Umuhanzikazi Juru Ornella wigeze kugerageza guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2019, ari ku rutonde rw’abakobwa 57 bari guhatanira kuvamo 10 bazerekeza mu Mujyi wa Dubai mu Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu irushanwa rya Miss Black Festival.
Ni ubwa mbere iri rushanwa ribaye. Ibice bya mbere byabaye
hifashishijwe ikoranabuhanga, kandi ryiyandikishijemo abakobwa barenga 400 bo
mu bihugu bitandukanye byo ku Isi.
Rigamije guteza imbere umukobwa w’umwirabura, aho bazahemba
umushinga mwiza wahize indi. Umukobwa wa mbere azahembwa amadorali ibihumbi
15$, uwa kabiri n’uwa Gatatu bazahembwa ibihumbi 5$.
Uko ari 57 bamaze iminsi bahatanye mu matora yo kuri Internet
binyuze ku rubuga rw’iri rushanwa www.Missblackwordfestival.org.
Juru Ornella uzwi mu ndirimbo zirimo nka ‘Yoga’ yabwiye
InyaRwanda, ko kwiyemeza guhatana muri iri rushanwa byaturutse mu kuba hari
andi amarushanwa y’ubwiza yagiye ahatanamo ariko ntabashe gukomeza mu bindi
byiciro.
Yavuze ko yagerageje guhatana muri Miss Rwanda 2019 azitirwa n’uburebure. Nyuma yo kubona ko muri Miss Black Festival nta burebure basaba yiyemeje guhatana.
Ati “Nahereye cyera nitabira amarushanwa y’ubwiza, rero
numvaga nshaka kugerageza no muri Miss Black Festival kuko nizera ko nabikora
nkagera kure.”
Juru Ornella yavuze ko kuba asanzwe ari umuhanzikazi mu
muziki bitamubuza kugerageza amahirwe mu marushanwa nk’aya, kandi aramutse
atsinze byamufasha gushyira mu bikorwa umuziki we ndetse n’umushinga ashaka
kuzakoraho.
Akomeza ati “Sinava mu muziki ahubwo byafungura indi miryango kuri njye, kuko ni amahirwe naba ngize, kuko maze igihe ibikorwa byanjye byarahagaze.”
Muri iri rushanwa yatanze umushinga ujyanye no kwita ku
buzima bwo mu mutwe, kuko ari ibintu byigeze kumubaho. Ati “Natanze umushinga
wo kwita ku bantu barwana isaha ku isaha n’ubuzima bwo mu mutwe (Mental Health)
kuko nigeze guhura n’ikibazo nk’icyo, rero uvuga ushingiye ku byo wanyuzemo.”
Yavuze ko gutsindira Miss Black Festival bizamufasha
ubukangurambaga bwe mu kugerageza guhindura imyimvire ya sosiyete, cyane cyane
asaba imiryango kuganiriza abakiri bato kuko ‘dufite ikibazo cy’indwara z’ubuzima
bwo mu mutwe cyugarije benshi ahanini bitewe n’imbuga nkoranyambaga bikagira
ingaruka ku buzima bwacu.’
Ariko kandi arashaka no gushyiraho ibigo cyangwa se Club zijyanye
n’imyidagaduro, akajya ahuriza hamwe urubyiruko mu bikorwa mu rwego rwo
kubashakira imirimo no kubafasha kubaho batigunze.
Kugeza ubu umukobwa witwa Lisa Teta Cyuzuzo niwe uri imbere
mu majwi aho agejeje amajwi 4303, akurikiwe na Evassy Cyomugisha ufite amajwi
3619, Mariam Uwase ufite amajwi 3377, Ange Rebecca ufite amajwi 3301 ndetse na
Ella Darlene Byano uri ku mwanya wa Gatanu n’amajwi 3125.
Umukobwa wa nyuma ubwo ni ukuvuga uwa 37 yitwa Gloria Baraka
afite amajwi 2, ni mu gihe kuva kuri uriya mwanya kugeza mu icumbi bari ku
mpuzandengo y’amajwi ari hagati 2000 ndetse na 1000.
KANDA HANO UBASHE GUTORA UMUKOBWA USHYIGIKIYE MURI IRI RUSHANWA
Ornella Juru yatangaje ko yiyemeje guhatana muri Miss Black
Festival nyuma yo kubona ko umushinga we ushobora kuzatsinda
Juru yavuze ko muri 2019 yahatanye muri Miss Rwanda azitirwa
n’uburebure
Juru yagaragaje ko yahuye n’ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe
biri mu mpamvu zatumye umushinga we awubakira kuri iyi ngingo
Juru amaze gushyira hanze indirimbo zirimo nka ‘One More’, ‘Pango’ n’izindi zinyuranye
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'ONE MORE' YA JURU
TANGA IGITECYEREZO