RFL
Kigali

Ubushakashatsi: Umuntu amara imyaka 26 y’ubuzima bwe asinziriye

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:1/10/2024 13:30
0


Ubushakashatsi bugaragaza ko impuzandengo y’imyaka umuntu amara aryamye mu buzima bwe bwose ari imyaka 26 hakiyongeraho indi 7 amara ari gushaka ibitotsi.



Akenshi abantu bibaza igihe bashobora kumara baryamye mu myaka y’ubuzima bwabo kikabayobera. Nubwo atari buri wese unganya igihe amara aryamye na mugenzi we, hakozwe ubushakashatsi bugaragaza igihe byibuze umuntu ashobora kumara asinziriye muri rusange.

Ikinyamakuru Dreams cyandikirwa mu Bwongereza, cyakoze ubushakashatsi kigaragaza ko byibuze umuntu ashobora kumara imyaka 26 y’ubuzima bwe yibereye mu gitanda cye atazi ibijya mbere ndetse hejuru y’iyo myaka, akiyongeza indi myaka 7 yo kwishakamo ibitotsi.

Iyo uteranyije neza, usanga umuntu amara imyaka 33 y’ubuzima bwe yigaruriwe n’ibitotsi aho aba atabasha gukora ibikorwa bimwinjiriza inyungu zigaragara. Mu mibare iki kinyamakuru cyashyize hanze, ni uko igihe cyose umuntu anywana n’ibitotsi bakiregagiza imirimo ari iminsi 9,496 cyangwa se amasaha 227,916.

Mu gukora ubu bushakashatsi, iki kinyamakuru cyifashishije imyaka 79 ko ariyo umuntu yakabayeho hanyuma bafata n’igihe abantu benshi bamara baryamye mu ijoro rimwe babishyira mu myaka bihwana n’iyi myaka 26.

Nyamara nubwo wakumva iyi myaka umuntu amara yiryamiye ari myinshi, kuryama no gusinzira neza ni ingenzi kuri buri muntu kuko bituma ubuzima bukora neza ndetse akiyongerera igihe cyo kubaho.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND