RFL
Kigali

Ikinyobwa ukwiye kunywa nyuma y’imibonano mpuzabitsina

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:23/05/2024 20:11
0


Gutera akabariro cyangwa imibonano hagati y’abakundana isiga bamwe banyotewe no kugira icyo banywa kibagarurira imbaraga cyangwa kigakomeza kubungabunga ubuzima bwawe.



Abahanga bavuga ko abagiye gukora iki gikorwa bakwiriye guhitamo ibinyobwa bidahungabanya ubuzima bwabo cyane cyane ibyagira ingaruka ku mikorere y’imyanya y’ibanga n’ubwonko.

Nk'uko ikinyamakuru Pristn Care kibitangaza, ku bifuza kubungabunga ubuzima bwabo bakwiriye gusoza iki gikorwa bagahita banywa amazi nibura macye mbere yo kuryama cyangwa kujya mu bindi binyobwa birimo alukoro n’isukari nyinshi.

Igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina gishobora gutuma aba bantu banduzanya indwara mu myanya y’ibanga, nyamara kunywa amazi bibafasha gusohora iyo myanda mbere yuko ikwira mu bice bigize ibitsina byabo bakisukura.

Nk'uko byakunze gutangazwa, abadakora imibonano mpuzaitsina ikingiye baraza ku isonga mu bashobora kwandura indwara zandurira muri ubu buryo. Gusa imirire n’iminywere myiza isukura imyanda yinjijwe mu mubiri umuntu akabaho atuje ntacyo yikanga.

Iki kinyamakuru cyakomeje kivuga kiti “Kunywa ibirahuri nibura bibiri (2) cyangwa bitatu (3) nyuma y’imibonano mpuzabitsina, ni umwanzuro mwiza ufasha impyiko gusohora imyanda, bityo n'iyasigara mu myanya y’ibanga igahita isohokana nayo.

Gusa hatangwa inama ivuga ko nyuma y'iki gikorwa, hakwiriye kubaho gukaraba neza imyanya ndagagitsina kugira ngo hatabaho kwangiza ibi bice byandura mu buryo bworoshye.

Uretse kuba amazi ari ikinyobwa cyiza ku mubiri wa muntu, ni kimwe mu bigarura imbara z’umuntu wacitse intege cyangwa watakaje imbaraga muri iki gikorwa, bikaba akarusho ku bagira ikibazo cy’umwuma nyuma y’iki gikorwa.

MedicalNews Today ivuga ko amazi mu mubiri w'umuntu afite akamaro kanini karimo: gufasha ubwonko gutekereza neza, kubungabunga ubuzima bw’uruhu rugacya, gufasha urwangano ngogozi, imikorere y’impyiko, gusukura igifu no kurinda umwuma mu mubiri.


Amazi ni ubuzima, bityo buri wese arasabwa kunywa amazi ahagije buri munsi aruta ibindi binyobwa byose 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND