RFL
Kigali

Impamvu ukwiye kurya amashu mu ruturuturu

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:23/05/2024 11:02
0


Amashu yagaragaje imbaraga mu kuvura binyuze mu mababi yayo ndetse no mu mikoreshereze itandukanye akabungabunga ubuzima bwa muntu mu buryo bworoshye, akagira umwihariko iyo akoreshejwe mu masaha y’igitondo.



Imboga z’amashu zabaye intangarugero mu mboga zikoreshwa ari mbisi bitewe na Vitamini zibarizwamo ziganjemo  C ikomeye mu kurinda uruhu no gukomeza ingingo, Vitamini A  na K bifasha byinshi mu mubiri harimo n’ubuzima bw’imyororokere.

Izi mboga ni zimwe mu zikora ku gifu gifite ibibazo birimo nka aside nyinshi yatwika igifu ikagabanuka, gukomeza amagufa ntavunguke akayarinda indwara ya Osteoporosis yo kuvunika amagufa amaze kumungwa  ndetse amashu akaba akungahaye mu kurinda kanseri.

Zimwe muri kanseri amashu ashobora kurinda harimo kanseri y’ibihaha, igifu, amara, kanseri y’amabere n’ubundi bwonko bwa kanseri bwibasira inyoko muntu.

Abagore bonsa hari ubwo bababara bashobora gufata amababi y’amashu asukuye bakayomeka ku mabere yabo ntabyimbe cyangwa ngo abarye.

Bamwe bashobora kwibaza akamaro ko gukoresha amashu mu masaha ya mu gitondo bikabayobera!

Nk'uko bitangazwa na RxList mu gitondo abantu bamwe barware indwara ya Asthma n’izindi ndwara zirimo ibicurane ndetse n’izindi ndwara zifite aho zihuriye n’ubuhumekero nk’inkorora, bakunda kuremba mu gitondo cya kare.

Kurya amashu atogosheje gusa atarimo ibirungo byinshi bifasha abarwaye izi ndwara koroherwa cyangwa gukira vuba.

Indwara zikura mu gitondo zikunda guterwa no guhinduka mu mikorere y’imisemburo, gusama k’umugore, isukari nke mu mubiri, kujya mu mihango k’umugore n’ibindi.

Bamwe bagira ikibazo cyo kuruka bitewe n’izi ndwara zikura mu gitondo cyangwa zaje zitunguranye.

Amashu arimo ubwoko bwinshi burimo shufurere(Chou Fleur), brokori(Broccoli) n’ubundi bwoko butandukanye.Bitewe n’uburyo wakwifuza gutegura amashu ni ingenzi ku buzima bwawe igihe cyose uyafashe atetswe cyangwa ari mabisi.


Abantu bashishikarizwa kurya imboga z’ubwoko butandukanye kuko zikungahaye ku ntungamubiri zikenewe na buri wese, bakarinda imibiri yabo kandi bakirinda indwara zimwe na zimwe.                                                                              






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND