RURA
Kigali

Madamu Jeannette Kagame yashimiye Fatima Bio watorewe kuyobora Umuryango w'Abagore b'Abakuru b'Ibihugu bya Afurika

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/02/2025 9:50
0


Madamu Jeannette Kagame yifurije ishya n'ihirwe abayobozi bashya b'Umuryango w'Abagore b'Abakuru b'Ibihugu bya Afurika Ugamije Iterambere (OAFLAD), barangajwe imbere na Fatima Bio wa Sierra Leone.



Aba bayobozi, batorewe mu nteko rusange y'uyu Muryango iherutse kubera i Addis Abeba muri Ethiopia, ahari hahuriye abagore b'Abaperezida baturutse mu bihugu binyuranye bya Afurika.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Madamu Jeannette Kagame, yashimiye Fatima Maada Bio wahawe kuyobora Umuryango w’Abagore b’Abakuru b’ibihugu bya Afurika ugamije iterambere, OAFLAD n'abandi bagiye gufatanya izi nshingano, abizeza ubufatanye mu kugera ku ntego bihaye.

Yagize ati: "Nshimiye Perezida mushya wa OAFLAD, Nyakubahwa Madamu Fatima Maada Bio, Visi Perezida, Nyakubahwa Dr. Anna Dias Lourenco, na komite nshya yatowe. Mbifurije intsinzi muri uru rugendo rushya. Ntegerezanyije amatsiko gukorana namwe mu guteza imbere intego dusangiye n'ibyo dushyize imbere.

Mu butumwa bwe ubwo yari amaze guhabwa izi nshingano, umugore wa Perezida wa Sierra Leone, Fatima Bio, yashimiye byimazeyo abamubanjirije kuri uyu mwanya bagejeje umuryango wa OAFLAD ku rwego uriho uyu munsi.

Ati: "Ndashaka kandi gushimira abangiriye icyizere bose, kimwe n'abagize gushidikanya ku bushobozi bwanjye. Nshishikajwe cyane no gukuraho impungenge izo ari zo zose no kubereka ko nta nzika cyangwa amarangamutima adasanzwe ahari. 

Ni ngombwa ko duhagarara hamwe, tugahuriza hamwe mu ntego zacu, kandi tugakorera hamwe kugira ngo tureme ejo hazaza heza kuri bose."

Yakomeje agira ati: "Nshimishijwe cyane no gufata izi nshingano nshya, mbizeza ko hamwe na Visi Perezida Nyakubahwa Madamu Anna Alfonso Dias Lourenco, ndetse n'abagize komite nyobozi iherutse gushyirwaho, tuzakoresha igihe n'umutungo byacu kugira ngo dukomereze ku mirimo myiza y'abayobozi bacyuye igihe ndetse n'abandi bose batubanjirije. Dufatanije, dushobora gukomeza guharanira kugera ku cyo twiyemeje no kuzana impinduka ifatika muri Afurika."

Gahunda y’imyaka itanu ihera mu 2019 kugeza mu 2024 ya OAFLAD  yatumye inshingano z’uwo muryango zongerwa, ziva ku kurwanya SIDA gusa, uhinduka Umuryango w’Abagore b’abakuru b’ibihugu bya Afurika ugamije iterambere, Organization of African First Ladies for Development (OAFLAD).

Uyu muryango kandi wihaye inshingano zirimo guteza imbere iby’ubuzima bw’imyororokere no kwita ku babyeyi n’abana bakivuka, guteza imbere uburinganire no guha ubushobozi urubyiruko n’abagore, guharanira ubuvuzi bugera kuri bose, kwita ku mibereho myiza, kwita ku bafite ubumuga ndetse no kongerera inzego ubushobozi.

Umuryango uhuza abadamu b’abakuru b’ibihugu bya Afurika, OAFLAD (icyo gihe witwaga OAFLA), watangijwe ugamije kuvuganira no gushakira inkunga ababana n’ubwandu bwa Virusi itera SIDA muri Afurika.

Madamu Jeannette Kagame ari mu bagize uruhare mu gutangiza OAFLA mu mwaka wa 2002.

Yanayibereye umuyobozi kuva mu mwaka wa 2004 kugera 2006, icyo gihe akaba yaratangije gahunda yo kwita ku bana hakorwa ibishoboka ngo barererwe mu miryango, mu bukangurambaga bwo ku rwego rwa Afurika bugira buti “Ita ku mwana wese nk’uwawe.”

Madamu Jeannette Kagame yashimiye Fatima Bio wa Sierra Leone watorewe kuyobora Umuryango w'Abadamu b'Abakuru b'Ibihugu bya Afurika Ugamije Iterambere, OAFLAD


Madamu Fatima Bio yijeje gukorera mu ngata abamubanjirije muri izi nshingano mu rwego rwo kurushaho guharanira iterambere rya Afurika



Abayobozi bashya bagiye kuyobora OAFLAD batorewe mu Nteko rusange y'uyu Muryango iheruka kubera i Addis Abeba






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND