RURA
Kigali

France: Kongera amasomo ajyanye n’imibonano mpuzabitsina mu mashuri ntibivugwaho rumwe

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:30/03/2025 13:33
0


Guhera muri Nzeri 2025, amashuri yo mu Bufaransa azatangira gutanga amasomo ku myitwarire mu mibonano mpuzabitsina, gahunda igamije gufasha abana gusobanukirwa iby’imibanire, urukundo, n’ubuzima bw’imyororokere.



Nubwo itegeko ryo kwigisha aya masomo ryatowe kuva mu 2001, ishyirwa mu bikorwa ryaryo ntabwo rikurikizwa neza.

Aya masomo azajya atangwa ukurikije imyaka y’abanyeshuri. Mu mashuri abanza, bazigishwa ibyerekeye ibyiyumvo, imiterere y’umubiri, n’amoko y’imiryango, harimo iy’ababyeyi n’iy’abaryamana bahuje igitsina.

Mu mashuri yisumbuye (icyiciro rusange), baziga ku mihindagurikire y’umubiri mu bugimbi n’ubwangavu, uburyo imbuga nkoranyambaga zishobora kugira ingaruka mbi, ndetse n’ukuntu ibitekerezo bishingiye ku gitsina bishobora guhembera ivangura.

Mu mashuri yisumbuye (icyiciro cya kabiri), bazahugurwa ku burenganzira bwo kwemera cyangwa kwanga imibonano mpuzabitsina (consent), kwimenya, ndetse no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Amakuru dukesha New York Times avuga ko Minisitiri w’Uburezi mu Bufaransa, Elisabeth Borne, yasobanuye ko aya masomo agamije gufasha abanyeshuri kugira ubumenyi bwuzuye ku buzima bw’imyororokere, kwiga kubana neza n’abandi no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ihohoterwa ryo kuri murandasi.

Nubwo benshi bishimiye iyi gahunda, hari abayinenze, cyane cyane abavuga ko gushyira mu myigishirize ingingo zijyanye n’uburinganire bw’ibitsina (gender identity) bishobora kwangiza imyitwarire y’abana. Leta yabonye ko ari ngombwa kugabanya izi ngingo mu nyigisho kugira ngo haboneke ubwumvikane.

Nubwo hari abatabyishimiye, iyi gahunda ifatwa nk’iterambere rikomeye mu burezi bw’u Bufaransa. Izafasha abanyeshuri gusobanukirwa imibanire, kubaha bagenzi babo no kugira ubuzima bwiza mu bijyanye n’imyitwarire mpuzabitsina. Iri vugurura rizagenzurwa kugira ngo harebwe niba ryageze ku ntego zaryo.

 

Amashuri yo mu Bufaransa agiye kujya yigisha abanyeshuri imyitwarire mu mibonano mpuzabitsina






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND