RURA
Kigali

Akamaro ko guhoberana mu buzima bwa muntu

Yanditswe na: KUBWIMANA Solange
Taliki:5/03/2025 8:56
0


Mu muco Nyarwanda, guhoberana ni kimwe mu by’ibanze bigaragaza urukundo, mu gusuhuzanya ushobora guhereza umuntu ikiganza cyangwa ukamucira amarenga utiriwe umukoraho, ariko guhobera umuntu bimugaragariza ko umufitiye ubwuzu. Ariko se, ni iki guhoberana bivuze ku buzima bwawe?




Ubushakashatsi bwagiye bukorwa ku byerekeye guhoberana, bwagaragaje ko bifite ingaruka nziza ku buzima bw’umuntu, ndetse no ku mibanire y’abantu. Uhereye ku kuba abantu batandukanye babona ko ari igikorwa cyiza kigaragaza urukundo n’ubwuzu, ariko kandi, guhoberana bifite akamaro kanini ku buzima bwo mu mutwe, ku mubiri, ndetse no ku mikorere y’umuntu.

 Akamaro ko guhoberana ntikagarukira gusa ku byiyumviro by’akanyamuneza, ubwuzu, kugaragarizanya urukundo no kubaka umubano mwiza, kuko ubushakashatsi bwagaragaje ko guhoberana bifite akandi kamaro gakomeye no ku buzima bw’umuntu muri rusange, dore akamaro ko guhoberana n’impamvu ugomba kubiha agaciro cyane nk’uko tubikesha ikinyamakuru Psychology Today:

Bitera akanyamuneza, bikanongera urukundo :Guhoberana bituma umubiri urekura imisemburo ya oxytocin, endorphine, na dopamine, byitwa "imisemburo y’urukundo." Ibi byiyumviro bituma umuntu yumva atari wenyine, akumva afite umunezero ndetse akibagirwa umubabaro.

Abantu benshi barwaye indwara zo kwiheba no kwigunga, iyo bahobera inshuti zabo cyangwa abakunzi babo, bigira ingaruka nziza ku mibereho yabo. Ibi ni ingenzi cyane, kuko bihindura uburyo abantu biyumva, bigatuma bagarura icyizere cy’uko batari bonyine kandi bakunzwe.

Bigabanya umunaniro ukabije (Stress): Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga muri Kaminuza ya Carnegie Mellon iherereye muri Pennsylvania, bwagaragaje ko abantu bahorana umuco wo guhoberana bakunze kugira ibyago bito byo kurwara stress, ugereranyije n'abantu batabikora.

Guhoberana bigabanya urugero rw'umusemburo wa cortisol, umusemburo uturuka ku stress ndetse no ku umunaniro ukabije. Prof. Sheldon Cohen, umushakashatsi muri iyo Kaminuza, yavuze ko guhoberana ari ikimenyetso cy’urukundo mvamutima, kigafasha gutanga ibyiyumviro byubaka hagati y’abantu, bityo stress ikagabanuka.

Byubaka icyizere mu bantu: Guhoberana bigira uruhare mu kubaka no gukomeza icyizere hagati y’incuti, abashakanye, abakundana cyangwa abavandimwe. Mu mibanire myiza, guhobera umuntu ni ikimenyetso cy’urukundo. Iyo umuntu adahobera undi, ashobora gutangira kubaza ibibazo bitandukanye ku mibanire yabo, bikaba byavamo amakimbirane no gutakazanya icyizere. Ku bw’ibyo, guhoberana bituma abantu bafitanye umubano wihariye barushaho kugirirana icyizere.

Birinda indwara z’umutima n’umuvuduko ukabije w'amaraso: Guhoberana ni igikorwa gifite uruhare mu gukumira indwara z’umutima. Iyo abantu bahoberanye, ibimenyetso by'uruhu byohereza amakuru ku mitsi ikorana n’umutima, cyane cyane ku gice gikora akazi ko kugabanya umuvuduko ukabije w’amaraso, bityo bigatuma umutima ukora neza. 

Ubushakashatsi bwakorewe ku bagore 59 bakiri bato (bari hagati y’imyaka 20 na 29), bwagaragaje ko guhoberana kenshi n’uwo mwashakanye bituma umuvuduko w’amaraso ugabanuka bikaba ari byiza no ku mutima.


Bifasha mu gukora akazi neza: Ubushakashatsi bugaragaza ko guhoberana n’abantu ukunda, nk'umukunzi cyangwa umuryango, mbere yo kujya ku kazi, bigira ingaruka nziza ku mikorere yawe. Ibi bituma umuntu arushaho kugira akanyamuneza, bikamufasha gutanga umusaruro mwiza no kugira imbaraga zihagije zo gukora akazi neza. Iyo umuntu avuye mu rugo ahoberanye n’umuryango cyangwa inshuti, atangira umunsi we ari mu bihe byiza, bituma ibyo akora byose biba byiza.
 

Niba uri umuseribateri cyangwa udafite umukunzi, ntugomba guhangayikishwa nuko udafite uwo guhobera, ntabwo guhoberana byagenewe abakunzi gusa, ushobora guhobera incuti yawe uyisuhuza cyangwa uyisezera. Ushobora kandi no guhobera umuvandimwe wawe ku kibuga cy’indege mbere yuko umubwira uti “urugendo rwiza,” cyangwa ugahobera umuntu gusa kuko ushaka kumva uri hafi ye.

 

Guhoberana bifite akamaro mu mibereho n’imikorere y’umubiri. Guhoberana ni igikorwa gito ariko gifite akamaro kanini ku buzima bw’umuntu, ndetse n’ubuzima bwihariye mu mibanire y’abantu. Rero, umuco wo guhoberana ukwiye gukomeza no kurushaho kumenyekana, ndetse abantu bakarushaho kumenya akamaro n’agaciro kabyo.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND