RFL
Kigali

Umusaza yapimwe nyuma yo gupfa bamusangana ibitsina bitatu

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:17/10/2024 17:59
0


Umusaza witabye Imana ku myaka 78 utatangajwe amazina ku bwo icyubahiro cye, yapimwe nyuma yo kwitaba Imana bamusangana ibitsina bitatu ariko bigakekwa ko nawe atari abizi kuko byose bitagaragaraga inyuma.



Kumva umuntu ufite ibitsina bibiri ni igitangaza.Gusa nubwo bidakunze kubaho, hari igihe umuntu avukana ibitsina birenze kimwe ariko akenshi bikagaragara inyuma ariko kimwe akaba aricyo gikunda gukora.

Kugira ngo usobanukirwe buryo ki ibi bintu bidakunze kubaho cyane, kuva mu mwaka wa 1606 kugeza ubu, ubushakashatsi 168 nibwo bumaze kugaragaza abntu bafite ibitsina birenze kimwe ariko benshi bakaba bafite bibiri.

Popular Science dukesha iyi nkuru yavuze ko uyu musaza w’imyaka 78 bamusanganye ibitsina bibiri mu ipima bamukoreye nyuma yo kwitaba Imana aho basanze ibitsina bibiri byari bisangiye umuyoboro w’inkari mu gihe igitsina cya gatatu cyarebaga mu cyerekezo cyacyo.

Nubwo nta makuru uyu musaza yigeze atanga mbere, abashakashati bavuga ko yarinze yitaba Imana atari yamenya ko afite ibitsina birenze kimwe bikaba bishobora kuba byaratumaga abura ubushake mu gutera akabariro.

Bimwe mu bishobora gutuma umuntu agira ibitsina birenze kimwe, ni imihindagurikire y’uturemangingo tw’umuntu ariko uyu we bikaba agatangaza kuko umuyoboro w’inkari w’igitsina kimwe wihuje n’uw'ikindi kigaragara hanze.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND