RFL
Kigali

Imyaka 11 irashize ayanditse! Dusenge yakoze filime ‘Our Unity’ ku ruhare rw’abarokotse Jenoside mu kubaka ubumwe

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/04/2024 16:15
2


Umwanditsi wa filime, Dusenge Xavier yatangaje ko yamaze kurangiza Filime ye ya mbere yise “Our Unity” ishingiye kandi igaragaza urugendo rw’ubumwe bw’Abanyarwanda, nyuma y’imyaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye.



Iyi filime igaragaza uruhare rw'abayirokotse mu kubaka ubumwe binyuze mu kubabarira ababahemukiye bakemera ibyo bakoze bagasaba imbabazi.

Igaraza ko kandi ko n’ubwo bitari byoroshye kongera kunga ubumwe bitewe n'ibikomere byasizwe n'ingaruka za Jenoside mu muryango nyarwanda, ariko ko byashobotse betewe na Politiki nziza ya Leta y'Ubumwe yimakaza ubumwe bw'Abanyaranda, ikarwanya ivangura iryo ryose;

Igaca umuco wo kudahana ndetse mu buryo bwo kongera kubanisha Abanyarwanda ikaba yarashyizeho Gacaca kugira ngo hatangwe ubutabera kandi bwunga.

Ni filime kandi yakinwe n'urubyiruko mu buryo bwo kugaragaza uruhare rw'urubyiruko mu rugendo rwo kubaka ubumwe bw'abanyarwanda, byose biturutse ku miyoborere myiza.

Bitandukanye no hambere aho urubyiruko rwigishwaga ivangura rishingiye kumoko n' ronda karere, bikigishwa no mumashuri.

Bikaba byaratumye abiganjemo urubyiruko ari bo bashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari imaze igihe itegurwa.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Xavier yavuze ko yatekereje gukora iyi filime ubwo yari akiri ku ntebe y’ishuri mu mashuri yisumbuye mu mwaka wa 2013 ubwo yigaga muri école Technique Saint- Kizito.

Yabanje kuyandika nk’ikinamico yifuzaga ko izakinwa muri mu kwizihiza isabukuru ya AERG Isoza umwaka bitewe n’uko ubwo yigaga mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye yabarizwaga muri AERG ari kumwe n’abandi benshi.

Uyu musore avuga ko ubwo yajyaga kwiga muri Saint Kizito i Save yasanze ababarizwa muri AERG ari bacye cyane, akibaza impamvu abandi batayijyamo.

Ati “Kuko n’ubwo AERG ishingwa umunyamuryango-shingiro yari umunyeshuri wacitse ku icumu, ariko ntibyatinze abayishinze babonye ari byiza ko bafungura amarembo n'abandi babyifuza bakayizamo.

“Nibwo bashyizeho umunyamuryango w'umuyoboke nu w'icyubahiro. Kuri njye AERG nyibona nk'isoko y'ubumwe mu rubyiruko. Kuko muri AERG batumiraga abahagarariye amashuri, nibwo nanditse ndavuga nti reka nzatambutse ubutumwa bushishikariza abantu kuza muri AERG, mbereke ibyiza byayo ndetse banamenye ko ubishaka wese ayizamo nkanatekereza ko wasanga n'abayobozi ba AERG yaho muri Saint Kizito batubahiriza amahame yayo nkuko ari.”

Uyu musore avuga ko muri we yakomeje kwandika iyi filime yifuzaga kuyitambutsa mu bihe byo kwizihiza isabukuru ya AERG, ariko azitirwa n’uko yari ageze mu mwaka wa Gatandatu ari gusoza amasomo, bimusaba kwandika igitabo no kugisobanura.

Akimara gusoza amashuri yisumbuye, yagize igitekerezo cyo guhindura icyari ikinamico akagikoramo filime ariko ntibyahise bimukundira.

Ati “Nahise ntekereza kuzayikoramo film, ariko sibyari guhita binkundira kuko nahise njya kwiga Kaminuza.”

Mu 2020 yatangiye gushaka ubumenyi mu bijyanye no gukora filime, ajya kwiga muri KFTV School yiga ibijyanye no gukina filime, ntiyasoza bitewe na Covid-19.         

Mu 2021, yongeye kubura umushinga ndetse akora ku bikorwa binyuranye bifite aho bihuriye na Cinema mu rwego rwo kwitegura kuzashyira hanze iyi filime.

Mu 2022 atangira urugendo rwo gukora kuri iyi filime ‘Our Unity’. Ati “Gusa mbona ubutumwa butari kiri ubwo abanyeshuri bo muri Saint Kizito gusa, ahubwo nabugira ubw'Abanyarwanda bose.”

“Nibwo bwahindutse ubutumwa bugaragaza urugendo rw'ubumwe n’ubwiyunge, n'uruhare rw'urubyiruko muri urwo rugendo tubifashijwemo na Leta yashyize imbere ubumwe bw'abanyarwanda.”

Yavuze ko nyuma y’imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye, urubyiruko rusabwa gukomera ku bumwe ‘tukabusigasira, twirinda uwashaka kudusubiza mu mateka mabi yaranze Igihugu cyacu’. Ati “Ubumwe ni rwo rufunguzo ruzatugeza ku Rwanda twifuza.”

Iyi filime yakinnyemo Dusenge Xavier (Umukinnyi w’ibanze), Umurerwa Clear (Umukinnyikazi w’ibanze), Uwase Pacifique, Bizabavaho Noel, Ngendahimana Emmy, Umurangwa Janvier, Twagirimana Ignace, Mukamana Solange, Iradukunda Elysee, Mayanja Olivier, Maniragaba Joseph, Rutayisire Vincent, Nkusi Jean Baptiste, Simeon Calvin ndetse na Uhagaze Alex.


Umwanditsi wa filime, Dusenge Xavier yashyize hanze filime igaruka ku ruhare rw’Abarokotse Jenoside mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge


Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 arimo gutanga ubuhamya muri filime


Aha yarimo gushimira umubyeyi wamureze nyuma yo kugirwa impfubyi na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994


Muri filime, bari bafite ipfumwe ryo kuba ababyeyi babo barakoze Jenoside


Yamubaga hafi no mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi


N’ubwo ababyeyi be aribo bamwiciye umuryango, ariko kuva bahurira mu mashuri yisumbuye babaye inshuti kugeza basoje Kaminuza


Imyaka 13 irashize iyi filime itangiye kwandikwa- Hari gutekereza urubuga izanyuzwaho kugirango izagere kuri benshi


Iyi filime yatangiye kwandikwa ari ikinamico yari igenewe kwizihiza isabukuru ya AERG






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Elienne 3 months ago
    Courage brother Xavier,tukurinyuma kbs wagize igikorwa kiza .
  • Joseph3 months ago
    bakomerezaho kutwigisha amateka igihugu cyacu cyanyuzemo atoroshye





Inyarwanda BACKGROUND