanaga McPherson ku bitaro bya Royal Derby Hospital mu Kuboza 2021, aho yagombaga kuvurwa Kanseri y’inkondo y’umura. Nyamara, nyuma yaje gusanga nta buvuzi yari agiyemo, ahubwo yari yahamagaye taxi imujyana mu mujyi wa Coventry, uri ku ntera ya kilometero 56 (miles 35) uvuye aho yari ari.

McPherson waburanye yemera icyaha, yahanishijwe igihano cy’imyaka ibiri cyo gukora imirimo ifitiye rubanda akamaro, kandi agomba kumara iminsi 30 akurikiranwa n’umukozi ushinzwe kugorora abagororwa. Naramuka atabyubahirije, ashobora gufungwa.


Laula yabaye iciro ry'imigani ndetse yitwa umugome





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND