FPR
RFL
Kigali

Burna Boy yakuyeho agahigo kadasanzwe kari gafitwe na Wizkid mu Bwongereza

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:1/07/2024 9:10
0


Damini Ebunoluwa Ogulu [Burna Boy] yamaze kwinjira ku mubare w’abahanzi bake babashije kurenza Miliyari y'abumvise ibihangano byabo baherereye mu Bwongereza honyine.



Igihugu cy’u Bwongereza kiri mu biteye imbere mu bikorwa by’imyidagaduro aho haturuka abahanzi bakomeye bakomeza kunyeganyeza inshundura zayo.

Ibi byumvikanisha ko kuba umunyamahanga yahagwiza isoko ari ikintu kigoye nyamara ari muri iyi minsi Burna Boy akomeje kwerekana ko yahagwije abakunzi.

Nyuma y'uko mu mpera z’icyumweru gishize yongeye kuhandikira amateka ahakorera igitaramo cyabereye muri Stade ya London kigakubita kikuzura aho ababarirwa mu bihumbi 80 aribo bacyitabiriye.

Ubu yamaze kuzuza umubare w'abumvise ibihangano bye muri iki gihugu bagera kuri Miliyari, kakaba ari agahigo katoroshye kugeraho binyuze ku mbuga zicururizwaho umuziki nka Spotify, Apple Music na YouTube.

Abantu bakurikirana indirimbo z’umuntu byibuze bakagenda bazikina amasegonda atari munsi ya 30 kuko aribwo bibarwa ko iyo ndirimbo yumviswe [1 stream] bikagera mu nshuro Miliyari.

Mu busanzwe aka gahigo mu Bwongereza kari gafitwe n’umuhanzi umwe rukumbi Wizkid.

Burna Boy kandi mu 2022 Album ye ‘Love, Damini’ yabashije guca agahigo aho yarazamutse ku rutonde rw’izindi zose kuri UK Chart igera ku mwanya wa 6, ikaba ariyo  Album y'Umunyafurika yabashije kugera kure hashoboka kuri uru rutonde.Burna Boy akomeje kongera uduhigo ku tundi mu bice bitandukanye by'IsiWizkid ni we muhanzi wenyine wari warabashije kugeza abamwumvise mu Bwongereza basaga Miliyari

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND