Inter Miami yitwaye neza mu mukino wo kwishyura mu irushanwa rya CONCACAF Champions Cup 2025, itsinda Sporting Kansas City ibitego 3-1, bikayifasha gukomeza muri 1/8 cy’irangiza.
Nyuma
yo gutsinda umukino ubanza igitego 1-0, Inter Miami yasabwaga kunganya cyangwa
gutsinda kugira ngo yemeze itike yayo. Ntabwo yacogoye kuko yatsinze umukino wo
kwishyura ibitego 3-1, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 4-1.
Nk’uko
byari byitezwe, Lionel Messi yongeye kwigaragaza nk’umukinnyi ngenderwaho,
afungura amazamu ku munota wa 19 nyuma y’ishoti rikomeye yateye ku mupira yari
ahawe na Luis Suárez.
Mbere
y’uko igice cya mbere kirangira, Inter Miami yatsinze ibindi bitego bibiri. Tadeo
Allende yatsinze igitego cya kabiri nyuma y’umupira mwiza yahawe na Jordi Alba
naho Luis Suárez na we yatsinze igitego cya gatatu, ashimangira ubukana bwa
Inter Miami.
Nubwo
Sporting Kansas City yatsinze igitego kimwe ku munota wa 63, ntibyabashije
gutuma bagaruka mu mukino.
Iki
ni igitego cya kabiri Lionel Messi atsindiye Inter Miami muri uyu mwaka
w’imikino. Kugeza ubu, amaze gukina imikino itatu, aho yatsinze ibitego bibiri
ndetse anatanga imipira ibiri yavuyemo ibindi bitego. Luis Suárez, inshuti ye
magara, na we ari kugaragaza ko agifite ubushobozi bwo gutsinda ibitego.
Mu
cyiciro gikurikira cya 1/8, Inter Miami izakina na Cavalier, ikipe yo muri Jamaica.
Ku rundi ruhande, hakomeje kuvugwa amakuru avuga ko Lionel Messi ashobora kugaruka muri Barcelona muri iyi mpeshyi. Nubwo nta cyemezo kirafatwa ku mugaragaro, ibi biracyari inkuru iri gukurikiranwa cyane n’abakunzi b’umupira w’amaguru.
TANGA IGITECYEREZO