RFL
Kigali

Prosper Nkomezi agiye kubisikana na Israel Mbonyi mu bitaramo muri Uganda

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:30/05/2024 11:10
0


Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi yatangaje ko agiye gukorera igitaramo cya kabiri mu gihugu cya Uganda, nyuma y’uko ku wa 11 Kanama 2023 ataramiye Abakristu bari bamaze igihe bamutegereje nyuma y’igihe kinini.



Prosper Nkomezi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Ibasha’, yabwiye InyaRwanda ko yongeye gutumirwa muri Uganda, ahanini biturutse ku busabe bw’abakunzi b’ibihangano bye babarizwa muri Uganda n’abandi bakunda umuziki w’indirimbo ziha ikuzo Imana.

Ati “Ni ku busabe bw’abakunzi bacu bagiye babidusaba kuva cyera ariko ntibikunde kubera izindi gahunda ariko kuri iyi nshuro byakunze ko tujya kubataramira. Ni igitaramo, kigamije kunanura ijuru ku Isi, binyuze mu kuramya no guhimbaza Imana bizabera muri kiriya gihugu.”

Kuri iyi nshuro azataramira mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, ku wa 7 Nyakanga 2024, ni mu gihe mu 2023 yataramiye mu Mujyi wa Mbarara kuri Hotel yitwa Las Vegas.

Prosper avuga ko abanya-Uganda bakunda ibihangano bye ku buryo bigaragara buri wese, ndetse mu gitaramo cye yakoze ku wa 12 Gicurasi 2024 muri Camp Kigali, abanya-Uganda bari mu bitabiriye iki gitaramo.

Ati “Abanya-Uganda banyeretse urukundo rudasanzwe, abitabiriye igitaramo nakoze ku wa namurikiyemo Album ebyiri zanjye ‘Nyigisha’ ndetse ‘Nzakingura’ babonye uburyo hari abanya-Uganda benshi, ndetse bamwe muri bo bari bitwaje amadarapo y’igihugu cyabo. Rero, kuri iyi nshuro ngiye kubasanga iwabo mbataramire.”

Agiye gutaramira muri kiriya gihugu, abimburira Israel Mbonyi uzahakorera ibitaramo bibiri, ku wa 23 na 25 Kanama 2024 i Mbarara.

Prosper Nkomezi afite album ziriho indirimbo ziryoshye. Kandi kuva akiri muto yagaragaje inyota yo gukorera Imana binyuze mu ndirimbo ziyihimbaza.

Yigeze kuvuga ko gukunda umuziki no kuwitangira, ari bimwe mu bimenyetso byamwerekaga ko igihe kizagera agahimbaza Imana.

Uyu musore wavutse mu 1995, avuga ko yigeze kumena ijerekani ashyiramo Radio kugirango ajye abasha kumva neza umuziki udunda. Ngo byari ibimenyetso by’urukundo rw’umuziki rwashibutse muri we.

Nkomezi yakuriye mu muryango w’Abakristo, kandi igihe kinini cy’ubuto bwe yakimaze yiga gucuranga Piano.

Yaririmbye muri Korali yo muri ADEPR mbere y’uko yerekeza muri Zion Temple. Avuga ko umwaka wa 2014, udasanzwe mu buzima bwe, kuko ari bwo Nyirarume yamwemereye kumufasha agatangira umuziki nk’umuhanzi wigenga.

Nkomezi yigeze kubwira TNT ati ‘Nari mfite Marume wacurangaga Piano. Yangiriye inama yo gutangira umuziki nk’umuhanzi. Yambonye ndirimba, aranshima, iyo n’iyo yabaye intangiriro y’umuziki wanjye.”

Mu 2017, nibwo Nkomezi yasohoye indirimbo ye ya mbere yise ‘Sinzahwema’. Yarakunzwe bimutera imbaraga zo kurushaho mu rugendo rw’umuziki we.

Nkomezi yigeze kuvuga ko hari igihe cyageze indirimbo ze zikaririmbwa mu rusengero n’ahandi nawe ahari, ariko abantu ntibamenye ko ari ize.

Mu mpera za 2022, uyu muhanzi yaririmbye mu gitaramo cya Vestine na Dorcas, muri uyu mwaka amaze kuririmba mu bitaramo birimo icya Alex Dusabe, icyo yakoreye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ishami rya Huye n’ahandi.


Prosper Nkomezi yatangaje ko agiye gukorera igitaramo cya Kabiri muri Uganda, kizaba tariki 7 Nyakanga 2024

 

Nkomezi wamamaye mu ndirimbo zirimo nka 'Urarinzwe' yavuze ko yatumiwe muri Uganda kubera abafana bababarizwayo bakunda ibihangano bye 

Nkomezi yavuze ko yagaragarijwe urukundo n'abanya-Uganda mu gitaramo yakoze tariki 12 Gicurasi 2024, yamurikiyemo Album ebyiri 


Israel Mbonyi azakorera ibitaramo muri Uganda, muri Kanama 2024 nyuma ya Prosper Nkomezi

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NTUJY'IHINDUKA' YA PROSPER NKOMEZI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND