Nyuma yo kwibaruka, akazi k’umubyeyi ntabwo kaba karangiye ahubwo bisa n’aho ari bwo kaba kagitangira. Usanga ababyeyi bose bafite intego zo kwita ku bana babo, bakabarerana urukundo, ndetse bakabatoza gukurana imico myiza, ubuhanga n’ikinyabupfura.
Gutoza umwana
kugira ikinyabupfura n’imico myiza, bimufasha gukurana ubushishozi, azi
gutandukanya icyiza n’ikibi, ndetse bikamwongerera amahirwe mu buzima, nko
kumenya kubana neza n’abandi, kubaha ndetse no kubaho yishimye. Ikindi ni uko
umwana w’imico myiza n’ikinyabupfura, akunze kuba umuhanga no mu buzima
busanzwe.
Ushobora kwibaza
uti “Ni ubuhe buryo bwiza nakoresha ntoza abana banjye kugira ikinyabupfura n’imico
myiza?” Nk’uko byasohotse mu kinyamakuru Healthy Children, dore uko warera
abana bawe neza, ubatoza kugira ikinyabupfura n’imico myiza:
Icya mbere
ni uko ugomba gushiraho amategeko n’imirongo ngenderwaho abana bawe bagomba
gukurikiza: Gushyiraho amategeko abana bawe bagomba kugenderaho, bibafasa
kubaho ubuzima buri ku murongo, bazi ibyo bagomba gukora n’ibyo batakora. Urugero:Kubashyiriraho
amasaha yo gukora umukoro wo mu rugo, amasaha yo kuryama, cyangwa ibindi
bagomba gukora. Aya mategeko agomba kuba yoroshye kandi agakurikizwa buri gihe,
aho bifasha abana kurushaho kugira ikinyabupfura no kubaha.
Ereka
abana bawe urugero rwiza: Baca umugani mu Kinyarwanda ngo “Uwiba ahetse aba
abwiriza uwo mu mugongo.” Ni byiza rero ko wowe ibi ubizirikana maze ugaha
abana bawe urugero rwiza, abana burya bigira byinshi ku babyeyi babo, ntabwo
uko abana bitwara cyangwa ibyo bakora biba byarizanye, ahubwo baba bafite aho
babikomoye cyane cyane ku babyeyi be. Niba ushaka ko umwana wawe akurana imico
myiza n’ikinyabupfura, ugombakumuha urugero rwiza maze nawe akakureneraho maze
agakurana imico myiza, yigana ibyo ukora nk;umubyeyi we.
Ikindi
kandi, ugomba gushimira umwana wawe mu gihe akoze ibyiza: Niba umwana wawe
akoze igikorwa cyiza kigaragaramo imico myiza n’ikinyabupfura, ni byiza ko
umushimira, ibi bituma bya bindi yakoze ukamushimira amenya ko ari byiza maze
akabikomeza. Urugero ushobora nko kumushimira mu gihe agufashije gukora uturimo
two mu rugo, cyangwa ko yitwaye neza mu ishuri cyangwa ko abana neza n’abavandimwe
be. Ibi bimuha imbaraga ndetse gashishikarira gukomerezaho.
Menya
guhana umwana wawe mu gihe akoze amakosa: Iyo umwana azi neza ko mu gihe
agaragaje imico itari myiza azahanwa, bituma ubutaha abanza gutekereza mbere yo
kugira icyo akora. Urugero, niba umwana wawe agira umwanda mu cyuma cye kandi warabimubujije,
ushobora nko kumuhanisha kumara icyumweru atareba Televiziyo. Ibi rero bituma
ubutaha mbere yo gusohoka mu cyumba cye, abanza akareba niba hatunganyije neza
kugira ngo atazongera guhanwa. Icyakora ibihano uha abana bawe bigomba kuba
byoroheje, ukirinda kumuhutaza.
Nyamara
guha umwana wawe ubwigenge, ntibivuze ko ugomba kumureka agakora ibyo ashatse
byose kugera ubwo arengera agakora ibitari byiza. Ugomba kuba hafi y’abana bawe
maze ukamenya ko mu gihe atangiye gutandukira mu bwigenge wamuhaye, ugomba kumukebura
ukamugarura mu nzira nziza.
Abenshi bibwira
ko gutoza umwana imico myiza n’ikinyabupfura bikomeye, nyamara ntabwo bikomeye.
Mu gihe ukurikije ibi byose, bizagufasha kurera umwana wawe maze agakurana
imico myiza, ikinyabufura, ndetse no kubaho ubuzima bufite icyerekezo no
kumenya gufata inshingano no kubana neza n’abandi.
TANGA IGITECYEREZO