RFL
Kigali

Ibitaramo bya Juno Kizigenza na Ariel Wayz i Burayi byasubitswe ku munota wa nyuma

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:6/10/2023 18:03
0


Abanyamuziki Ariel Wayz na Juno Kizigenza, batangaje ko ibitaramo “Home Away From Home Tour” bagomba gukorera mu bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi byasubitswe ku munota wa nyuma kubera ko hari ‘ibyo bakiri gushyira ku murongo’.



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Ukwakira 2023, ni bwo aba bahanzi bakoranye indirimbo ‘Away’ yabaye idarapo ry’umuziki wabo, bosohoye itangazo bahuriyeho bageneye itangazamakuru, rivuga ko bahisemo gusubika ibi bitaramo, bari baratangaje ku wa 1 Kanama 2023.

Umujyanama wa Juno Kizigenza, Nando yabwiye InyaRwanda ko hari ibyo bataratunganya byatumye basubika ibi bitaramo mbere y’uko igihe kigera.

Yavuze ati “Hari ibitari byarangira mu mitegurire byatumye tubisubuka; yaba ku ruhande rwacu ndetse no ku ruhande rw’abadutumiye. Twahisemo gusubika ibi bitaramo, ariko mu gihe cya vuba tuzatangaza gahunda irambuye ijyanye n’igihe ibi bitaramo bizongera kubera, kuko turi gukoresha imbaraga kugirango bitungane.”

Mu itangazo bombi bahuriyeho, bavuzemo ko abari baguze amatike nta mpungenge bakwiye kugira, kandi bisegura kuri wese wagirwaho ingaruka n’izi mpinduka muri ibi bitaramo by’abo batangaje.

Ni ubwa mbere Juno Kizigenza na Ariel Wayz bagiye gutaramira i Burayi. Ingengabihe y’ibitaramo ya mbere bari batangaje, irerekana ko ku wa Gatanu tariki 6 Ukwakira 2023 bagombaga kuba bari gukorera igitaramo mu Budage mu Mujyi wa Hambourg, n'aho kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Ukwakira 2023 bari kuzindukira mu Mujyi wa Hanover bataramira abakunzi babo.

Urugendo rw'ibitaramo rw'abo rwari kuzasozwa ku w 26 Ugushyingo 2023 bataramira mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa. Muri ibi bitaramo bazaba bari kumwe na Dj Toxxyk.

Ibi bitaramo byateguwe na sosiyete ya Fusion Events. Nibo batumiye abahanzi barimo Christopher, Riderman, Davis D, Bruce Melodie, Kivumbi n’abandi gukorera ibitaramo i Burayi.

Juno Kizigenza na Ariel Wayz bagiye guhurira ku rubyiniro nyuma y’uko kuva mu 2021 bavuzwe mu rukundo biratinda. 

Mu kiganiro aherutse kugirira ku rubuga rwe rwa Instagram, Ariel Wayz yavuze ko nyuma ya Juno yacuditse n’abasore batatu.


Juno Kizigenza na Ariel Wayz batangaje ko basubitse ibitaramo bagombaga gukorera i Burayi


Ibitaramo byabo byagombaga gutangira kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Ukwakira 2023


Ni ubwa mbere Juno Kizigenza agiye gutaramira i Burayi. Aherutse gusohora album yise ‘Yaje’


Muri muzika, Ariel Wayz aherutse gusohora indirimbo ye yise ‘Agasinye’ 


KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'AGASINYE' YA  ARIEL WAYZ

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND