RFL
Kigali

Ministeri y’ubuzima irahumuriza abanyarwanda ibamenyesha ko nta Ebola iri gusatira u Rwanda

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:29/01/2019 16:10
0


Abanyarwanda n’abaturarwanda bose baramenyeshwa ko nta ndwara ya Ebola iri mu Rwanda ndetse nta n’iri gusatira u Rwanda.



Ibi byatangajwe nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru bitandukanye bavuga ko iyi ndwara yaba iri gusatira u Rwanda. Ni muri urwo rwego rero Ministeri y’ubuzima ivuga ko nta tangazo yahawe n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS rivuga ko u Rwanda rukwiye kwirinda kurushaho.

Ministeri y’ubuzima rero iboneyeho guhumuriza abanyarwanda bose ko kugeza ubu ntawe uragaragarwaho n’iyo ndwara mu gihugu kandi ko hafashwe ingamba zo kurushaho kwirinda icyo cyorezo.

Ikindi gishimishije ni uko kuri ubu, ku bufatanye na OMS hateguwe amahugurwa y’abaganga, abaformo,abajyanama b’ubuzima, abashinzwe guhugura abandi kuva mu karere kugera ku mudugudu mu turere twose tw’igihugu, abapolisi, abanyamakuru n’abakorerabushake ba croix rouge ku bijyanye n’uburyo bwo kwirinda Ebola.

Ikindi ni uko ubu mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu hamaze kubakwa ikigo cyihariye cyo kuvura Ebola, haguzwe kandi ibikoresho n’imiti byakwifashishwa mu gihe Ebola yaba yagaragaye. Ibyo byose ni ibigaragaza ko u Rwanda ruhagaze neza mu kurwanya no kwirinda Ebola. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND