FPR
RFL
Kigali

Zirakongerera ukwizera! Filime 10 zishingiye ku iyobokamana ushobora kureba muri iyi mpeshyi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:26/06/2024 11:45
0


Mu gihe twinjira mu bihe by’impeshyi, hari filime amagana ziri kujya hanze ariko n’abakristo nabo batekerejweho kuko harimo nyinshi ziri gusohoka zishobora kuzamura kwizera kwabo ndetse zikabafasha kurushaho kwaguka mu buryo bw’umwuka.



Nubwo usanga mu gihe cy’impeshyi abakunda umuziki w’Isi na filime zisanzwe aribo baba batekerejweho cyane, burya n’abakristo hari filime nyinshi ziba zibagenewe kandi bashobora gukuramo amasomo menshi atunga ubugingo bwabo.

Muri filime nyinshi zishingiye ku iyobokamana ziri gusohoka muri uyu mwaka, InyaRwanda yaguhitiyemo 10 zishobora kuzamura kwizera kwawe muri iyi mpeshyi:

1.     Forty-Seven Days with Jesus 


Iyi filime imara isaha imwe n’iminota 35, igaragaza ukuntu umuryango wari waratatanye wongera guhura ukagira ibyiringiro binyuze mu kumva inkuru y’iminsi 47 ya Yesu Kristo ku Isi. Igaragaramo abakinnyi b’ibyamamare nka Yoshi Barrigas, Catherine Lidstone, Cameron Arnertt, Norma Maldonado n’abandi. Igaragaza ubuzima bwa Yesu ku Isi, ikaba yibutsa abantu kubaho ubuzima nk’ubwe mu mibereho yabo ya buri munsi.

2.     Sound of Hope: The Story of Possum Trot


Ivuga amateka y’Itorero rya Texas ryashakaga gukemura ikibazo kijyanye no kurera abana bo muri ako gace. Reverend Martin n'umugore we bafasha abakristo bo mu itorero ryabo kubona ko bakeneye gukunda abana muri gahunda yo kurera, bigatuma abaturage biyemeza gufata abana 77.

Muri iyi filime hagaragaramo ibyamamare nka Demtrius Grosse, Nika King na Elizabeth Mitchell wegukanye igihembo cya Emmy. Letitia Wright wamenyekanye muri “Black Panther”, “Black Panther: Wakanda Forever,” na “Avengers Infinity War” ni we watunganyije iyi filime.

3.     His Only Son


Ni filime ikubiyemo inkuru y'urugendo rwa Aburahamu (Nicolas Mouwed) ubwo yajyaga gutamba umuhungu we w'ikinege Isaka, nk'igitambo ku Mana (Daniel da Silva). Muri iyo filime, Imana igerageza kwizera kwa Aburahamu ikamutegeka kujya i Moriah, aho agomba gutamba Isaka (Edaan Moskowitz) nk'igitambo cyoswa. Iyi filime yakozwe n’abanyamerika, yatunganijwe na David Helling. 

4.     Jesus Revolution


Iyi filime ibara inkuru y’umuvugabutumwa witwa Greg Laurie wagendaga abwiriza mu nzira, umunsi umwe akaza guhura n’umwigisha w’ijambo ry’Imana akaba n’umupasiteri ni uko akamufasha gufungura imiryango y’itorero ku rubyiruko rw’inzererezi. ‘Jesus Revolution’ igaragaza abantu ba nyabo n’ibintu byabayeho mu mateka y’Amerika.

5.     Blue Miracle


Blue Miracle ishingiye ku muryango ufasha imfubyi, ikubiyemo ubutumwa bw’inkomezi bushishikariza abantu gukomeza guharanira guhangana n’ibibazo. Iyi filime yibutsa abantu ko Imana ihari ngo ibafashe mu gihe barwana, nubwo amasengesho yabo atasubizwa ako kanya cyangwa ngo asubizwe mu buryo bugaragara.

6.     Facing The Giants


Muri iyi filime, Grant Taylor, umutoza w’umupira w’amaguru w’umukristo wiga mu mashuri yisumbuye (Alex Kendrick), yakira amakuru mabi cyane. Usibye ibibazo by’ubugumba bwe n’umugore we (Shannen Fields), Taylor ahura n’ababyeyi baho bahatira ishuri kumusimbuza kubera ko ikipe ye, Shiloh Eagles itigeze itsinda mu myaka itandatu amaze ayitoza.

Nyuma, Grant agerageza gukangurira ikipe ye gukoresha kwizera, gutsinda ubwoba no gutsinda amakipe. Ubutumwa rusange bukubiye muri iyi filime, ni uko nta kidashoboka hamwe n’Imana kandi ikora ibitangaza mu kwizera.

7.     The Chosen


The Chosen ni filime ivuga kuri Yesu Kristo; kuvuga kwe, ubuzima bwe n’urupfu rwe nk’uko bigaragara mu bitabo by’Ubutumwa Bwiza muri Bibiliya, ikaba ihuza ibya kera n’iby’ubu. Igaragaramo kandi uko Kristo yatoranyije intumwa ze bagendanaga umunsi ku munsi.

8.     The Blind


Icyamamare Phil Robertson ajya mu rukundo agashinga urugo, ariko abadayimoni be bidatinze batangira kumutegeka gucamo ibice abantu bose. Ubwo aba ahanganye no kwikuraho igisebo yashyizweho n’amateka ye, aza gukizwa. Mu buryo bw’umwuka, iyi filime yibanda ku gitekerezo cyo gucungurwa no kubabarirwa.

9.     Left Behind


Iyi filime ivuga ku nkuru y’iherezo ry’Isi mu gihe cy’imyaka irindwi. Abizera nyabo muri Yesu Kristo barazamuwe bajyanwa mu ijuru ako kanya, basiga abatizera ku Isi, ubundi Isi irasenyuka isigaramo akajagari. Ikinamo ibyamamare nka Nicolas Cage, Chad Michael, Cassi Thomson, Nicky Whelan n’abandi.

10. Ordinary Angels


Iyi filime ikunze gukora ku marangamutima ya benshi, ni filime ishingiye ku nkuru mpamo ivuga umukobwa watunganyaga imisatsi akaza guhura n’umugabo wapfushije umugore ufite umwana urwaye cyane utegereje uwamuha umwijima. Uyu mukobwa aza kwitanga cyane agafasha uyu mwana kubona umwijima, bikarangira arokoye ubuzima bwe. Iyi filime ikubiyemo ubutumwa bwo kongera kwizera Imana.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND