RURA
Kigali

U Rwanda rwasezerewe na Misiri mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:26/02/2025 9:22
0


Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore yasezerewe mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2026, nyuma yo gutsindwa na Misiri ku giteranyo cy’ibitego 3-2.



Mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Suez Canal Stadium ku wa Kabiri, tariki ya 25 Gashyantare 2025, u Rwanda rwari rufite umukoro wo kwishyura igitego cyatsinzwe i Kigali mu mukino ubanza, ariko ntibyashobotse.

Misiri yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa gatandatu binyuze kuri Menna Tarek, yongera gushyira igitutu ku Mavubi y’abagore. Nubwo Usanase Zawadi yaje kwishyura ku munota wa 26, igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Mu gice cya kabiri, Misiri yongeye kuyobora umukino ku gitego cya Habiba Esam Mohamed ku munota wa 67, ariko u Rwanda ntirwacitse intege, rukomeza gushaka uko rwasubira mu mukino. Ibyo byatanze umusaruro ku munota wa 96 ubwo Usanase Zawadi yongeye gutsinda, ariko ntibyahagije ngo rusezere Misiri.

Gutsindwa muri iyi mikino bivuze ko u Rwanda rutakomeje mu ijonjora rikurikiraho, mu gihe Misiri izakomeza guhatana na Ghana mu cyiciro gikurikiraho cy’iri rushanwa.

U Rwanda rwasezerewe na Misiri mu gikombe cya Afurika

Urugendo rw'u Rwando rwo kujya muri Morooc rwarangiriye mu Misiri
 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND