Raporo nshya yagaragaje ko ikibazo cy’umutekano muke mu mijyi ikomeye ku Isi, kiri mu biteye inkeke muri uyu mwaka wa 2025.
Iyi raporo nshya yiswe ‘Top 40 Most Dangerous Cities,’ yagaragaje ibihugu bikomeje kugaragaramo urugomo rwinshi ku Isi, aho ibibazo by’ubugizi bwa nabi, ibyaha by’inkazi n’umutekano muke bikomeje kwibasira abatuye muri iyo mijyi.
Ubushakashatsi bukubiyemo
bwerekana ko ikibazo cy’umutekano muke mu mijyi gikomeje kuba ikibazo
gikomereye Isi, cyane cyane mu bihugu byo muri Amerika y’Amajyepfo bikomeje
kuza ku isonga mu kugira imijyi irimo urugomo rukabije.
Mu mijyi 10 ya mbere
irangwamo umutekano muke, hagaragaramo ibiri gusa yo ku mugabane wa Afurika: Cape Town na Johannesburg, yose ikaba ari
iyo muri Afurika y’Epfo. Ibi bigaragaza ko iki gihugu kigifite ibibazo bikomeye
by’umutekano, cyane cyane mu bice bimwe bikunze kwibasirwa n’urugomo rukabije,
ubwicanyi n’ibyaha bikorwa n’abitwaje intwaro.
Cape Town ni umujyi uzwi
cyane ku bwiza bwawo, n’ikirere cyiza gikunzwe na ba mukerarugendo. Gusa, nubwo
ari umwe mu mijyi ifite ahantu nyaburanga heza ku Isi, nanone ni umwe mu mijyi
ifite umutekano muke.
Cape Town iri ku mwanya wa
munani kuri uru rutonde
rw’imijyi iteye inkeke ku Isi, aho ibibazo by’amabandi, ubucuruzi
bw’ibiyobyabwenge n’ubwicanyi bikomeje kwiyongera. Uduce nka Mitchells Plain na Manenberg tuzwiho
kuba indiri y’amabandi n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.
Nubwo inzego z’umutekano
muri Afurika y’Epfo zashyizeho ingamba zitandukanye mu guhangana n’iki kibazo,
ubwicanyi n’ubujura bukabije bikomeje kwiyongera. Ibi byatumye Cape Town, nubwo
ari umujyi w’ubukerarugendo ukomeye, ugira igice kinini kidatekanye na gato,
aho abaturage bahatuye bahorana impungenge ku mutekano wabo buri munsi.
Johannesburg na yo, ni
umujyi ukomeye ku bukungu bwa Afurika y’Epfo, uzwi nka "City of Gold" kubera amateka yawo mu bucukuzi
bw’amabuye y’agaciro. Ariko nubwo ari umujyi ufite ubukungu bukomeye, nanone ni
umwe mu mijyi yibasirwa n’ibyaha bikomeye muri Afurika.
Uyu mujyi waje ku mwanya
wa cumi mu mijyi ifite umutekano
muke ku Isi, aho abaturage baho bahura n’ibibazo bikomeye by’ubujura bukoresheje intwaro, gukubitwa no
kugirirwa nabi, ubujura bw’imodoka n’ibindi byaha bishyira ubuzima bwabo mu
kaga.
Johannesburg igizwe n’uduce
tuzwi nk’utw’abakire bafite umutekano uhamye ndetse n’utundi duce dutuwemo na
ba rubanda rugufi, ibi bikaba bimwe mu byongera urugomo muri uyu mujyi. Ibibazo
by’umutekano muke muri Johannesburg bikomeje kugira ingaruka ku bukungu
bw’igihugu, aho bamwe mu bashoramari n’abanyamahanga batinya kuhakorera kubera
impungenge z’umutekano.
Isi ikomeje kugarizwa n’ibibazo
by’umutekano mu Mijyi minini
Nubwo Afurika y’Epfo ari
yo yonyine ifite imijyi ibiri kuri uru rutonde rw’icumi ya mbere iteye ubwoba,
ikibazo cy’umutekano muke mu mijyi ni ikibazo gihangayikishije isi yose.
Muri Amerika y’Amajyepfo,
imijyi nka San Salvador muri El
Salvador, San Pedro Sula muri Honduras na Caracas muri Venezuela iza
imbere mu kugira urugomo rurenze urw’ahandi, cyane cyane bitewe n’ibibazo
bikuurwa n’amabandi, ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, ubukene bukabije ndetse no
kudashyira mu bikorwa amategeko ahamye.
Muri Aziya, Damasiko (Damascus) muri Siriya nayo
yaje kuri uru rutonde, aho ingaruka z’intambara zimaze imyaka myinshi zituma
habaho umutekano muke, urugomo ndetse no kubura uburyo buhamye bwo gucunga
umutekano.
Hagaragajwe ko gukemura
ibi bibazo bisaba ingamba nshya n’ubufatanye hagati y’inzego z’umutekano, leta
ndetse n’abaturage ubwabo. Hakenewe kandi gahunda ziteza imbere imibereho
y’abaturage, kugabanya ubusumbane bw’ubukungu no kongera imbaraga mu gukumira
ibyaha.
Dore Imijyi 10 ya mbere iteye ubwoba ku Isi mu 2025:
ADVERTISEMENT
City | Country | Score |
---|---|---|
San Salvador | El Salvador | -0.76 |
San Pedro Sula | Honduras | -0.65 |
Caracas | Venezuela | -0.57 |
Tegucigalpa | Honduras | -0.33 |
Damascus | Syria | -0.29 |
Guatemala City | Guatemala | -0.17 |
Port of Spain | Trinidad & Tobago | -0.14 |
Cape Town | South Africa | -0.10 |
Belo Horizonte | Brazil | 0.10 |
Johannesburg | South Africa | 0.11 |
TANGA IGITECYEREZO