Umunyamuziki Niyibikora Safi wamamaye nka Safi Madiba, yatangaje ko afite amashimwe ku Mana nyuma yo gutaramira Abanyamerika n’abandi mu gitaramo yahuje no kwizihiza Umunsi w’Umuganura aho yari kumwe n’abarimo Frank Joe na Bad Rama.
Safi wamamaye mu ndirimbo
nka ‘Kimwe Kimwe’, ‘Kontwari’, ‘Fame’, avuga ko ashingiye ku kuntu kiriya
gitaramo cyagenze, ari amashimwe kuri we kubera ko ibyo yafataga nk’ibintu
byoroshye yasanze bikomeye, ariko ko hamwe no kwitegura no gushyigikirwa n’Imana,
ibirori by’iki gitaramo byagenze neza.
Ati “Icya mbere ni
amashimwe, ndashima Imana, ndanishimye, kubera ko rimwe na rimwe tuba tuzi ngo
biroroshye, ariko ntabwo biba byoroshye […] Ni ubwa mbere ndirimbiye
abanyamerika, natumiwe mu gitaramo cy’Umuganura. Ndababwira nti reka dusangire Umuganura ariko ndanabataramira, byagenze neza rero cyane. Byari byiza cyane,
ndashimira Imana n’abantu bitabiriye Umuganura muri rusange.”
Iki gitaramo uyu muhanzi
yagikoze ku wa Gatandatu tariki 31 Kanama 2024, kibera mu Mujyi wa Seattle muri
Leta ya Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Yavuze ko yagihuje no
kwizihiza Umunsi w’Umuganura kubera ko ari ‘umunsi ukomeye ku gihugu cyacu’
kandi ‘natwe nk’abanyarwanda bari hano twagombaga kuwizihiza’.
Umuganura wabaye inkingi
ikomeye mu mibereho y’Abanyarwanda kuva mu myaka ya kera cyane kugeza ubu.
Akamaro n’agaciro byawo byatumye abasokuruza bagenda bawuhererekanya.
Uyu muhanzi asanzwe
abarizwa mu Mujyi wa Vancouver mu gihugu cya Canada. Mu rugendo rw’indege bisaba amasaha abiri kugira ngo abe agere mu Mujyi wa Seattle aho yakoreye
igitaramo.
Safi avuga ko yahereye
muri uriya mujyi ‘kubera ko ari ahantu twegeranye, kandi ijya kurisha ihera ku
rugo’.
Muri iki gitaramo, yari
kumwe na Frank Joe ndetse na Bad Rama wabaye umujyanama we binyuze muri The
Mane. Safi avuga ko yabaye inshuti ya Bad Rama nubwo imikoranire muri Label
itashobotse kuko ‘njye turaziranye imyaka myinshi’.
Ati “Ahubwo nishimiye
kumubona kuko nari mukumbuye. Ni inshuti yanjye. Twakoze ‘Business’ ariko
ntabwo byaciyemo, gusa mu buzima busanzwe ni inshuti yanjye rwose. Nari
mukumbuye rwose, nishimiye kumubona.”
Safi Madiba avuga ko mu
biganiro yagiranye na Bad Rama, yanamubwiye ko ari kwitegura umukino w’Iteramakofe
na Shakibu, usanzwe ari umukunzi we Zari.
Avuga ko yamwemereye
kuzamuririmba ubwo azaba ari muri uyu murwano. Ati “Akunda iriya mikino y’Iteramakofe,
namwemereye no kuzamuririmbira muri uriya mukino rwose, kuko ni umuvandimwe
wanjye.”
Safi Madiba yatangaje ko
akomeje urugendo rw’ibitaramo bye nyuma yo gutaramira mu Mujyi wa Washington
Safi Madiba yavuze ko ari amashimwe akomeye kuba yataramiye bwa mbere Abanyamerika- Aha ari kumwe na Bad Rama
Safi Madiba avuga ko
yahuje iki gitaramo no kwizihiza Umuganura kubera ko ari umunsi ukomeye ku
gihugu
Safi Madiba ari kumwe na Bad Rama ndetse na Frank Joe muri iki gitaramo cyabereye mu Mujyi wa Washington
Safi Madiba ari kumwe n'inshutize mbere na nyuma y'iki gitaramo
Safi Madiba yongeye guhuzwa urugwiro na Bad Rama wabaye umujyanam we muri The Mane
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'VALENTINA' YA SAFI MADIBA
">
TANGA IGITECYEREZO