RFL
Kigali

Abapasiteri 15 b’abagabo bagezweho mu Rwanda mu 2024

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:15/05/2024 9:58
0


Mu Rwanda, hari abakozi b’Imana bagezweho muri iyi minsi bitewe n’uko ahanini inyigisho zabo zigenda zishora imizi zigafasha benshi mu buryo butandukanye bigatuma zigahererekanwa ku mbuga nkoranyambaga zikagera kuri benshi byihuse.



Umukoro wo guhindura abantu abigishwa wabyaye umusaruro kuko watumye ubutumwa bwiza bwaguka bukwira hose, abakiriye agakiza bakwira mu mfuruka zose z’Isi.

Inkuru nziza y’umukiro yanageze mu Rwanda aho ubukirisitu bwashinze imizi mu kinyejana cya 19. Kuva ubwo abenshi bagandukiye Imana, amadini aravuka ndetse ubutumwa bwiza buracyavugwa.

Ubu ku butaka bw’u Rwanda, hari abavugabutumwa bagabura ijambo ry’Imana ricengera mu matwi ya benshi rikabarema imitima, abihebye bagahembuka, abafite ibibazo, rikongera kububaka.

Nubwo mu Rwanda hari abakozi b’Imana benshi banshi bayoboye amatorero anyuranye, hari abagezweho bakunzwe cyane muri iki gihe bitewe n’inyigisho batambutsa haba ku mbuga nkoranyambaga, mu nsengero zabo n'ahandi bagenda batumirwa.

Mu bashumba/abapasiteri n’intumwa b’abagabo bagezweho mu Rwanda, InyaRwanda yaguhitiyemo 10 gusa bagezweho kuruta abandi.

1.     Pastor Antoine Rutayisire


Rev Pst Dr Antoine Rutayisire, ni umupasiteri uri mu kiruhuko cy’izabukuru wahoze ari Umuyobozi wa Paruwasi ya Remera mu Itorero Angilikani. Rutayisire, yamenyekanye mu nyigisho zitandukanye z’Iyobokamana, zirimo n’izubaka umuryango. Ni umugabo utarya imirwa iyo abwiriza kuko avuga ukuri kweruye adaca ku ruhande.

Pastor Rutayisire w’imyaka 66 yavukiye mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo mu 1958, atangira ivugabutumwa mu 1983 akimara gukizwa. Mu 1990 yaretse akazi ko kuba mwarimu igihe cye agiharira kwigisha ijambo ry’Imana. Icyo gihe yahise ajya kuyobora Umuryango w’Ivugabutumwa rishingiye kuri Bibiliya w’abanyeshuri ba Kaminuza, akaba ari we wabaye Umunyamabanga mukuru wawo wa mbere kugeza mu 1994.

Nyuma Jenoside yakorewe Abatutsi, yayoboye Umuryango w’Ivugabutumwa wa AEE. Mu 2008 ayobora Paruwasi ya Saint Etienne mu Biryogo ahava ajya kuyobora iya Remera yaherewemo ikiruhuko cy’izabukuru.

2.     Apôtre Gitwaza


Apôtre Dr. Paul M.Gitwaza ni Umushumba Mukuru w’Itorero Zion Temple Celebration Centre ku Isi. Uyu muvugabutumwa afite impano yo kwigisha ijambo ry’ubwenge ku buryo abamwumva batarambirwa kumutega amatwi. Apôtre Gitwaza yakiriye Yesu nk’Umukiza ku myaka icyenda, abatizwa umubatizo w’Umwuka Wera ku myaka 12. Yatangiye kubwiriza afite imyaka 14.

Mu iyerekwa yagize mu 1992, harimo ko agomba gushyiraho Minisiteri y’Ububyutse yitwa “Authentic Word Ministries International,” igamije gutegurira inzira Yesu Kirisitu. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatangiye ivugabutumwa mu Rwanda, abwiriza ubutumwa bwo kwihana, kubabarira no gutunganya inzira, kugira ngo igihugu gihinduke ubuturo bw’Imana.

Apôtre Gitwaza usanzwe ari n’umuhanzi, mu ivugabutumwa azwi cyane mu buhanuzi yakunze kugarukaho by’umwihariko ku bijyanye n’ibimenyetso by’impera y’Isi yakomojeho mu 2015. Itorero rye rya Zion Temple riri mu yubashywe mu Rwanda ndetse ryanagabye amashami menshi mu bihugu bitandukanye ku Isi.

3.     Apôtre Masasu


Apotre Ndagijimana Joshua Masasu ni we washinze Itorero ry’Isanamitima [Evangelical Restoration Church]. Abayoboke b’itorero rye bamwita ‘Daddy’ mu kumusanisha n’umubyeyi wabo mu by’umwuka unyuzamo akanabaha impanuro z’ubuzima busanzwe.

Apôtre Masasu amaze imyaka 26 ategetswe n’Imana gutanga ubutabazi bwo gusana imitima no kurema imiryango mishya, akoresheje intwaro y’ivugabutumwa. ERC ni itorero rishingiye ku musingi wo kubaka umuryango uhamye, aho imfubyi ibonera umubyeyi, umupfakazi akagira umwitaho. Ihishurirwa ryo kuritangiza Apôtre Masasu yarihawe mu 1984 mbere yo kurishinga mu 1994.

Apôtre Masasu afatwa nk’umunyadushya iyo abwiriza. Abamukurikirana bamufata nk’umunyakuri mu byo akora n’ibyo avuga. Mu nyigisho ze arashyenga cyane, akoresha amagambo yihariye n’ingero zitanga ubutumwa bwifitemo inyito ihishe.

Apôtre Joshua Masasu Ndagijimana ni umwe mu bantu bafite ibikorwa bitari bike mu Rwanda ku buryo byatumwe izina rye rimenyekana cyane yewe birenga u Rwanda bigera ku rwego mpuzamahanga bivuye ku kuba umubwirizabutumwa bwiza. Ubu ayoboye insengero 70 mu Rwanda, 15 muri RDC n’ebyiri i Burundi.

4.     Pastor Senga Emmanuel


Pastor Senga Emmanuel ni Umushumba mu Itorero ryitwa Eglise Vivante umenyerewe mu nyigisho akenshi ziba zirimo amashyengo ariko zihugura benshi ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ubuzima bwo gusenga atambutsa kuri YouTube.

5.   Prophet Claude Ndahimana


Prophet Claude Ndahimana, ni Umushumba Mukuru w'Itorero Soul Healing Revival Church uzwi cyane mu biganiro atambutsa kuri BTN TV akora ibitangaza.

Ubwo yaganiraga na InyaRwanda avuga ku itorero rye n’uko yaritangije, yaragize ati: “Soul Healing Revival Church yatangiye mu 2012, imaze imyaka 11, iyerekwa ryavuye ku Mana ubwo nari ndiho nsenga saa munani z'ijoro umucyo unzaho, murikirwa n'Umwuka Wera nuzura umuriro mwinshi, wa Mwuka wera numva hari ibintu utwitse mu buzima bwanjye.

Ndimo gusenga nsaba Imana kumbohora ku bijyanye na karande n'ibiboha abantu muri rusange. Marayika araza ahagarara iburyo bwanjye ankora ku mutwe nkomeza kumva umuriro mwinshi, uwo Marayika arambwira ngo "ndakubohoye nawe jyenda ubuhore benshi".

Prophet Claude ni umukozi w'Imana ukunze gushishikariza abantu kuba mu buzima buramya Imana cyane ko ariho akura imbaraga zimushoboza gukora ibitangaza.

6.     Bishop Rugagi


Bishop Rugagi Innocent ni Umushumba Mukuru w’Amatorero y’Abacunguwe [Redeemed Gospel Church]. Uyu muvugabutumwa yavuze ko yatangiye kuba umushumba umunsi yasengewe ku itariki 7 Ukwakira 2007.

Bishop Rugagi yabanje gukorera mu Mujyi wa Kigali biba ngombwa ajya gutangiza umurimo w’Imana mu Karere ka Ruhango mu 2008.

Urusengero rw’Itorero ry’Abacunguwe rwafunguwe ku mugaragaro tariki 22 Ukwakira mu 2010. Ni itorero ryakomeje kugaba amashami hirya no hino mu gihugu kugeza mu 2018, ubwo umuyobozi waryo yajyaga kuba muri Canada.

7.     Pastor Desire Habyarimana


Habyarimana Desire ni umukozi w’Imana akaba Umushumba w’itorero rya ADEPR Kicukiro. Uyu muvugabutumwa amaze imyaka isaga 40 abarizwa mu Itorero rya ADEPR. Yatangiye ivugabutumwa afite imyaka 10 atanzweho icya cumi ku bamisiyoneri mu Burundi. Azwiho gutanga inyigisho z’ijambo ry’Imana ku mbuga zitandukanye yifashishije ikoranabuhanga cyane ko ari mu ba mbere baryinjije muri ADEPR.

Uyu mukozi w’Imana ari mu bavugabutumwa biyeguriye gutanga inyigisho zo kubaka umuryango aho kuva mu 2010, yashyizeho inyigisho z’isanamitima ry’ingo zagenewe ibyiciro bitandukanye kuva ku bakibyiruka n’abarushinze bahanurwa ku gukemura amakimbirane bafitanye.

8.     Bishop. Prof. Fidèle Masengo 


Bishop Prof Masengo Fidèle ni Umushumba Mukuru w’Itorero Foursquare Gospel Church of Rwanda (FGR), asanzwe ari intiti mu bijyanye n’Amategeko ndetse anayafitemo impamyabumenyi yakuye muri kaminuza Antwerp mu Bubiligi. 

Bishop Prof Masengo Fidèle ni umwigisha ubifatanya no kwandika ibitabo. Yanditse Igitabo yise Intimacy with God, gikubiyemo ubutumwa buvuga ku busabane hagati y’abemera n’Imana. Yagishyize mu Cyongereza ngo kizagere kuri benshi mu bihugu bitandukanye.

Mu 2020, Itorero abereye umuyobozi ryujuje inyubako yaryo yuzuye itwaye miliyoni zisaga 400 Frw.

9.     Apotre Sosthene Serukiza


Apôtre Sosthene Serukiza ni umuyobozi wItorero Guerison des Ames rikorera i Karumuna muri Kanzenze rikaba rifite andi mashami mu Karere ka Bugesera n’ahandi henshi mu gihugu ndetse no hirya no hino ku isi.

10. Pastor Zigirinshuti Michel


Imyaka isaga 45 irashize Pasiteri Zigirinshuti Michel atangiye umurimo w’ivugabutumwa rinyuze mu kuvuga ijambo ry’Imana. Izina rye rirazwi kubera inyigisho ze akoreshamo amagambo adasanzwe iyo abwiriza n’ingero atanga.

Uyu muvugabutumwa ari mu bo muri ADEPR batarya iminwa mu gihe bashaka gutambutsa ubutumwa bw’ibikeneye gukosorwa. Ibyo bituma akundwa ndetse bigahurirana n’uburyo abara inkuru iyo abwiriza, bikaryohera abamukurikira.

Pasiteri Zigirinshuti yamaze imyaka itandatu akuriye Ivugabutumwa n’Amahugurwa muri ADEPR kuva mu 2012, umwanya yaje kwirukanwaho muri Werurwe 2018 ashinjwa guta akazi atabimenyesheje ubuyobozi.

11. Prophet Ernest Nyirindekwe


Prophet Nyirindekwe Erneste, Umuyobozi Mukuru wa Groupe Prophetique Diaspora, ni umuhanuzi w'izina rizwi cyane hano mu Rwanda. Izina rye ryarushijeho kumenyekana ubwo yasezeranyaga Senateri Evode Uwizeyimana n’umukunzi we Zena Abayisenga mu bukwe bwabaye tariki 05 Ukuboza 2021 bukabera mu Mujyi wa Kigali.

12. Bishop Bosco Harerimana


Bishop Harerimana Jean Bosco ni Umushumba Mukuru wa Zeraphat Holy Church, wakuriye muri ADEPR nyuma akaza gufata icyemezo cyo gutangiza itorero rye.

13. Pastor Emmanuel Karemera


Bishop Karemera Emmanuel ni Umushumba Mukuru w’Itorero Kanombe Living Word Church wasezeranyije ibyamamare Kimenyi Yves na Miss Muyango Claudine mu bukwe bakoze mu ntangiriro za 2024.

14. Pastor Rugamba Albert


Umushumba Mukuru w’Itorero Ryera Bethesda [Bethesda Holy Church], Bishop Rugamba Albert, yatangiriye umurimo w’Imana mu Itorero rya ADEPR mu Bibare (ahari ububyutse bukomeye) mu 1999. Mu 2001 yagizwe Umushumba w’Umudugudu wa ADEPR mu Rukurazo kugeza mu 2004. Yahavuye atangiza Bethesda Holy Church ku wa 15 Kanama 2004.

15. Pastor Mugisha Jackson


Pastor Jackson Mugisha ni umushumba wa Spirit Revival Temple akaba n’umushabitsi mu bijyanye n’ingendo n’ubihinzi. Itorero ayoboye yarishinze ku ya 16 Ukuboza 2024, rikaba rigendera ku iyerekwa (vision) rivuga ngo "Guhindura no Gutegura Umugeni wa Yesu Kristo". Uyu mugabo ukunze gutumirwa cyane mu ivugabutumwa hirya no hino mu gihugu, akunzwe cyane n’urubyiruko kuko inyigisho ze ari bo zibandaho cyane.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND