RURA
Kigali

NBA: Luka Doncic yitwaye neza afasha LA Lakers gutsinda Dallas Mavericks yavuyemo

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:26/02/2025 12:10
0


Luka Doncic wahoze akinira ikipe ya Dallas Mavericks, yakinnye umukino we wa mbere ahanganye na yo kuva yatungurana agasinyira Los Angeles Lakers. Nubwo uyu mukino wari ukomeye cyane kuri we, yitwaye neza atsinda triple-double, Lakers itsinda 107-99.



Nyuma y’igihe akinira Dallas Mavericks nk’umukinnyi ukomeye, Luka Doncic yahuye n’iyo kipe ari umukinnyi wa Lakers, aho yayoboye ikipe ye atsinda amanota 19, akora rebounds 15 anatanga 12 assists maze afasha Los Angeles Lakers fgutsinda Dallas Maveriks.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’umukino, Doncic yagize ati:
"Sinari nzi uko meze, mu gice cya mbere byari ibintu bitangaje kuri njye. Byari bitandukanye cyane, sinabasha gusobanura uko niyumvaga."

Uyu mukino kandi waranzwe n’uburyo Lakers bashimiye Anthony Davis, wahinduranyijwe na Doncic agasubira muri Dallas. Nubwo atakinnye kubera imvune, Davis yagaragaye mu kibuga, Lakers bamukorera umuhango wo kumushimira.

LeBron James ni we wahesheje Lakers intsinzi nyuma yo gutsinda amanota 27, harimo 16 yatsinze mu gace ka nyuma.

Ku ruhande rwa Mavericks, Kyrie Irving yitwaye neza atsinda amanota 35, naho Klay Thompson atsinda 22, ariko ntibyabafashije gutsinda uyu mukino.


Luca Doncic yafashije Los Angeles Lakers gutsinda Dallsa Maveriks yahoze akinira





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND