RURA
Kigali

Gaby Kamanzi na Apôtre Apollinaire Habonimana bashyigikiye Fabrice&Maya bamuritse Album ya 7- AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:3/06/2024 17:17
0


Fabrice Nzeyimana n’umugore we Maya Nzeyimana bakoze igitaramo gikomeye bamurikiyemo Album y’abo bise “Transformation” bashyigikiwe n’amagana y’abantu barimo Apôtre Apollinaire Habonimana wabinjije mu muziki na Gaby Kamanzi wamenye Fabrice bahuriye mu Burundi akabatahira n’ubukwe ari mu bakobwa baherekeje umugeni.



Ni mu gitaramo gikomeye bakoze mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 2 Kamena 2024 mu rusengero rwa CLA Nyarutarama (ahazwi nk’urusengero rw’Abanyamerika). Ni kimwe mu bitaramo byari bimaze igihe kinini byamamazwa, ahanini binyuze mu kuba aba bahanzi baramamaye cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Iyi Album bamurikiye abakunzi babo ntisanzwe mu rugendo rwabo rw’umuziki. Kuko bayikoze mu gihe cy’amezi atatu gusa, kandi bavuga ko bayishoyemo amafaranga menshi, ahanini bitewe n’uko bashakaga gukora ibintu biri ku rwego rwiza.

Nta mashusho yari yemewe gufatwa ahanini bitewe n’uko bahuje iki gikorwa cyo kumurika Album no gufatira amashusho indirimbo ziriho ibizwi nka "Live Recording".

Bayimuritse, ariko bamaze iminsi bayishyize ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki nka Spotify. Kandi, bari bashyigikiwe n’abantu bo mu bihugu birimo nko mu Burundi, aho aba bahanzi basanzwe babarizwa, abo muri Uganda, Kenya no mu bindi bihugu.

Ku rubyiniro bifashishije abaririmbyi bo mu itsinda rya Heavenly Melodies rigizwe n’urubyiruko gusa. Harimo nk’abana batatu bavukana barimo ucuranga gitari Basse w’imyaka 13, ucuranga Piano ndetse n’ucuranga Piano- bose ni abo mu muryango umwe.

Iri tsinda rya Heavenly Melodies rinafite amashami atandukanye mu Burundi. Iyi Album ya Karindwi igiye ku isoko, mu gihe aba bahanzi basanzwe bafite izindi Album zirimo nka ‘Icyo nipfuza’ basohoye mu 2005, ‘Umwizigirwa’ basohoye mu 2009, ‘Ibihe’ yo mu 2011, ‘Mu Buntu’ yo mu 2013, ‘Overflow’ yo mu 2015 ndetse na ‘Overflow’ yo mu 2019.

Nyuma y’iki gitaramo, Fabrice yabwiye InyaRwanda, ko Imana yigaragaje mu rugendo bari bamaze bategura iki gitaramo kugeza ku munsi wacyo. Yavuze ko mu byabanyuze muri iki gitaramo, ari uko baririmbye kugeza ubwo hari abantu bakiriye agakiza, batangira urugendo rwo kumenya Kristo birushijeho.

Ati “[...] Twabonye Imana mu buryo butandukanye, mu buryo budasanzwe, haba mu ndirimbo zagiye ziririmbwa, na cyane cyane kuri bariya bantu bakiriye agakiza, hari abari barasubiye inyuma, ariko kandi n’abandi bakiriye Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza.”

“Kuri twebwe bariya bantu n’impamvu nyamukuru y’iki gitaramo twakoze. Kuko Album yacu ‘Transformation’ ni ugusaba abantu ko bahinduka, bagakurikira Kristo mu buzima bwabo, bariya bantu umuntu tuzabasanga mu ijuru, tukabona bicaye bashima Imana, kuri twebwe ni wo munezero kuri twebwe, hanyuma abazanogerwa n’izi ndirimbo ku mbuga zitandukanye, tuzanezerwa.”

Ni Album idasanzwe!

Uyu mugabo yavuze ko n’ubwo bageze kuri Album bitavuze ko bafashe feri mu rugendo rwo gukora ibihangano bisingiza Imana, kuko mu bikorwa by’Imana nta gihe kigera ukabihagarika, ahubwo ukomeza kubinoza no kubivugurura kugirango bigere kuri benshi.

Yavuze ko kumurika Album ‘bisa n’aho ariyo ntangiriro yacu mu muziki’. Ati “Mbese ibyo dukora mu muziki ndizera y’uko Imana yari yabitubwiye ko igihe kubishyira ku rundi rwego.”

Maya yunganiye umugabo we, avuga ko iyi Album iriho indirimbo zivuga ku butumwa bwiza bwa Yesu Kristo ‘n’igikorwa yakoze ku buzima bwacu’. 

Ati “Ni ubutumwa bwiza bwa Kristu, kuko ubutumwa bwe nibwo bwo bwonyine bushobora guhindura ubuzima, yaba twebwe ku giti cyacu, imiryango yacu, ibihugu byacu, twebwe tuzanye ubutumwa bwiza buvuga ngo Yesu Kristo ashoboye guhindura abantu, icyo dushaka gushyira hejuru no gushyira imbere ni ubutumwa bwiza. Indirimbo zose ziravuga kuri icyo kintu.”

Uyu mugore waragaragaje imbaraga zidasanzwe muri iki gitaramo ubwo yaririmbaga indirimbo zirimo nka ‘Zuru’, yavuze ko iyi Album iherekejwe no kubwira abantu ko Kristo akora, ko nta muntu ukwiye gucika intege muri ubu buzima kuko ‘Imana yacu niwo muntu wa kane mu buzima bwacu’.

Yavuze ko hari abanyura mu bihe bikomeye, bagacika intege, ugasanga baretse Imana, ariko iyi Album ‘irabibutsa ko Imana ni wa muntu wa kane, twakijijwe n’ubuntu bwayo, kandi tuzabeshwaho nayo, ni ubwo butumwa nyamukuru muri rusange’.

Fabrice avuga ko mu kwandika iyi ndirimbo yafatanyije n’umugore we, kandi kuri Album hariho n’indirimbo zahimbwe n’urubyiruko rubarizwa muri Heavenly Melodies. Ni ibintu avuga ko bigaragaza ishyirwa mu bikorwa ry’intego bihaye yo gufasha abakiri bato biyumvamo impano, kuzigaragaza.

Appolinaire ni umubyeyi!

Mu buhamya yatanze, Apôtre Apollinaire Habonimana yagaragaje ko yabanye igihe kinini na Fabrice na Maya, ku buryo n’intangiriro y’abo mu muziki bayibuka.

Yavuze ko hari igihe yigeze kujya gusura Fabrice akorera muri ‘studio iciriritse’ ariko ko hamwe no kwizera Imana, no gushyira imbaraga mu ivugabutumwa ryagutse, byatumye muri iki gihe we n’umugore we bari mu bahanzi bakomeye.

Fabrice yabwiye InyaRwanda ko Apôtre Apollinaire Habonimana ari umubyeyi we, biri no mu mpamvu ibikorwa byose yakoze ‘naramutumiye araboneka’.

Ati “Ni umubyeyi! Birangora kumusobanura neza, ariko kandi ni umwigisha wanjye, umuyobozi wanjye, ni umuntu wamfashe ukuboko kuva nkitangira, twakoranye ibikorwa byinshi turi kumwe, ndetse nawe ubwe nta munsi yigeze akora ibikorwa ngo mbure kutamushyigikira.”

Apôtre Apollinaire Habonimana asanzwe afite ibikorwa byagutse birimo nka ‘Burundi Himbaza’ atumiramo abanyamuziki bo mu bihugu bitandukanye. Mu rugendo rwo gushyigikira Fabrice, Habonimana yaje i Kigali ari kumwe n’umugore we.

Fabrice Nzeyimana n’umugore we Maya Nzeyimana bamamye cyane mu ndirimbo nka ‘Muremyi w’Isi’. Bombi ni abakirisitu mu rusengero rwa CLA (Christian Life Assembly) i Nyarutarama ari naho bakoreye igitaramo.

Bavuka mu Burundi ariko bakaba bakorera umuziki wabo mu Rwanda. Muri iki gitaramo bakoze, bafashe umwanya wo gusengera igihugu cyabo ndetse n’u Rwanda rwabakiriye.   

Album bashyize ku isoko iriho indirimbo 16 zirimo 'Reka Ndamuririmbe', 'Sia na Shangwe', 'Emmanuel', 'Nje gushima', 'Jina Lenye Nguvu', 'Elohim', 'Christ Our King (We Trust you)';

'Ganza', 'Yeye Peke', 'Zura', 'Ivyizigiro', 'Mwami w'ubuntu', 'Umuntu wa Kane', 'Ndagukunda' ndetse na 'Umwami wanje'. Indirimbo zabo ziri hagati y'iminota 3 ndetse n'iminota 7'. 

KANDA HANO WUMVE ALBUM 'TRANSFORMATION' YA FABRICE NA MAYA


Iki gitaramo cyaranzwe n'ibihe byo kuramya no guhimbaza Imana, ubwo Fabrice na Maya bamurikaga Album yabo ya karindwi bise 'Transformation'


Umubyeyi wa Berinda yashimiwe umwanya yahaye umwana we akagaragaza impano ye

Belinda Teta [Ubanza ibumoso] uyobora 'Heavenly Melodies' ishami ryo mu Rwanda, yasanganiwe n'umubyeyi we ku rubyiniro aramushimira


Muri iki gitaramo, Fabrice na Maya bafashe igihe cyo gusengera u Burundi n'u Rwanda 


Gaby Kamanzi yatangaje ko yanyuzwe no gutaramana na Fabrice na Maya, itsinda yamenye bahuriye mu gihugu cy'u Burundi

Mu mwaka wa 2011 nibwo Fabrice yahuye na Maya biyemeza gufatanya mu rugendo rw’umuziki w’indirimbo zihimbaza Imana binyuze muri ‘Heavenly Melodies’


Maya yatangaje ko bateguye iyi Album bayuzuzaho ibihangano bihamagarira buri wese kwiringira Yesu Kristo


Fabrice yatangaje ko Imana yabanye n'abo kuva batangira urugendo rwo gukora iyi Album kugeza ku gitaramo cyo kuyimurika

Bella Ndikumana, Umuyobozi wa 'Heavenly Melody', ishami ryo mu Burundi ari mu baririmbye muri iki gitaramo cya Fabrice na Maya



Abaramyi barimo Nduwimana David ndetse na Fabrice bari mu bitabiriye iki gitarmao

Habonimana yasabiye umugisha u Rwanda n'u Burundi

Apotre Habonimana yatangaje ko yamenye Fabrice na Maya bakiri kwishakisha mu muziki, yishimira intambwe bamaze gutera muri iki gihe


Jeannette, umugore w'umuhanzi Apotre Habonimana yamufashije kuririmba nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe nka 'Igituma Ndirimba'

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MUREMYI W'ISI' YA FABRICE NA MAYA YAMAMAYE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND