Buri muntu aba ashaka kugira agaciro mumuryango mugari akubahwa ariko hari ibntu twirengagiza kenshi kandi ibyo byakatubereye amarembo yo kuba abandi bantu bashobora kutwubaha. Dore ibintu icyenda ushobora gusuzuma ukagerageza kubikora ubundi ugahabwa agaciro.
1. Kwiyitaho, kugira isuku no kwita ku myambarire. Umuntu wita ku isuku ye aba agaragara neza kandi yifitiye ikizere. Urugero, umuyobozi wa sosiyete ugira isuku, akambara neza kandi akitwara kinyamwuga, atanga isura nziza ku bakozi n’abakiriya, bikamwongerera icyubahiro nkuko tubikesha egwritings.org.
4.Kubaha abandi. Kubaha abandi bisaba kugira imvugo nziza no kutica amategeko y’imyitwarire verywellmind.com. Urugero, umuganga uha agaciro ibitekerezo by’abarwayi be, akabumva mbere yo kubasuzuma, yubahwa kurusha uwumva ko ari we wenyine uzi byose.
7.Guha umwanya wawe iby’ingenzi. Kugira gahunda no kudapfusha ubusa umwanya bigaragaza ko umuntu afite intego. Urugero, umukozi utamenyereza abantu ko bahita bamubona igihe cyose bamutekerejeho, ahubwo akaba afite gahunda nzima, aba yubashywe kurusha udafite uko yateguye imirimo ye.
8.Guharanira kwiyungura ubumenyi. Kwiga bishya buri munsi bituma umuntu akomeza kuba intangarugero mu byo akora Edication Corner.Urugero, umuganga wiga iby’ubuvuzi bushya buri gihe atuma abakiriya be bamugirira icyizere kuko baba bizeye ko azi uburyo bugezweho bwo kuvura indwara.
Singombwa ko buri gihe uko bagukeneye bagomba kukubona ita kubyingenzi ibyo bizatuma baguha agaciro
Tangira wigirire icyizere abantu nabo bazatangira kuguha agaciro bitewe n'uko bakubona
Iyo ugize iyi myitwarire, abantu bakubonamo ubupfura, ubwenge n’agaciro, bikagutera icyubahiro haba mu muryango cyangwa mu kazi
TANGA IGITECYEREZO