RFL
Kigali

Soloba yitabaje Gaheza muri filime ‘Human’ igaragaramo umubare munini w'abakobwa-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:6/09/2024 7:40
0


Soloba yongeye kuzirikana abakunzi be nyuma y'uko filime amaze gusohora zikomeje kugira igikundiro cyo hejuru nk’iyitwa ‘The Forest’ ifite igice cyarebwe inshuro Miliyoni kuri YouTube maze agarukana iyitwa ‘Human’ yitsa ku mpamvu umuntu ashobora guhemuka.



Soloba umukinnyi wa filime ubihuza no kuziyobora, kuzandika, kuzitunganya n’ibindi.

Yongeye kuzirikana abakunda ibyo akora abazanira inkuru ibaze mu buryo bwa filime  ikinnye mu Kinyarwanda n’Icyongereza.

Mu kiganiro na InyaRwanda yagize ati”Ni filime  igaruka ku muntu wisanga yahemutse adafite impamvu.”

Muri iyi filime  hakaba hagaragaramo ahanini abakobwa kuko aribo ahanini usanga bahemukiwe cyane.

Ati”Harimo abana benshi b’abakobwa bizezwa kuba bagiye guhabwa akazi bikarangira babeshywe.”

Uyu musore kandi avuga ko byinshi bikubiyemo muri iyi filime bizagenda bigaruka ku biba mu buzima bwa buri munsi.

Uko abantu bajya bagurisha abandi cyangwa ibice by’imibiri yabo.

Yitsa kandi ku buryo ubuzima bujya busharira abantu bakisanga bahemuka ku bw’amaramuko.

Iyi filime  yatunganyijwe inayoborwa na Soloba ubwe mu gihe kandi ku rundi ruhande yasobanuwe ku badakoresha Icyongereza na Gaheza.

KANDA HANO UREBE 'HUMAN' YASOBANUWE NA GAHEZA

">

Soloba akomeje gutera imbere mu ruganda rw'imyidagaduro cyane ishingiye kuri sinema Filime  nshya ya Soloba yasobanuwe na Gaheza igaruka ku nkuru y'ubuzima bushobora gutuma umuntu yisanga avuyemo umuhemu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND