RURA
Kigali

Harimo n’icya Tems! Ibitaramo 8 byitezweho uburyohe bw’imyidagaduro muri Werurwe 2025

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:3/03/2025 20:19
0


Abahanzi batandukanye bakomeye bo muri Afurika no mu Rwanda bategerejwe mu bitaramo by’impurirane bizaba muri uku kwezi, bitezweho gususurutsa imyidagaduro Nyarwanda by’umwihariko abakunzi b’umuziki aho baba baherereye hose mu bice byo hirya no hino ku Isi.



Mu bitaramo bitegerejwe na benshi harimo n’icy’umuhanzikazi w’umunya-Nigeria, Tems, wavuzweho gusuzugura Abanyarwanda nyuma y’uko ahagaritse igitaramo yagombaga gukorera i Kigali mu buryo bw’igitaraganya, agatanga urwitwazo rw’uko byatewe n’amakimbirane ari hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Igitaramo Tems yagombaga gukorera i Kigali cyari kuzaba ku wa 22 Werurwe 2025, ndetse amatike yari yamaze kujya hanze yanatangiye kugurwa.

Gusa ku wa 30 Mutarama 2025, uyu muhanzikazi yaratunguranye yandika kuri X ko igitaramo cye cyari kubera i Kigali yagihagaritse kubera amakimbirane y’u Rwanda na RDC, avuga ko “Mu minsi yashize namamaje igitaramo cyanjye mu Rwanda, ntazi ko hari amakimbirane hagati y’u Rwanda na Congo. Sinigeze nifuza kugaragara nka ntibindeba ku byerekeye ibibera mu Isi, ndetse nsabye imbabazi niba byageze kuri urwo rwego. Muri make nta makuru nari mfite ku biri kuba.”

Imvugo y’uyu muhanzikazi yumvikanamo nk’urwitwazo rudafatika, kuko ibibazo biri hagati ya RDC n’u Rwanda, bimaze igihe, bituruka ku kuba Guverinoma ya RDC ishinja u Rwanda ibinyoma ko rufite ingabo mu Burasirazuba bwa RDC, ibintu ubuyobozi bw’u Rwanda buhora buhakana, ahubwo rugashinja Guverinoma ya RDC gukorana n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR.


Kuri ubu, Tems arateganya gukorera igitaramo muri Afurika y’Epfo ku wa 20 Werurwe 2025. Nyuma, azakurikizaho icyo muri Nigeria, Ghana na Kenya.

Uyu muhanzikazi amaze igihe akora ibitaramo bizenguruka Isi ayimurikira album ye nshya yise ’Born in the wild Tems’ yakoreye i Burayi.

Tems w’imyaka 28 yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zirimo ’Crazy things’, ’Damages’, ’Try me’, ’Fountains’ yahuriyemo na Drake n’izindi zitandukanye.

Uyu mukobwa yatangiye kuba ikimenyabose mu 2020, yiharira ikibuga cy’umuziki muri Nigeria kuva mu 2021.

Dore ibitaramo 8 byitezweho gufasha Abanywarwanda kuryoherwa n’ukwezi kwa Werurwe:

1.     Ndabaga Heritage & Cultural Festival


Umuryango Ndabaga ugizwe n'abagore bagize uruhare mu kubohora Igihugu wateguye igitaramo "Ndabaga Heritage & Cultural Festival" kizabera muri Kigali Serena Hotel, ku wa 8 Werurwe 2025. 

Iki gitaramo cyatumiwemo Itorero Inganzo Ngari, Umusizi Junior Rumaga n'Ibyanzu na Munganyika Alouette.

2.     The Ben


Nyuma yo gukorera igitaramo cy’amateka muri BK Arena, agahita asohora urutonde rw’ibitaramo ateganya gukorera hanze y’u Rwanda, The Ben ari gukorera ibitaramo muri Canada, bigamije gukomeza kumvisha abakunzi be indirimbo zigize album ye nshya ‘Plenty Love’ ariko banataramana cyane ko ahenshi baba badaherutse guhurira mu gitaramo.

Nyuma yo kuva muri Canada, The Ben azahita yerekeza i Burayi aho azatangirira ibitaramo bye mu Bubiligi, ku itariki 8 Werurwe 2025 mu gitaramo cyo kumurika album ’25 Shades’ ya Bwiza.

Uretse iki gitaramo, ku wa 15 Werurwe 2025, The Ben azataramira mu Mujyi wa Copenhagen muri Danemark mbere y’uko akomereza mu Budage aho azahurira n’abakunzi be muri ‘Meet&Greet’ bakaganirira mu Mujyi wa Berlin ku wa 21 Werurwe 2025.

Igitaramo cya kane, byitezwe ko The Ben azagikorera mu Mujyi wa Hannover mu Budage ku wa 22 Werurwe 2025.

Byitezwe ko The Ben azasoza ibi bitaramo muri Kanama 2025 ubwo azaba yasubiye i Burayi muri Norvège.

3.     Bwiza


Ku itariki ya 8 Werurwe 2025, nibwo umuhanzikazi Bwiza ateganya kumurika Album ye ya kabiri yise "25 Shades" mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi, igitaramo kizahurirana n'umunsi mpuzamahanga w'abagore.

Iyi album nshya Bwiza agiye kumurikira i Burayi izaba ikurikira iyo yise ‘My dream’ yasohoye mu 2023 nubwo igitaramo cyo kuyimurika yari yateguye cyahuye n’isanganya ntikibe nk’uko yari yabyifuje.

Iyi album Bwiza yatangiye kuyikoraho muri Mutarama 2024. Yayifashijweho n’abanditsi barimo Niyo Bosco ndetse na Mico The Best. Abatunganya indirimbo bayikozeho barimo Tell Them, Santana, Nizbeat, Loader, Prince Kiiiz n’abandi.

Iriho indirimbo 14 zirimo iyo yise ‘Amahitamo’, ‘Amarangamutima’, ‘Are You Ok’, ‘Carry me’, ‘Monitor’ yakoranye na Niyo Bosco, ‘MR DJ’, ‘Niko Tamu’ yakoranye na Ray Signature na Allan Toniks, ‘Nobody’ yahuriyemo na Double Jay, ‘Sextoy’, ‘Rudasumbwa’ n’izindi.

Bwiza uzwi nk'umuhanzikazi wigaragaje cyane kuva mu myaka itatu ishize, azataramana n'abahanzi barimo The Ben na Juno Kizigenza. 

4.     Itorero Inyamibwa


Itorero ry'imbyino gakondo, Inyamibwa AERG rigeze kure imyitozo ihambaye y'igitaramo cyabo bise "Inka" kizabera muri Camp Kigali tariki 15 Werurwe 2025.

Igitaramo ‘Inka’ Itorero Inyamibwa bateguye, kigamije kongera gukundisha abantu inka, kongera kubibutsa umuco wo kugabirana ndetse no kubibutsa isano umuntu afitanye n’inka.

Itorero Inyamibwa ni itorero ry'umuco Nyarwanda ryashinzwe n'Umuryango w'Abanyeshuri Barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG). Rifite intego yo kwimakaza no guteza imbere umuco gakondo binyuze mu mbyino, indirimbo, n'imivugo. 

Mu myaka irenga 25 rimaze rishinzwe, Itorero Inyamibwa ryagiye ritegura ibitaramo bitandukanye bigamije gusigasira umuco Nyarwanda no kuwumenyekanisha mu gihugu no mu mahanga.

Mu bikorwa byaryo, Itorero Inyamibwa ryateguye ibitaramo bikomeye birimo "Inkera i Rwanda" cyabaye mu mwaka wa 2018, aho ryashishikarizaga Abanyarwanda gukunda ibikorerwa mu gihugu no gusura ahantu nyaburanga. 

Mu mwaka wa 2023, ryizihije isabukuru y'imyaka 25 mu gitaramo cyiswe "Urwejeje Imana", cyabereye muri Camp Kigali, kikitabirwa n'abantu benshi.

Itorero Inyamibwa kandi ryitabiriye iserukiramuco mpuzamahanga nka "Festival des cultures du monde" mu Bufaransa, aho ryaserutse mu mbyino gakondo, rikamenyekanisha umuco Nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.

Muri Werurwe 2024, Inyamibwa bakoreye igitaramo gikomeye muri BK Arena, aho kitabiriwe na Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Cyabaye igitaramo kidasanzwe kuri bo, kuko cyabaye Impamvu nyinshi zo gutegura ibitaramo nk'ibi, ndetse muri uyu mwaka bazanataramira muri Kaminuza y'u Rwanda i Huye.

Mu rwego rwo kwizihiza imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, Itorero Inyamibwa ryakoze igitaramo cyiswe "Inkuru ya 30", kigamije kwerekana iterambere ry'igihugu mu bijyanye n'umuco n'ubukungu.

Itorero Inyamibwa rikomeje kuba icyitegererezo mu guteza imbere Umuco Nyarwanda, rikaba rizwiho ubuhanga mu mbyino n'indirimbo gakondo, ndetse no mu bikorwa byo gusigasira umurage w'igihugu.

5.     Ariel Wayz


Umuhanzikazi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Ariel Wayz akomeje kwitegura kumurika Album nshya yise “Hear to stay”, izaba igizwe n’indirimbo 12. Azayimurika ku wa 8 Werurwe 2025, ku munsi Mpuzamahanga wahariwe Abagore, mu gushimangira uruhare rw’umukobwa n’umugore mu kubaka sosiyete.

“Hear to stay’’ ni album ikubiyemo urugendo rw’imyaka ine Ariel Wayz amaze mu muziki, ibihe byiza yawugiriyemo ndetse n’ingorane yahuriyemo na zo.

Mu butumwa bwe, Ariel Wayz yatangaje ko “Hear to stay irenze kuba album y’indirimbo, ni ubuzima bwanjye mu muziki.’’

Indirimbo ziri kuri album ya Ariel Wayz zikubiyemo ubutumwa bw’urukundo, ubudaheranwa n’ingorane abari n’abategarugori banyuramo mu muziki. 

Izi ndirimbo zumvikanaho umwimerere wa Ariel Wayz binyuze mu myandikire ye inoze irimo ibarankuru, iherekejwe n’ijwi rinyura amatwi y’uryumva, rigakurura amarangamutima ye.

Iki gitaramo kizaba hifashishijwe ikoranabuhanga, kugikurikira ni amafaranga 1000 Frw gusa yo gushyigikira umuhanzi.

Ariel Wayz uri mu bahanzi banyuze mu Ishuri ry’u Rwanda ry’Umuziki, yatangiriye urugendo rwe mu Itsinda rya Symphony Band mbere y’uko batandukana mu 2020.

Nyuma yo gusezera mu itsinda rya Symphony Band, Ariel Wayz yahise atangira umuziki ku giti cye.

Uyu mukobwa yamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Away’ yakoranye na Juno Kizigenza, You Should Know, Wowe Gusa, Good Luck n’izindi nyinshi zirimo na Katira aherutse gukorana na Butera Knowless.

Iyi album Ariel Wayz agiye kuyisohora nyuma ya EP eshatu yagiye asohora mu gihe amaze mu muziki, zirimo iyitwa ‘Best in Me’, ‘Touch the Sky’ ndetse n’iyitwa ‘Love & Lust’.

6.     Massamba muri Gen-z Comedy


Massamba Intore wamaze gushyira hanze album nshya yise ‘Mbonezamakuza’, akomeje kuyiganuza abakunzi b’umuziki we, by’umwihariko mu bitaramo bitandukanye birimo n’icyo agiye gukorera muri ‘Gen-Z Comedy’ kizabera muri Camp Kigali ku wa 6 Werurwe 2025.

Album nshya y’uyu muhanzi izaba igizwe n’indirimbo 27 zirimo nka Rwabihama, Batashye, Tsinda, Ikibasumba, Mporempore, Urwererane, Umwali, Mbonezamakuza, Duhananye umurego, Zarwaniyinka, Milindi ya Ngoma, Kamonyi, Nyangenzi na Nyiramaliza.

Hariho kandi Amagaju, Nyaruguru Vol II, Dukumbuye Rwanda Yacu, Abe, Muyumbu wa Nziga, Twaje kugutaramira, Urabeho shenge, Twazindutse, Iyambere Ukwakira Voll II, Sisi wenyine Vol II, Dimba hasi Vol II, Fourteen Vol II na Vive Lange.

Uretse Massamba Intore uzatarama, abazitabira iki gitaramo bazasusurutswa n’abanyarwenya barimo Fally Merci, Joseph, Kadudu, Rumi, Dudu, Umushumba, Pirate na Keppa bose bazamukiye muri ‘Gen-Z Comedy’.

7.     Imyaka itatu ya Gen-z Comedy


Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga Alex Muhangi watangije ‘Comedy store’ iri mu bitaramo bikomeye mu Mujyi wa Kampala, yatangaje ko ku wa 27 Werurwe 2025 ibitaramo bya ‘Comedy store’ bikunzwe muri Uganda bizabera mu Mujyi wa Kigali, mu rwego rwo kwizihiza imyaka itatu ibitaramo bya ‘Gen-Z Comedy’ bimaze bitegurwa.

Mu myaka ibiri ishize, ibi bitaramo bya Gen-z Comdy byashyize ku isoko cyangwa se byagaragaje impano z’abarimo Muhinde, Umushumba, Kadudu, Dudu, Pilate n’abandi birahirwa mu buryo bukomeye.

Ariko kandi byatumye biba ihuriro ry’urubyiruko rushaka kuganira, abasirimu bashaka gusohoka, aho gufatira icyo kunywa no kurya n’ibindi.

Ni ibitaramo bikunze kugaragaramo cyane amasura y’abantu bazwi nka Alex Muyoboke, Kabano Franco uzwi cyane mu ruganda rw’imideli n’andi mazina abanyarwenya bakunze kugarukaho cyane mu bihe bitandukanye bigatembagaza.

Mu mpera za Werurwe 2024 nibwo habaye igitaramo cyo kwizihiza imyaka ibiri ibitaramo bya Gen-Z Comedy byari bimaze bitegurwa, cyitabiriwe n’abantu benshi ndetse bituma bamwe bataha batabashije kwinjira.

8.     Shalom Choir


Itsinda ry'abaramyi ba Shalom Choir banditse amateka avuguruye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, bakorera umurimo w'Imana muri ADEPR Nyarugenge bateguye igitaramo gikomeye bise "Shalom Worship Experience", kizaba mu minsi ibiri kuwa 22-23 Werurwe 2025.

Shalom choir ikunzwe mu ndirimbo "Abami n'Abategetsi", "Nyabihanga", "Uravuga Bikaba" n'izindi. Yaherukaga gukora igitaramo ubwo yataramiraga muri BK Arena mu gitaramo bari bise 'Shalom Gospel Festival.'

Korali Shalom yashinzwe mu mwaka wa 1986, abayishinze bisanishije n'ijambo ry'Imana rivuga ngo "Ariko njyeweho nzaririmba imbaraga zawe, Kuko wambereye igihome kirekire kinkingira. Mu gitondo nzaririmbisha imbabazi zawe ijwi rirenga, N'ubuhungiro ku munsi w'amakuba yanjye". (Zaburi 59:17).






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND