Tariki ya 18 Gashyantare 2025 ni umunsi wa 49 w’umwaka ubura iminsi 316 ngo ugere ku musozo.
Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.
Bimwe mu byaranze uyu
munsi mu mateka
1145: Himitswe Papa Eugène III.
1162: Nyuma yo kwirukana umugore we Agnès de Courtenay,
Amaury i yambitswe ikamba ry’Umwami wa Yeruzalemu.
1859: Abafaransa bigaruriye agace ka Saïgon.
1882: Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza
yatsinze iya Irlande y’Amajyaruguru ibitego 13 ku busa.
1887: Ubwami bwa Benin bwatsinzwe n’Abongereza.
1913: Raymond Poincaré yabaye Perezida wa 10 w’u Bufaransa
asimbuye Armand Fallières.
1930: Umubumbe wa Pluton wavumbuwe n’Umunyamerka w’umuhanga mu by’ubumenyi bw’ikirere Clyde Tombaugh.
1933: Ikinyobwa
cya Coca-Cola cyatangiye kugezwa mu Bufaransa
1952: U
Bugereki na Turikiya zinjiye muri OTAN.
1965: Gambia,
yahoze ikoronizwa n’Abongereza yabonye ubwigenge.
1974: Ibihugu
by’Abarabu bivuyemo Libya na Siriya byatangiye gufatira Amerika ibihano kuri
peteroli.
2004: Inama
y’Abaminisitiri yemeje iteka rya Minisitiri w’Intebe rihindura iteka rya
Minisitiri w’Intebe n°26/03 ryo ku wa 7 Nyakanga 1999 rishyiraho abagize Inama
ishinzwe Imicungire y’Ikigega cy’Imari yo Gusana imihanda n’umugereka waryo.
Abagize Inama
y’Ubutegetsi y’Ikigo cy’Imari yo Gusana Imihanda (Fonds d’Entretien
Routier) ni aba bakurikira:
– Abahagarariye
inzego za Leta;
– Uhagarariye
Minisiteri y’Ibikorwaremezo;
– Uhagarariye
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Amajyambere Rusange
n’Imibereho Myiza y’Abaturage;
– Uhagarariye
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda, Ishoramari, Ubukerarugendo
n’Amakoperative;
– Uhagarariye
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali;
– Komanda
wa Polisi ushinzwe Umutekano mu mihanda;
– Abahagarariye
amashyirahamwe y’abikorera ku giti cyabo;
2008: Ibitero
by’ubwiyahuzi by’ibyihebe byo mu Mutwe wa Al-Qaida byaturukiye I Spin Boldak
muri Afghanistan bihitana abantu 35.
2010: Muri
Niger habaye Coup d’état yakozwe n’abasirikare bavanaho Perezida Mamadou
Tandja.
Bimwe mu bihangange
byavutse kuri iyi tariki
1903: Nikolaï
Podgorny, wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete kuva 1965 kugeza
mu 1977.
1965: Dr.
Dre, umuririmbyi mu njyana ya rap ukomoka muri Amerika.
1973: Claude
Makelele, Umufaransa wamamaye akina ruhago.
1975: Gary Neville,
Umwongereza wakanyujijeho muri ruhago.
Bimwe mu bihangange
byitabye Imana kuri iyi tariki:
999: Grégoire
V, Papa.
1967: Robert
Oppenheimer, umuhanga mu Bugenge wakomokaga muri Amerika.
TANGA IGITECYEREZO