Ibirori by'iserukiramuco "Oldies Music Festival" byaraye bibaye ku nshuro ya kane byahuruje imbaga y’abakunzi b’umuziki wo hambere bahuriye kuri Juru Park kuri uyu wa 27 Nyakanga 2024 bakaraga umubyimba biyibutsa ubusore n’ubukumi bwabo.
Ni ibirori byihariye ku muziki,
imbyino n’imyambarire ya kera nko mu myaka ya za 70, 80, 90 n'imyaka 20 ishize.
Byumvikanisha neza ko abato bashobora kutisanga aha hantu.
Ni ibirori byitabiriwe n’abarimo
Cyusa Ibrahim, David Bayingana, Fuadi Uwihanganye, Clement Ishimwe, DJ Pius n’abandi.
Umuziki gakondo wabyinwe karahava
Ubwo amasaha yari ageze Saa Yine
n’Igice z’ijoro, DJ RY wishimiwe bikomeye yahaye umwanya DJ King Regis (Regis
Isheja) yanzika mu ndirimbo z’itsinda West Life ubwo abakundana bafatiraho
baterana imitoma karahava.
Nyuma y’umwanya muto, ibintu
byahinduye isura, abitabiriye bava mu byabo nyuma yo kumva indirimbo zicuranzwe
ziri mu njyana gakondo.
Ni indirimbo zabimburiwe na “Amarebe
n'Imena”, “Ubumanzi” ya Cecile Kayirebwa, “Nyaruguru” ya Massamba Intore,
“Intare batinya” ya Kamaliza, n’izindi.
Ni indirimbo zabyinwe bikomeye
wabonaga ko buri wese agerageza kubyina uko ashoboye abyina bya Kinyarwanda.
Ubwitabire bwari hejuru
Ubwtabire bwari ku rwego rwo hejuru dore
ko 'Parking' ya Juru Park yabaye ubusa bamwe bajyana imodoka zabo hanze zigera
kuri Canal Olempia Rebero.
Bitewe n’umubare wari hejuru, ibyo
kunywa byageze aho bitangira kuba bike, icyakora hahise hazanwa ibindi hato ngo hatagira utahana icyaka.
DJ Toxxky
Nubwo igitaramo cyitabiriwe ku rwego
rwo hejuru, DJ Toxxky wagombaga gususurutsa ibi birori byarinze birangira ntawe
umuciye iryera.
Ibi byatumye DJ RY wanyuze imitima
y’abitabiriye iki gitaramo asubira ku rubyiniro yongera gutanga ibyishimo ku bakunzi
b’indirimbo zo hambere.
Kugeza ubu ntiharamenyekana icyatumye
uyu mucuranzi atagaragara muri ibi birori byarangiye ku isaha ya Saa Sita
n’Igice z’ijoro.
Hatanzwe Laptop ku wambaye neza
Nk'uko bisanzwe buri mwaka abategura ibi birori batanga impano ku muntu warimbye kurusha abandi.
Uyu mwaka hari
hateguwe igihembo cya mudasobwa nshya ya HP yatanzwe na Golden K Technolgy.
Iki ni igihembo cyegukanwe n’Umunyamakuru wa B&B Kigali FM, Fuadi Uwihanganye ndetse na Kabakunda Ntaruhanga wahize abandi mu bagore.
Umuziki wa Gakondo wo mu bihe byashize wafashije benshi kongera gusabana
Constantin ari kumwe n'abarimo David Bayingana bagiriye ibihe byiza muri iri serukiramuco ryahujwe no kwizihiza imyaka 30 ishize
Uwase Constantin yizihije isabukuru y'amavuko mu buryo bwihariye, yitabira 'Oldies Festival' yitwaje 'Radio' yabiciye bigacika mu bihe byo ha mbere
Umunyamakuru Fuadi Uwihanganye wegukanye igikombe cy'umugabo wahize abandi muri 'Oldies Festival'
Umunyamakuru wa B&B Kigali FM, David Bayingana ni uku yaserutse muri ibi birori byihariye
Buri wese yari yagerageje gushaka umwambaro wo hambere kugirango ajyanishe n'ibisabwa muri ibi birori
Dj Toxxyk wari witezwe gucuranga muri ibi birori ntiyabigaragayemo
Dj Ry yavanze umuziki, abantu barizihirwa
TANGA IGITECYEREZO