Umuhanzi Icyishaka Davis wamamaye nka Davis D yatangaje ko yakozwe ku mutima no kuba uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa Bralirwa binyuze mu kinyobwa cya Primus rwarabaye nyambere mu kumutera inkunga mu gitaramo yise “Shine Boy Fest” cyo kwizihiza imyaka 10 ishize ari mu muziki.
Ni cyo gitaramo gikomeye
uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Biryogo’ agiye gukora mu rwego rwo
gushimangira ibigwi yubatse biherekejwe n’ibikorwa binyuranye, n’uburyo
yagiye yaguka mu rugendo rwe rw’umuziki n’ibitaramo yagiye akorera mu bihugu
bitandukanye.
Ni igitaramo kizaba ku wa
30 Ugushyingo 2024 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka
Camp Kigali. Ku mpapuro zamamaza iki gitaramo, bigaragaza ko Umuterankunga
Mukuru w’iki gitaramo, ari uruganda rwa Bralirwa.
Kuri Davis D ni ibintu
bidasanzwe kuko ari ku nshuro ya Kabiri akoranye na Primus mu bitaramo bye.
Yabwiye InyaRwanda ko yakoranye bwa mbere na Bralirwa binyuze mu kinyobwa cya
Primus ubwo yahatanaga mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Stars mu 2017.
Ati “Ariko navuga ko ari
ubwa mbere nkoranye nabo nk’umuterankunga mu gitaramo cyanjye. Ndishimye cyane
rero kuko ni uruganda runini rukomeye nahoze nifuza ko twakorana mu buzima
bwanjye, ku bw’umugisha n’amahirwe rero, nkabije inzozi. Gukorana na Primus
rero ni ikintu nifuje cyane.”
Davis D asobanura Bralirwa nk’uruganda rwatumye izina rye rimenyekana binyuze mu bitaramo yateguraga byageraga mu Ntara zitandukanye z’u Rwanda.
Ati “Twakoranye mu bitaramo byazengurukaga igihugu. Urumva dufitanye ibihe byiza mu by’ukuri, rero ndishimiye cyane kuba ndi gukorana na Primus.”
Igitaramo
cye akigereranya n’icya Kanye West!
Uyu muhanzi yasobanuye ko mu myaka 10 ishize ari mu muziki, ari urugendo rwaranzwe n’ibyiza n’ibibi, ariko kandi kubera abafana bamushyigikiye kugeza n’uyu munsi, afite ishimwe ku mutima kuko banyuranye mu bikomeye.
Uyu muhanzi uherutse
gusohora indirimbo ‘Kimwe Zero’, yumvikanishije ko iki gitaramo cye kizandikwa
mu mateka kuko amaze imyaka icumi yose atekereza uko azashimira abakunzi be mu
buryo bwihariye.
Davis D yavuze ko iki
gitaramo akigereranya n’ibyo Kanye West yakoze mu bihe bitandukanye, kuko
yiteguye mu bijyanye n’imyambarire, uburyo amajwi yumvikana, ibishashi
bishimangira ibirori, uko azitwara ku rubyiniro n’ibindi ‘mbese ntabwo ari
igitaramo gisanzwe ahubwo ni nka filime’. Ati “Kubakunze uburyo ntegura
murabizi ibyo nshaka kuvuga.”
Davis D yatangaje
igitaramo cyo kwizihiza imyaka 10 ishize ari mu muziki yise ‘Shine Boy Fest’
Davis D yashimye bikomeye
uruganda rwa Bralirwa rwamuteye inkunga muri iki gitaramo
Davis D yavuze ko yaherukaga gukorana n’uruganda rwa Bralirwa mu bitaramo bya Guma Guma byo mu 2017
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘KIMWE ZERO’ YA DAVIS D
TANGA IGITECYEREZO