RURA
Kigali

Isomo rya Entrepreneurship rishobora gukurwaho- Minisitiri Utumatwishima –VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:26/03/2025 19:49
23


Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yavuze ko ku bufatanye na Minisiteri y’uburezi isomo rya Entrepreneurship ryakurwaho rigasimbuzwa umwuga.



Ibi Minisitiri Utumatwishima  yabitangarije mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kimisagara ubwo yari yitabiriye gahunda ya [Igira ku murimo] Career Orientation Fair igamije gukangurira urubyiruko kwihangira umurimo ndetse ikaba iri gufasha bamwe muri rwo kubona ibigo byo kwimenyerezamo umwuga ndetse bakanabona akazi.

Yavuze ko ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi hari gutekerezwa uburyo isomo rya Entrepreneurship ryahindurwa maze umunyeshuri akiga umwuga wamufasha kwihangira umurimo mu gihe yasoje amashuri ye.

Minisitiri Utumatwishima yagize ati “Twanavuze ko tugiye gusaba Minisiteri y’Uburezi, kandi yatangiye kubitekerezaho. Rya somo ryitwa Entrepreneurship ryo muri Secondaire turashaka ko twarihindura, niba wigaga amasomo asanzwe ukongeraho umwuga nko gutera irangi, kubaza, gusudira, kubaka n’ibindi. Ibi bizagufasha mu gihe urangije amashuri yawe mu gihe utegereje kujya muri Kaminuza cyangwa kubona Kaminuza byatinda ukaba wajya aho bari kubaka ikibuga cy’indege ugasaba akazi.

  "> 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Charles 3 days ago
    Ibi bintu minister avuze singirango buriya abatekereje gushyira ho iryo somo bari babiboneye ikigamijwe . None se TVT zo ubwo zaba zikibayeho nkuko program yo kuzigeza muri buri murenge yarimo gukorwaho. Gusa dufitiye Leta yacu icyizere nibo bamenya igikwiye cyafasha umwenegihugu. Bazaduhitiremo ikihutisha iterambere. Murakoze.
  • kazungu jean remy3 days ago
    Muraho, ikigitekerezo ndagishyigikiye kuko birababaza kubona umwana arangiza umwaka wa gatandatu akaba umushomeri kndi ngo yarize entrepreneurship mu magambo gusa. nibura ahereye mu wambere yiga notion ku mwuga runaka nko kudoda , kubaka ,kubaza .... mbese iyi myuga ikenerwa muri local area aho dutuye. burikigo kigahitamo umwuga umwe gusa
  • Theos3 days ago
    Mwatekereje neza ariko singombwa ko havamo isomo kuko abantu babyize baba babuze amahirwe menshi sibyiza gushyiraho isomo rikavamo Kandi hari abatakaje igihe bayiga ahubwo mwaryongeramo ibyomushaka cg babishyire munri tvt cyane ko bisanzwemo
  • Hope3 days ago
    Nigitekerezo cyanjye ariko,kuvanaho iryo somo ndabona nta kibazo.Ahubwo Icyo numva ataribyo nukongeraho ngo isimbuze irindi somo ryumwuga.Ubundi ikosa gikomeye rikunda gukorwa mu mavugurura mu burezi nuguhubuka nugufata ibyemezo hatanarabajijwe ababa bari kuri terrain.Aha ntavuze byinshi,nagiraga ngo nibutse ko hari amasomo asa nayimyuga biga(Farming...)ariko atarahawe agaciro(abarimu batabishoboye,amasaha make...).Ayo masomo niyo yahabwa abarimu bashoboye,akongererwa amasaha,bityo agasimbura Entrepreneurship.
  • Kwizera beatha2 days ago
    Nibyiza kwiga imyuga PE Kandi izadufasha mwiterambere byihuse, ariko numva Niba ariko bimeze havugururwa ama section hagashyirwaho section zitazigera zihinduka kuburyo minister wese utuyoboye abonako zidakwiye guhinduka , nkaho ubundi abize iyo section basigara bameze nkaho basigaye kugàsozi ibyo bize biba biteshejwe agaciro mabyo muge mubirebaho murebe ingaruka zizaba kubabyize nukuri ibintu byo Rwanda hajya hatekerezwa ibimfite uburambe kugirango bitagora ingaruka kuri nyirubwite. Murakoz3
  • NIYOYITA Fortunee2 days ago
    None se jye aho ngize ikibazo ku bantu bize iryo somo muri kaminuza uburyo bagiye kubura akazi, nocyo ubwo mwagishakira umurongo bwana bayobozi, murakoze.
  • Theophile 2 days ago
    Aho kurikuramo ahubwo byaba byiza bariretse na ryo bakongeramo uwo mwuga umwe cg ibiri naryo bariretse kuko mu kizamini usanga abana benshi bo mu chiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye bakora amasomo make
  • safariemmanuel575@gmail.com2 days ago
    Ntekerezako iryo somo ryagumaho! N,ubwo umwuga Ari ingenzi ukaba wazashakirwa umwanya muri grand vacance abana.bamaze gukora tronc-commun cg final exam za 6eme
  • Peter w'i Rwanda2 days ago
    Ndategereza ko umuntu Uba wazanye icyo gitekerezo ntanubwo azi neza ibikubije mu isomo rya entrepreneurship kuko ubumenyi bwo kwihangira umurimo, uko wacunga business yawe..., wakagombye kubishyiramo imbaraga ukongeraho nuwo mwuga byakongera ireme umwana asohokana asoje ishuri. Naho Koko umwana arasoza, ntabashe gukomeza, ntabone igishoro, ntanumwuga yize bigatuma asubira kujya kwiga wa mwuga, ubwo rero bawongeyemo byaba Ari byiza cyn.
  • Daniel Basangira 2 days ago
    Nibyiza pe!Gusa ndabona byakongera ubushomeri nanone. Bariya bize entrepreneurship education bajya hehe? Ko batize iyo myuga muvuga. Gusa umwuga kuri buri wese wageze mwishuri ni byiza cyaneee kbs. Nabarangije munyaka yashize muzatwibuke muduhe promosiyo twiteze imbere hamwe n'igihugu cyacu binyuze mumyuga kuko ubushomeri bumeze nabi cyane.
  • Omega2 days ago
    Mineuc ijye igenzura neza kd hakorwe ubushakashatsi bwimbitse bitari bimwe byatey byo gutekinika data naho ngo umuntu yateereje ntabushakashatsi yakoze bigahavwa agaciro mbona ntaho byatugeza nihabeho umurongo uhamye muri education umuyobozi Abe umuyobozi wubakiye kuri system naho guhindagura sibyo . Ubundi c ko dufite tvt na General education ? Njye ndumva byakomeza kuba kuriya ahubwo bigahabwa imbaraga akazi simyuga gusa.
  • TWAHIRWA Felix 2 days ago
    Ikigitekerezo nicyo kuko entrepreneurship imaze kumvikana hakenewe umwaga ufasha abanyeshuri kwishakamo ubushobozi bwo kwibonaho ivyibanze (basic needs) cyane cyane abiga ubumenyi rusange( general education) usanga iyo badakomeje kaminuza ubuzima busharira Kandi barize entrepreneurship muri theory gusa
  • Niyomuremyi jean Pierre 2 days ago
    Erega, uburezi bwo mu Rwanda hakenewemo impinduka nyinshi. Reba , nkokuba umuntu yiga amasomo menshi cyane, uko agenda asoza level runaka ayomasomo akayasiga. Mbona icyiza umuntu yakagiye atanjyirana combination wenda kuva senior 1, akageza senior 6, bityo yanakomeza na kaminuza agakomeza mubyo yazamutsemo? Byatuma umuntu arushaho kuzingatira ubumenyi kandi mubyo yumva neza, yize igihe kirekire.
  • Xxx2 days ago
    Ambo,Educational system yacu ikomeje kugorana ubwo se abize iryo somo kaminuza ntibaba batakaje akazi ?mubitekerezeho neza ku mpande zombi ntihagire uba victim Kandi atarabihisemo
  • NDEYA Dinah 2 days ago
    Ndabashimiye kuburyo bwiza mwatekereje neza gs mfite ikibazo nonese nka banyeshuri bari muri University baryiga biza bagendekera gute kd Ariyo combination biga kd batararangiza
  • Byukusenge Theoneste2 days ago
    Iso rya Entrepreneurship niryiza rigumeho ryigishwe ndetse niba hari nibiteganwa kongerwamo bishyirwemo ariko iryosomo ryumwuga ahubwo ryaratinze iyaba mukwa cyenda ryatangiraga kuko birababaza kuva kuntebe yishuri ukicara iwanyu imyaka itatu utarabona akazi . Kandi bituma urubyiruko rutekereza nabi kubera ubushomeri.
  • Dukuzumuremyi Janvier2 days ago
    Mwiriwe neza, icyogitekerezo cyumwuga nikiza ariko ntabwo aringombwako mwakuraho ririya somo ahubwo uwomwuga waza nkinyunganizi mumasomo yarasanzwe,kuko murikuyeho mwibukeko harabantu babura akazi kuko hari ababyize beshi,rero nka leta yacu dukunda murebe igisubizo cyiza kinogeye abantu twese ntawubangamiwe murakoze.
  • Iradukunda efuta 2 days ago
    Iki gitekerezo nikiza ark bazabanze banatekeze kubayize muri University kk nabyo byaba imbogamizi kuribo
  • NZAYISENGANOEL 2 days ago
    Isomo rya Entrepreneurship ni nka psychology ikangurira, abantu kwikorera no kugira amakuru kubigendanye n'ubukungu ndetse no kwiteza imbere, Yaba nabo biga imyuga nabo biga Entrepreneurship. Umunyeshuri kugira abone diplome aba yarize amasomo atandukanye kdi yose arunganirana nta Section ibaho yitwa Entrepreneurship. Kuba umunyeshuri yarangiza aka bura akazi biraterwa Nuko intenganya Nyigisho iteguye.Icyatanga umusaruro Nuko habaho guhindura intenganya Nyigisho ifasha umwana kurangiza amashuri afite n'ubushobozi bwo kuba harubumenyi bundi afite , Nko kuba hari umwuga azi. Isomo rimwe kurikuraho, ntabwo byatanga umusaruro ahubwo,Uwagize igitekerezo Atekereze kuntenganyanyisho rusange. Mugihe hafashwe umwanzuro wo guhindura cg gukuraho isomo bajye bahera kuba tekinisiye bari kuri Terrain.
  • X2 days ago
    Ariko muziko umubyeshuli atize entrepreneurship muri secondaire no muri caminuza bitakunda, accounting kuyiga bitashoboka,...mureke kutwicira uburezi



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND