RURA
Kigali

Umutoza ukomeye yatawe muri yombi azira gukibita umugore we akoresheje imbunda

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:17/02/2025 20:17
0


Umutoza wungirije wa Dallas Mavericks, Darrell Armstrong yatawe muri yombi na polisi ya Dallas akurikiranyweho icyaha cyo gukubita umugore akoresheje imbunda no kumutera ubwoba ko amurasa.



Uyu mugabo w’imyaka 56 wahoze ari umukinnyi w’umuhanga muri NBA, yafashwe nyuma y’uko bivugwa ko yari yasinze akagirana amakimbirane n’umugore bari bafitanye umubano wihariye.

Nk’uko amakuru yemejwe na Dallas Police Department, ibyago byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, nyuma y’uko umugore abonye ubutumwa bugufi kuri telefone ya Armstrong yoherejwe n’undi mugore.

Mu makimbirane yakurikiyeho, Armstrong yasabye uyu mugore imfunguzo z’inzu maze arazimuhereza, ariko igihe yari kuri telefone avugana n’undi muntu, yahise amukubita akoresheje imbunda maze amubwira amagambo akomeye ati: “Ngiye kukurasa.”

Uyu mugore yahise ahunga ajya gutegereza umuryango we muri parikingi ya 7/11, aho polisi yamusanze ari gutegereza abaza kumutwara.

Uyu mugore yabwiye polisi ko kuva muri Nzeri 2024, yari amaze igihe mu mubano wuzuyemo ihohoterwa ryo mu rugo ahohoterwa na Armstrong, ndetse yongeraho ko hari ubwo yigeze kumuniga ariko ntiyabivuga kuko atashakaga ko Armstrong agira ibibazo cyangwa ngo yirukanwe ku kazi.

Aya makuru yatumye benshi batungurwa kuko Armstrong yari asanzwe azwi nk’umutoza w’inararibonye n’icyitegererezo mu ikipe ya Dallas Mavericks, aho amaze imyaka 16 ari umutoza wungirije.

Ikipe ya Dallas Mavericks ikimara kubimenya yasohoye itangazo rigira riti: “Twamenye iby’iki kibazo kijyanye n’umukozi wacu kandi turi gukusanya amakuru yose arebana na cyo. Turafata iki kibazo nk’icy’ingirakamaro kandi gikomeye. Uwo mukozi yahagaritswe by’agateganyo mu gihe hategerejwe umwanzuro w’ubutabera. Ntituzagira ikindi tuvuga kuri iki kibazo mu gihe iperereza rigikomeje.”

Iri tangazo ryashimangiye ko ikipe yitaye ku myitwarire y’abakozi bayo kandi ko itazihanganira ihohoterwa iryo ari ryo ryose.

Umutoza wungirije wa Dallas Maveriks yatawe muri yombi azira gukubita umugore we akoresheje imbunda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND