RURA
Kigali

Tuzamufunga ku buryo azajya abibona intoki zikababwa – ACP Rutikanga ku bishora mu bujura bw’ibikoresho by’amashanyarazi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:18/02/2025 11:05
0


Mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko mu myaka itanu iri imbere hazashyirwa imbaraga mu mishinga migari igamije kongera ingufu z’amashanyarazi mu gihugu, hari abakomeje kwijandika mu bujura bw’ibikoresho by’amashanyarazi, aho muri Mutarama 2025 gusa, Polisi yakiriye dosiye zigera kuri 11 zibwerekeyeho.



Amashanyarazi ni imwe mu nkingi za mwamba zituma iterambere ry’igihugu ryihuta kuko ni yo inganda zose zifashisha mu gutunganya ibyo muntu adasiba gukenera mu buzima bwa buri munsi.

Nubwo Guverinoma y'u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga muri politiki yo kugeza amashanyarazi kuri bose, inzego zibishinzwe zagaragaje ko hari inyangabirama zikomeje kugaragara mu bujura bw'ibikoresho by'amashanyarari hirya no hino mu gihugu.

Ibi byashimangiwe n'Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, ubwo yari ari mu kiganiro 'Waramutse Rwanda' cya RTV, aho yavuze ko mu kwezi kwa Mutarama 2025 gusa, bakiriye dosiye 11 zijyanye n'ubujura bw'ibikoresho by'amashanyarazi. 

Yagize ati: "Uburemere bw’ikibazo ntiburi mu mibare dufite ahubwo tuburebera mu ngaruka bigira ku Gihugu.''

Ni mu gihe Umuyobozi w'Ishami rishinzwe Abafatanyabikorwa muri Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu (REG), Geoffrey Zawadi, agaruka ku guhangana n'ubujura bw'ibikoresho by'ikoranabuhanga, yagize ati: "Nta muntu turasanga wahaguye [ahibwe ibikoresho by'amashanyarazi], bisobanuye ko ababikora babizi. Bize amashanyarazi cyangwa bakoze mu mashanyarazi.''

Yaboneyeho no gukomoza ku ngamba z'igihe kirekire zo guhangana n'ubujura bw'ibikoresho by'ikoranabuhanga.

Ati: "Turifuza ko amasoko tuzajya dutanga, ibikoresho bizajya biba byanditseho REG ku buryo nitubigusangana utwereka ko ari REG yabiguhaye.''

Umuyobozi w'Ishami ry'Ubugenzuzi bw'Ibikoresho muri RICA, Mutabazi Joseph, yavuze ko ubujura bw'ibikoresho by'amashanyarazi butuma hari ibyinjizwa mu Gihugu bitujuje ubuziranenge.

Ati: “Ingaruka ku muturage usanga insinga twakoresheje zitujuje ubuziranenge. Mujya mubona inzu zahiye, ni zo ngaruka z'ibikoresho bitujuje ubuziranenge."

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko ku bufatanye n'inzego zitandukanye abakora ubujura bw'ibikoresho by'amashanyarazi batazigera bihanganirwa.

Ati: "Tuzamufunga ku buryo azajya agera aho abona igikoresho cy’amashanyarazi intoki zikababwa."

Kuva mu myaka ibiri ishize, transfo zirenga 100 zangijwe n'abantu bashakamo amavuta. REG yatangaje ko igiye gukora ubushakashatsi ku cyo ayo mavuta akoreshwa n'ingaruka ashobora kugira ku buzima bw'umuntu. Transfo imwe iba irimo litilo z'amavuta zirenga 100.

Ibi bitangajwe nyuma y’uko politiki y’urwego rw’ingufu yashyizwe hanze na Minisiteri y’Ibikorwaremezo muri Gashyantare 2025 yagaragaje ko inganda zitunganya amashyanyarazi mu Rwanda zigeze ku bushobozi bwa megawatt 406,4.

Imibare igaragaza ko 27% by’aya mashanyarazi akomoka ku ngomero zifatiye ku mazi, Gas Methane ikagira 21,1% mu gihe akomoka kuri mazutu ari 7%.

Uretse inganda z’amashanyarazi zo ku migezi, kuva mu 2015 mu Rwanda hatangiye kubyazwa amashanyarazi akomoka kuri gaz methane yatangiye ari megawatt 26,4 ariko kugeza mu mpera za 2024 yari amaze kugera kuri megawatt 82,4.

Kuri ubu kandi hari inganda zitunganya amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri agera kuri megawatt 85, na ho izitunganya akomoka ku mirasire y’izuba zigeze kuri megawatt 12.

Urugomero rwa Rusumo ruhuriweho n’ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na Tanzania na rwo ruri mu zatangiye gutanga amasharazi ku muyoboro mugari mu mwaka ushize. Rufite ubushobozi bwo gutanga megawatt 80, zigasaranganywa mu bihugu byose mu buryo buringaniye.

Amakuru ari ku rubuga rw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu, REG, agaragaza ko amashanyarazi akomoka ku ngomero zo mu mazi angana na 43,9% mu gihe akomoka ku mirasire y’izuba ari 4,2%.

Ingo zigerwaho n’amashanyarazi zigeze kuri 81,4%, harimo 56,5% zafatiye ku muyoboro mugari na 24,9% zifite amashanyarazi yandi yiganjemo imirasire y’izuba.

Magingo aya Akarere ka Gakenke ni ko kageze kuri 99,3%, Muhanga igeze kuri 98,8% mu gihe Akarere ka Nyabihu ari ko gafite impuzandengo yo hasi na 69,9%.

Kugeza ubu kandi imihanda ireshya na kilometero 2.227,6 yaracaniwe kugeza mu 2024, bikazagera mu 2029 imihanda icaniwe igeze kuri kilometero 3.237.

Bigaragazwa ko amashanyarazi apfa ubusa kubera ibibazo bya tekinike cyangwa izindi mpamvu ari ku rugero rwa 18,9%.

Mininfra ivuga ko mu myaka itanu iri imbere ingomero zifatiye ku mazi zizaba zimaze kuzura zizaba zitanga megawatt 81, zirimo Nyabarongo II izatanga megawatt 45.

Politiki igenga urwego rw’ingufu igaragaza ko kugeza mu 2034 u Rwanda ruzashyira imbaraga mu kongera ingano y’amashanyarazi atunganywa haba mu ngomero zifatiye ku mazi, gaz methane, kubyaza umusaruro nyiramugengeri yose iri mu Rwanda, kugerageza kubyaza umusaruro umuyaga n’ibindi hagamijwe kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Kugeza mu 2034, biteganyijwe ko hazubakwa ingomero zirimo Rusizi III ruzatanga mwgawatt 68, Rusizi IV ruzatanga megawatt 95 n’urwa Nsongezi ruzatanga megawatt 12.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yaburiye abijandika mu bujura bw'ibikoresho by'amashanyarazi 


Muri Mutarama 2025, Polisi y'u Rwanda yakiriye dosiye 11 zerekeye ubujura bw'ibikoresho by'amashanyarazi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND