Usanga muri iki gihe abantu bakora umuziki bagerageza kuwuhuza n’umuco gakondo w’ibihugu byabo yaba mu miririmbire no mu myambarire.Tukaba twifuje kubagezaho indirimbo ziza imbere mu z’ibihe byose kugeza none muri Afurika zifitanye isano n'injyana ya Afrobeat.
Ariko iyo ubirebye neza ubona ko Afurika irimo kuzamukana imbaraga nyinshi ugereranije n’ibindi bice.
Ariko se niba ukurikirana wowe usanga indirimbo z’ibihe byose zaba izihe?.
Biragoye
kuzitondeka kuko injyana ari nyinshi, kandi n’abahanga bavuka buri munsi bakaba ari benshi ariko twagerageje kubegeranyiriza iziza imbere muri uyu mwaka
wa 2024 zihurizwaho na benshi.
Iyi yagiye hanze mu mwaka wa 1957, yakozwe n’umunyabigwi
mu muziki Miriam Makeba, injyana ikozemo n’uburyo ikora ku mutima, inyikirizo
bihuye n’ijwi ry’uyu munyabigwi, biyishyira mu ndirimbo zitajya zitakaza
uburyohe.
SweetMother-Prince Nico Mbarga
Mu 1976 ni bwo umunya-Nigeria yashyize hanze iyi
ndirimbo, igaruka ku budasa n’urukundo rwa Nyina w’umuntu. Ikaba yanditse mu
buryo bwihariye, ikagira n’injyana igera ku mutima.
CesPetits Riens-Angelique Kidjo
Uyu mugore uri muri bake muri Afurika begukanye Grammy,
mu 2002 ni bwo yashyize hanze umuzingo yise ‘Black Ivory Soul’ wariho
indirimbo zitandukanye, bigeze kuri ‘Ces Petits Rien’ biba ibindi, iyi ndirimbo
ikaba yaranditswe bwa mbere n’Umubiligi, Serge Gainsbourg.
Mu 1972 ni bwo yasohotse, iri mu zateje imbere ibirebana
no kubyina, ikaba yaranyuze benshi, ikaba ari imwe mu ndirimbo z’ibihe byose.
Mu 1987 ni bwo uyu munyabigwi yakoze indirimbo y’akataraboneka,
inyikirizo yayo ikagira uburyoshye bwihariye, ikagira injyana imeze neza, aho
yagiye yishimirwa cyane ku migabane ya Afurika n’u Burayi.
Ni umuhanga mu muziki, yakoranye na Uhuru mu 2013, iyi ndirimbo Khona yabaye ikimenyabose bishingiye ku buryo yari yanditse n’injyana
ikozemo.
Umuraperi K’naan yabaye ikirangirire ku Isi muri Afurika
maze indirimbo ‘Waving’ iza ibishimangira kubera ukuntu yabaye ikimenyabose.
Iyi ndirimbo yubatse ibigwi mu njyana ya Afrobeat,
byayigejeje mu bice bitandukanye by’Isi kuva yajya hanze mu mwaka wa 2020, aba bahanzi
bombi baje no kuyisubiranamo na Justin Bieber.
Mu mwaka wa 2004 ni bwo umunya Nigeria, 2Baba wahoze
yitwa 2 Face Idibia yasohoye indirimbo yabaye nk’ikirango cy’ibirori yibanda ku
bukwe.
Jerusalema-MasterKG na Nomcebo
Aba bahanzi bahaye umugisha abakunzi b’umuziki mu
ndirimbo yabo bashyize hanze mu mwaka wa 2019.
Iyi ikaba yarakunzwe cyane igenda inasubirwamo n’abantu
batandukanye.
Iyi ndirimbo yagiye hanze mu mwaka wa 2014, ikaba
yaritiriwe Imana ishobora byose.
">Mu mwaka wa 2013 , iyi ndirimbo ni bwo yagiye hanze maze, inkuru yayo n'uko yanditse bishimirwa cyane bijyana n’uburyo kandi iririmbitsemo.
Mu 1992, ni bwo yashyize hanze indirimbo igaruka ku
rukundo, ubwiza bw’ijwi ry’umuhanzi
bikaba byarakomeje kuba kimwe mu byatumye ikundwa.
Iyi ndirimbo ya Davido uburyo ikoze injyana n’amajwi yayo
byatumye ikomeza kuguma ku mitima ya benshi muri Afurika kuva yajya hanze.
Mu gihe gito iyi ndirimbo yari imaze kuba isereri mu Isi yose,
ikaba ari imwe mu zari zigize Album ya mbere y’uyu musore ukiri muto.
Kugeza ubu ibigwi bya Rema byamushyize mu bushorishori bw’umuziki
wa Afurika.Kuyisubiranamo na Selena Gomez nabyo
byarushijeho kuyongera uburyohe.
Mu 1996 ni bwo iyi ndirimbo yagiye hanze, iri mu z'ibihe
byose aho yaciye ibintu ihereye muri Afurika y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba.
Yagiye hanze mu mwaka wa 2004, ubuhanga mu muziki bw’aba
bahanzi bombi bwatumye iza ari igihangano gifite umwimerere maze inyeganyeza
Isi yose.
">Iyi ndirimbo yageze hanze mu mwaka wa 2016, inyikirizo yayo iri mu zatumye irushaho kunyura benshi bigendana n’ijwi ry’uyu musore naryo rikundwa na benshi.
Kuva yajya hanze mu mwaka wa 2019, yakomeje kwiharira
imbuga zicururizwaho umuziki n’izikoreshwa mu guhererekanya amakuru, byihariye kuri TikTok na Instagram.
Mu mwaka wa 2018 ni bwo yagiye hanze, maze uburyo ihurijemo
injyana zitandukanye zirimo Afrobeat, Reggae na Dancehall bituma irushaho
kwigarurira imitima ya benshi.
Iyi ndirimbo yo mu mwaka wa 2023, iri mu zitazigera
zibagira mu mateka y’umuziki nyafurika, bishingiye ku buryo ikozemo mu njyana
ya Afrobeat ariko ivanze na Pop na R&B.
NwaBaby (Ashawo Remix)-Flavour
Muri 2010 ni bwo iyi ndirimbo yagiye hanze, ikaba ifite
injyana yihariye bituma irushaho gukora ku mutima buri umwe uyumvise, cyane ko
yanagemuwe ku ndirimbo na yo y’ibigwi ‘Ashawo’.
Iyi ndirimbo iri muri nke zo muri Madagascar
zatigishije Isi kakahava.
OneNight-Mimi Mars na Kagwe Mungai
Mu 2021 ni bwo iyi ndirimbo ikoze mu njyana ya
Afro-pop yagiye ku isoko, iyi ikaba ari imwe mu ndirimbo zifite uburyohe bwihariye
mu zo mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Ni indirimbo ya Oxlade yasohotse itariki ya 10 Kamena
2022, yamamaye binyuze mu mashusho yayo ya ‘Live’, imaze kurebwa n’abarenga
Miliyoni 100, uyu muhanzi yaje kuyisubiranamo na Camila Cabello mu Kuboza
2022.
TANGA IGITECYEREZO