RFL
Kigali

NTIBAGUHENDE: Dore uko ibiciro by’ibiribwa byifashe mu isoko rya Gikondo n'icyo ubuyobozi bw’akarere burivugaho-AMAFOTO

Yanditswe na: Ihorindeba Lewis
Taliki:20/10/2017 8:02
0


Dore uko ibiciro by’ibiribwa bicururizwa mu isoko rya Kigarama Mini market bihagaze n’icyo abacuruzi barivugaho. Inyarwanda.com twasuye iri soko mu kubamenyera ibiciro hato batabahenda.



Muri iki gihe abantu benshi ntibavuga rumwe ku izamuka rya hato na hato ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko. Ku gicamunsi cyo kuwa gatatu tariki 19 Ukwakira 2017 Inyarwanda.com yasuye abacuruzi bo mu isoko rya Kigarama Mini market ribaye ricumbikiye abimuwe mu isoko rya Karugira mu gihe isoko nyaryo rya Kigarama ritari ryuzura. Iri soko rimaze icyumweru kimwe ritangiye gukorerwamo,abacuruzi ntibari babona inyungu yaryo ariko byibuze ngo bafite icyizere ko izaboneka ugereranyije n'aho bakoreraga.

Ntibaguhende

Avoka imwe iragurishwa 100Frw

Ntibaguhende

Ikilo cy'ibinyomoro kiragurishwa 1000frw naho icy'indimu kiragurishwa 800frw

Ntibaguhende

Ikilo cy'amatunda kiragurishwa 1400frw

Ntibaguhende

Watermelon (soma wotameroni) imwe iragurishwa 1500frw

Ntibaguhende

Ikilo cy'amacunga kiragurishwa 800frw

 Ntibaguhende

Inanasi imwe iragurishwa 400frw

Ntibaguhende

Iseri ry'imineke riragurishwa 500frw

Ntibaguhende

Ikilo cy'urusenda kigurishwa 1000frw ariko ni yo ushaka urwa make uraruhabwa naho poivreau (soma puwavuro) imwe ikagurishwa 50frw cyangwa 100frw bitewe n'ingano yayo.

Ntibaguhende

Ikilo cy'ibitunguru bitukura kiragurishwa 600frw naho iby'umweru bikagurishwa 1200frw

Ntibaguhende

Ikilo cya karoti kiragurishwa 500frw ndetse n'icy'imiteja kikagurishwa 500frw

Ntibaguhende

Ikilo cy'intoryi kiragurishwa 400frw naho icy'inyanya 600frw

Ntibaguhende

Umufungo wa dodo ugurishwa 100frw

Ntibaguhende

Ikilo cy'insambaza kiragurishwa 6000frw ariko n'ufite 100frw baramuha

Ntibaguhende

Ifi yumye bayigurisha bitewe n'ingano yayo naho ikilo cy'amabisi kigurishwa 2800frw

 Ntibaguhende

Ikilo cy'ifu y'ubugali kiragurishwa 600Frw

ibijumba

Ikilo cy'ibijumba kiragurishwa 300Frw

imyumbati

Ikilo cy'imyumbati kiragurishwa 300Frw

amateke

Ikilo cy'amateke nacyo kiragurishwa 300frw

Ntibaguhende

Ikilo cy'igitoki kiragurishwa 300Frw

Ntibaguhende

Ikilo cy'ibirayi kiragurishwa 300Frw

 Ntibaguhende

Ku ruhande rw’abaturiye iri soko bo ni ibyishimo kuko kuva imirimo y’ivugururwa rya Kigarama modern market yatangira aka gace kari karasubiye inyuma ku buryo n’abahafite amazu y’ubucuruzi hafi ya yose yari yarafunze ariko kuri ubu akaba yongeye gufungurwa.

Ntibaguhende

Ntibaguhende

Imirimo yo kubaka iri soko rya kijyambere yatangiye mu mwaka w'2012 ihita ihagarikwa rituzuye. Tuganira kuri telephone n’umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Kicukiro bwana Bayingana Emmanuel,yatubwiye ko impamvu yatindije imirimo yo kubaka iri soko ari ibibazo bagiranye na rwiyemezamirimo wari watsindiye kuryubaka bakaba bari bakiri kuburana ariko kuri ubu baramutsinze atwizeza ko mu gihe gito rizasubukurwa.

Ntibaguhende

Aha ni ho iri soko ryari ryarimuriwe mu kagali ka Karugira ariko kubera ari mu manegeka hagoraga abakiliya bahitamo kuba barigaruye  hafi y’aho ryahoze ndetse igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali kerekana ko hazaterwa ishyamba.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND