RURA
Kigali

Kanuma Damascène yakoze mu nganzo mbere yo kumurika Album ya gatatu - VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:4/03/2025 15:22
0


Umuhanzi Kanuma Jean Damascène uri mu bahanzi bafite igikundiro mu muziki wo kuramya no guhimbaza, yashyize hanze indirimbo nshya yise "Nipe Saa Moja."



Uyu mugabo ufite umugore n'abana bane, afite amashimwe y'aho Imana imugejeje muri uyu muri uyu muhamagaro, ari na ko ayiragiza ibiri imbere birimo gukomeza gushyira hanze indirimbo nshya na Album ziyongera kuri ebyiri yakoze mu myaka yatambutse.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Kanuma yavuze ko iyi ndirimbo nshya iri mu rurimi rw’Igiswahili yayihawe ubwo yari ari ku musozi asengera intambara yahuraga na zo muri uyu muhamagaro.

Ati: “Ubutumwa bugize iyi ndirimbo ni isengesho ryanjye nsaba Imana ngo impe imbaraga zo kunesha ubwibone bwo mu mutima no kwigira igitangaza ku bandi. Kandi sinjye uriho ahubwo ni Kristo uriho muri njye.”

“Gusa nashatse no kubwira bagenzi banjye dusangiye umuhamagaro ko atari twe tubikora ahubwo hari imbaraga zimira izindi zikorera muri twe zikorera mu ntege nke zacu kugira ngo yiheshe icyubahiro. Uwicisha bugufi azashyirwa hejuru, n'uwishyira hejuru azacishwa bugufi.”

Yakomeje avuga ko muri uyu mwaka, afite gahunda idasanzwe yo gushyira hanze indirimbo nshya buri kwezi, ashimira abakunda ibihangano yahawe n’Uhoraho, aboneraho no kubasaba kumushyigikira haba mu buryo bw’ibifatika n’ubw’amasengesho.

Ati: “Ndakomeza kubasaba ngo mukomeze mudufate amaboko mbashishikariza kumva ibihangano byanjye nk’abakunzi banjye.”

Afite inzozi zo kugera kure hashoboka muri muzika, kugeza igihe azabera abandi benshi icyitegererezo.

Kanuma ufatira urugero kuri Yesu, yavutse yisanga mu muryango w’abaramyi, ibyamufashije kwisanga mu muziki mu buryo bworoshye. Yanditse indirimbo ya mbere mu 2005 ayishyira hanze mu 2012. Afite album ebyiri, ndese kugeza ubu ari kwitegura gushyira ahagaragara Album ya gatatu izaba igizwe n’indirimbo 8.

Imbaraga zo gutangira kuririmba ku giti cye, yazikuye mu iyerekwa ry'Umushumba we, Apotre Dr. Paul Gitwaza, binyuze mu nyigisho zo kwitinyuka yagiye abigisha ku rusengero.

Umuhanzi Kanuma Jean Damascène yamenyekanye mu ndirimbo yise ‘Araje’, ‘Simba Wa Yuda’ n’izindi nyinshi.

Izina rye rirazwi cyane kuko asanzwe ari Umuyobozi w’Indirimbo muri Asaph Music International, ibarizwa mu Itorero Zion Temple Celebration Center iyoborwa na Apôtre Dr Paul Gitwaza.

Umuramyi Kanuma Damascene yashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya yahawe ubwo yari ku musozi asenga

Akoze mu nganzo mu gihe yitegura kumurika Album ye ya gatatu

Yakuze yisanga mu muryango w'abaramyi

Muri uyu mwaka azajya ashyira hanze indirimbo nshya buri kwezi

">Reba hano indirimbo nshya ya Kanuma Damascene yise "Nipe Saa Moja"

"> 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND