RFL
Kigali

Beach Volleyball: U Rwanda ruzakira irushanwa ry’isi rifite agaciro ka 350,000,000 z’amafaranga y’u Rwanda

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:11/07/2019 13:56
0


Kuva tariki 21 kugeza kuri 24 Kanama 2019 i Gisenyi mu Karere ka Rubavu ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu hazabera irushanwa mpuzamahanga ryo ku rwego rw’isi rya Volleyball ikinirwa ku mucanga.



Iri rushanwa mpuzamahanga ryo ku rwego rw’isi rya Volleyball ikinirwa ku mucanga “Rubavu Beach Volleyball Tour”, rizitabirwa n’amakipe 56 arimo 28 y’abagore na 28 y’abagabo, rizaba ririmo amakipe atandatu (6) y’u Rwanda arimo atatu muri buri cyiciro , rizarangira hakinwe imikino 86 mu gihe aya makipe yose azaba yitabiriye.

Bigendanye n’imyiteguro n’ibindi byose bizacyenerwa muri iri rushawa, FRVB yasanze bizatwara agaciro ka miliyoni 350 z’amafaranga y’u Rwanda (350,000,000 FRW).


Guy Rurangayire umuyobozi wa siporo muri MINISPOC yijeje abanyamakuru ko iri rushanwa rizagenda neza kandi ko nka Minisiteri irishyigikiye 

Muri iri rushanwa, amakipe azahatana mu buryo bukurikira:

-Hazabanza habeho ijonjora rya mbere (Qualification Phase) aho amakipe azajya ahura agakuranwamo bakinnye umukino umwe.

-Muri iki cyiciro cyo gukuranwamo, muri buri cyiciro (abahungu n’abakobwa), hazajya hahatana amakipe 16 mu gihe andi 12 afite itike y’ijonjora rikurikira bitewe n’uko ahagaze ku rutonde rw’isi (World Ranking).

-Muri aya makipe 16 azaba yahatanye, ane (4) ya mbere azahita yiyunga kuri 12 bahite bongera babe amakipe 16 bityo habeho tombola nyirizina.

-Aya makipe 16 azashyirwa mu matsinda (Group Stage) nyuma bagere mu cyiciro cyo gukuranwamo (Knock Out Stage) bityo bizagere ku mukino wa nyuma haboneka ikipe ya mbere (Champion), iya kabiri n’iya gatatu zizahabwa imidali, ibikombe n’amafaranga.

Muri buri cyiciro, hagenwe ibihumbi icumi by’amadolari ya Amerika (10,000 US$) azajya ahembwa amakipe atatu ya mbere bitewe n’uburyo bagiye bakurikirana kuko ikipe ya mbere izahabwa igikombe n’ibihumbi bitanu by’amadolari ya Amerika (5,000 US$).


Sikubwabo Nkotanyi Damas (Ubumoso) umunyamakuru wa The New Times na Rigoga Ruth (Iburyo) umunyamakurukazi kuri RBA bamwe mu banyamakuru bari mu kiganiro 

Karekezi Léandre umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) yabwiye abanyamakuru ko imyiteguro igeze kure kuko ngo ibyo basabwa n’mpuzamashyirahamwe y’uyu mukino ku isi (FIVB) byose babirangije.

Agaruka ku bijyanye n’ibikorwa remezo by’ahazabera iri rushanwa, Karekezi yavuze ko FIVB yabahaye umurongo ugaragaza uko bazagenda bakora ibikorwa by’iri rushanwa (Road Map) ndetse kuri ubu bakaba bagomba kubaka aho abafana bazicara mu buryo butuma bareba irushanwa.

“Igisigaye ni ugutangira kubaka ibibuga tubitegura neza tukanubaka aho abantu bazicara bareba irushanwa. Navuga ko dusa n’abacyerereweho gato ariko turi hafi kubitangira. Tugiye gushaka rwiyemeza mirimo ugomba kubikora kugira ngo ibyo bikorwa bitangire. Gusa kuri gahunda y’ibikorwa twumvikanye na FIVB ibintu byose bihagaze neza muri rusange”. Karekezi


Karekezi Leandre perezida w'ishyirahanwe ry'umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB)

Mfashimana Adalbert umunyamabanga mukuru mu ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) yasobanuye ko iri rushanwa ry’isi muri Beach Volleyball ritandukanye n’igikombe cy’isi kuko ngo ryo riba kenshi gashoboka mu mwaka rikazenguruka ibihugu bitandukanye ku isi kuko ngo nko mu mwaka hashobora kuba amarushanwa 50.

Mfashimana yavuze ko iri rushanwa ryitabirwa n’amakipe aba ari muri 20 ya mbere ku rutonde rw’isi kuko ngo nta mikino ibaho yo gushaka itike ya “Beach Volleyball Wold Tour”  kuko ngo itike iboneka hagendewe ku manota buri kipe ifite bityo byayishyira mu makipe 20 ya mbere ikaba yakwitabira.


Mfashimana Adalbert umunyamabanga mukuru mu ishyirahamwe ry'umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB)

Igihugu cyakiriye  imikino ya “Beach Volleyball World Tour” kiba kigomba guhagararirwa n’amakipe atatu muri buri cyiciro (abahungu n’abakobwa).

Muri iyi mikino, biba byemewe ko hatumirwa amakipe abiri muri buri cyiciro ariko ntarenge abiri kandi buri kipe izitabira yemeza ko izaza mbere y’iminsi 21 ngo irushanwa ritangire.

Muri “Beach Volleyball World Tour” nta gihugu kigomba kugira amakipe arenze atatu muri buri cyiciro (abahungu n’abakobwa) kandi ko iri rushanwa rifasha amakipe kuzamura amanota ashobora kubashyira mu makipe 20  na 12 ya mbere ku isi.


Ibihugu bitandukanye byo ku isi bitegerejwe mu Rwanda byitabira Rubavu Beach Volleyball World Tour 2019





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND