RURA
Kigali

APR FC na Rayon Sports zaba zarahinduranyije mu ibanga abazigurira abakinnyi?

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:20/02/2025 11:40
0


Mu gihe APR FC yanengwaga kudashishoza ku isoko ry’igura n’igurisha hagasingizwa mukeba wayo Rayon Sports kwitwara neza ku isoko, noneho ibyabaye ku isoko ry’igura n’igurisha muri Mutarama byaricuritse.



Kuva Amakipe yose yo mu Rwanda yagarukira politiki yo kongera gukinisha abanyamahanga ndetse no muri shampiyona ababanzaga mu kibuga bakiyongera,  yashishikariye kugana isoko ry’abakinnyi bakomoka hanze y’u Rwanda kugira ngo azamure urwego rwayo ndetse anabashe guhangana mu mikino mpuzamahanga.

Ikipe ya Rayon Sports niiyo yagaragaje ko ishoboye kwitegereza no kugura abakinnyi beza bakomoka hanze y’u Rwanda kuko yabonye abakinnyi beza nka Hertier Luvumbu, Joakiam Ojera, Adama Bagayogo, Fall Ngagne ndetse n’abandi ubona ko ari beza koko kandi bagakora ikinyuranyo.

Ibi bitandukanye na APR FC kuko ubwo yagaruraga gahunda yo gukinisha abanyamahanga, uretse Victor Mbaoma wigaragaje mu mwaka we wa mbere, abandi banayigezemo basezererwa shishi itabona. Abo twavuga nka Salomon Bindjeme, Johnson Nwobodo Chidiebere, Joseph Apam Asogwe ndetse n’abandi.

Hari kandi abanyamahanga n’abanyarwanda bakiri muri APR FC baguzwe mbere ya Mutarama batazi niba bazakandagira mu kibuga cyangwa bazasezererwa cyangwa bagatizwa mu nyandi makipe kubera ko twavuga ko baguzwe batitegerejwe cyane kuko bakirwana no kubona umwanya wo gukina.

Ku isoko ry’igura n’igurisha ryo muri Mutarama, ikipe ya APR FC yongeyemo abakinnyi batatu gusa. Abo ni Cheik Djibril Ouattra ukomoka muri Brukina Faso, Denis Omedi na Hakim Kiwanuka bombi bakomoka mu gihugu cya Uganda.

Impamvu yo kwibaza niba APR FC na Rayon Sports zaba zarahinduranyije mu ibanga abaziguriraga abakinnyi ni uko twari tumenyereye ko abakinnyi bashya ba Rayon Sports baba bari kwitwara neza mu buryo budasanzwe, none kuri iyi nshuro abakinnyi bashya batatu ba APR FC bamaze kubona ibitego bitanu mu gihe aba Rayon Sports bane nta n’umwe urabona igitego.

Mu bakinnyi batatu ba APR FC uwitwa Denis Omdi amaze kubona ibitego bitatu mu mikino yose yakiniye iyi kipe  kuva yayigeramo muri Mutarama. Cheik Djibril Ouattra na Hakim Kiwanuka buri umwe yatsinze igitego kimwe bisobanuye ko mu bakinnyi bashya ba APR FC uko ari batatu bose bamaze kuyitsindira ibitego.

Kuva yagura aba bakinnyi kandi APR FC ubu banamaze kuyihesha igikombe cy’Intwari ubu bari guhangana no gutwara shampiyona n’igikombe cy’Amahoro.

Mu gihe APR FC iri kwishyimira ko abakinnyi batatu bayo bashya bamaze gutsinda ibitego bitanu, Rayon Sports yo iri mu gahinda kuko mu bakinnyi bayo bane bashya ntawe uzi uko kunyeganyeza incundura bimeze.

Abakinnyi bashya bane ba Rayon Sports; ni Umunyarwanda Biramahire Abeddy n’abanyamahanga nka Assana Nah Inoccent, Souleymane Daffe na Adulai Jalo.

Amakipe ya Rayon Sports na APR FC yakwishyima atakwishyima mu mpera z’iki cyumweru ashobora kuva mu karere ka Huye ntawuvugisha undi kuko APR FC izacakirana na Mukura VS naho Rayon Sports yo icakirane na Amagaju FC.

Mu mikino ibanza ya Shampiyona nabwo aya makipe yavuye mu karere ka Huye ntawe uvugisha undi kuko Rayon Sports yatsinzwe na Mukura VS naho APR FC itsindwa n’Amagaju.

Rayon Sports ni iya mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona n’amanota 40 mu gihe APR FC ari iya kabiri n’amanota 37.

Muri APR FC ari kwishyimira umusaruro w'abakinnyi bayo bashya    

Mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports nta n'umwe urabasha kunyeganyeza incundura






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND