FPR
RFL
Kigali

Kenya yisubiyeho ku itegeko ryari ryateje impagarara

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:27/06/2024 9:33
0


Hashize iminsi mu gihugu cya Kenya humvikana imyigaragambyo yari ishyigikiwe na bamwe mu byamamare byaho, yamagana itegeko rigamije gushyiraho imisoro mishya ku bicuruzwa bimwe na bimwe.



Nyuma y’iminsi bigaragara ko iri tegeko ryateje impagarara n’imyigarambyo ikomeye muri Kenya, Perezida w’iki gihugu, William Ruto yisubiyeho avuga ko abaturage bagaragaje neza ko badashyigikiye gahunda yo gushyiraho imisoro mishya no kongera iyari isanzweho.

Perezida William Ruto yisubiyeho nyuma y’umunsi umwe gusa abaturage bagera kuri 23 biciwe mu myigaragambyo karundura yasize inakongeje igice k’Ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu.

Mu ijambo rye, yatangaje ko iri tegeko babaye barihagaritse, atangaza ko hagiye gufatwa ingamba zo kugabanya amafaranga akoreshwa na leta mu bikorwa bitandukanye.

Nyuma y’uko mu gihugu habaye imidugararo, amaraso menshi akameneka, Perezida Ruto wa Kenya yavuze ko ibyabaye byahungabanije amahoro y’igihugu, atangaza ko bagiye gukora ibishoboka byose ibyabaye ntibizongere kubaho ukundi.

Abahanzi bo muri Kenya barimo, Bien Aime, Otile Brown, Bahati , Khaligraph Jones, n’abandi ni bamwe mu bari kwigaragambya bamagana Itegeko rishya rigenga imari by’umwihariko ingingo yaryo yongera igipimo cy’imisoro.

Iyi myigaragambyo yateguwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga yatangiye tariki ya 18 Kamena, ubwo guverinoma yateganyaga kugeza uyu mushinga mu Nteko Ishinga Amategeko abaturage babyamaganiye kure bavuga ko ibi byazamura ikiguzi cy’ubuzima bwabo kandi basanzwe bagowe n’imibereho.

Perezida Ruto watowe mu 2022 agasezeranya abaturage kugabanya ruswa, guteza imbere ubukungu bwari burimo kujya habi no gufasha abakene, ubu yugarijwe n'ubwigomeke butari bwarigeze bubaho mbere bwo kwamagana umushinga w'itegeko rye avuga ko ari igice cy'ingenzi cyane cya gahunda ye yo kubaka igihugu.


Perezida William Ruto yisubiyeho ku itegeko ryasize benshi bamennye amaraso muri Kenya





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND